RFL
Kigali

Guverinoma yatangiye ibiganiro bigamije kugarura ‘Ads’ mu bakoresha Youtube mu Rwanda

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:21/09/2024 17:04
0


Minisitiri w'Urubyiruko n'Iterambere ry'Ubuhanzi, Dr Utumatwishima Jean Nepo Abdallah, yatangaje ko Guverinoma yatangiye ibiganiro n’urubuga rwa Youtube bigamije kugarura ‘Ads’ zituma abakoresha uru rubuga binjiza amafaranga, kuko ibyo bakora byamamazwamo na kompanyi nyinshi zirimo na Google.



Atangaje ibi mu gihe bamwe mu bakoresha Youtube, yaba aba ‘Bloger’, aba ‘Content Creator’, ibitangazamakuru n’abandi bakomeje gutaka igihombo cyaturutse ku kuba ibyo bakora ntacyo bibinjiriza mu Rwanda, bitewe n’uko iyo umuntu arebye ibyo bakora ari mu Rwanda, abirebera ubuntu, nta mafaranga binjiza.

Ibi ni nako bigenda ku bahanzi, kuko iyo urebye indirimbo ye, cyangwa se filime uri mu Rwanda ntacyo bimumarira. Ibi biri mu mpamvu zituma benshi mu bakoresha Youtube batangira ibiganiro byabo basuhuza abantu bari muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Canada n’ahandi, kuko iyo babarebeye ibyo bakoze ari bwo binjiza amafaranga.

Bivuze ko kureba ibikorwa by’ubuhanzi uri mu Rwanda ntacyo bimarira umuhanzi. Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 20 Nzeri 2024, Minisitiri Utumatwishima yasubije ukoresha izina rya Kavukex ku rubuga rwa X, ko hari ibiganiro byatangiye bigamije kugarura ‘Ad’ mu bakoresha urubuga rwa Youtube. Ati “Twatangiye process (urugendo/kubisaba). Mwihangane bizaza.”

Kavukex yabwiye Minisitiri Utumatwishima, ko kuza kwa ‘Ads’ za Youtube, bizafasha mu kugabanya ubushomeri mu rubyiruko, kandi bizafasha benshi.

Utumatwishima atangaje ibi mu gihe amakuru, avuga ko ‘Ads’ zizatangira kugaragara mu bakoresha urubuga rwa Youtube, guhera mu Ukuboza 2024.

Urubuga rwa Youtube rwafunguwe ku wa 14 Gashyantare 2005 rushinzwe na Steve Chen, Chad Hurley, ndetse na Jawed Karim, abakozi batatu bari basanzwe bakorera ikigo PayPal.

Kuva icyo gihe, rwahaye ikaze Miliyoni z’abantu, barwisanzuraho, amashusho akoze mu buhanzi bunyuranye aratambutswa. Nta washidikanya uruhare rwagize mu gutuma umuziki w’Isi yose wibumbira hamwe, abantu baranogerwa.

Mu rwego rwo gukuza imari-shingiro ya Youtube, uru rubuga rwashyizeho uburyo bwo kwishyura abantu barukoresha mu gihe bashyizeho ibintu bikishimirwa cyangwa se bikarebwa n’umubare munini.

Unyujije amasomo kuri shene zizwi cyane mu Rwanda, yaba iz’abahanzi, abakinnyi ba filime zanditswe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Kenya n’ahandi. Shene ya Israel Mbonyi yandikishijwe muri Canada, iya James na Daniella yandikishijwe muri Uganda, Christopher yayandikishije muri Amerika, Chriss Eazy yanditswe muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika….

Icukumbura ryakozwe na InyaRwanda ryerekana ko kuva muri Werurwe 2021, amatangazo (Ads) y’abamamaza yafunzwe kuri Youtube mu Rwanda.

Ibi ariko ntaho bihuriye no kuba Youtube idakorera mu Rwanda. Kubera ko iyo ukoresheje VPN (A virtual private network) ugahitamo igihugu ushaka, nk’u Burundi ‘Ads’ cyangwa amatangazo yamamaza urayabona kandi Youtube ntikorera mu Burundi.

Igikombo ku bahanzi bo mu Rwanda? Igikombo kuri RURA ikusanya imisoro

Umunyamakuru wa Isibo FM, Niyigaba Clement uzwi nka DC Clement, uri mu bazwi cyane mu bakoresha urubuga rwa Youtube, aherutse kubwira InyaRwanda ko igisubizo cy’iki kibazo kiri mu maboko y’Urwego rw'Igihugu rushinzwe kugenzura imikorere y'inzego zimwe z'imirimo ifitiye Igihugu akamaro (RURA).

Yavuze ko iki kibazo cyabateye igihombo gikomeye, kuko 60% by’abasura shene ye ari Abanyarwanda, kandi ntabyishyurirwa kubera ‘Ads’ zavanwemo.

Ati “Byaduteje igihombo gikomeye! Nk’urugero mu bantu basura Youtube yanjye ya DC TV Rwanda, 60% yabo ni Abanyarwanda. Bivuze ko ninjiza Amafaranga ahwanye na 40% y'ayo nakagombye kwinjiza.”

Julius Chitta washinze umuyoboro wa Youtube uzwi nka Chitta Magic, aherutse kubwira InyaRwanda ko yatangiye gukoresha Youtube amatangazo yo kwamamaza agaragaramo, ariko igihe cyarageza abona ko ‘Ads’ zavuyemo ariko ntiyacika intege.

Iradukunda Emile [Big Man] washinze Umuyoboro wa Youtube wa JB Rwanda, asobanura ko atigeze amenya impamvu ya nyayo ‘Ads’ zakuwe muri Youtube, ariko atekereza ko byatewe n’uko u Rwanda rudafitanye amasezerano na Youtube ndetse na Google. 

Ati “Kugeza ubu ntabwo ndamenya neza ikibazo cyabiteye gusa mu bivugwa nuko u Rwanda kugeza ubu nta mikoranire rufitanye na Youtube ndetse na Google.”

‘Bamenya’ yavuze ko inzego zifite aho zihuriye n’ikoranabuhanga ari zo zatanga umucyo kuri iki kibazo. Ati “Byabayeho, kuko ngitangira ‘Bamenya’ byariho.  Njyewe kuba mwandeba mwese, muri mu Rwanda nta n’igice cy’atanu ninjiza.”

Uyu musore yavuze ko 83% by’abakurikira filime ye ari Abanyarwanda, bivuze ko amafaranga yinjiza ava muri 17% y’aba-Diaspora baba mu bihugu bitandukanye.

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko ndetse n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Sandrine Umutoni aherutse kuvuga ko umuhanzi wese ushyira ibihangano ku mbuga nkoranyambaga akwiye kungukirwa nabyo.

Yabitangaje ku wa 12 Gashyantare 2024, ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru ku iserukiramuco ‘Kigali Triennial 2024’. Ati “Twebwe nka Minisiteri turimo turagaragaza ko ibintu byose bijyanye n’ubuhanzi bishobora guteza imbere ubukungu bw’Igihugu […]”   

Umutoni Sandrine yavuze ko Guverinoma idafitanye amasezerano n’imbuga zicuruza ibihangano, ku buryo uwagira icyo ashyira hanze yakungukirwa nacyo.

Ariko avuga ko hari gutekerezwa uko byahabwa umurongo. Ati “Ubu ukuntu tumeze mu Rwanda ntabwo turagira amasezerano n’izo ‘Platform’ za Youtube, Universal, Spotify, n’izindi zizaza […] 

Ni ukuvuga niba umuntu ashyize ikintu kuri Youtube, ese ko mu bindi bihugu umuntu yungukaho amafaranga, twebwe byasaba iki ngo umunyarwanda ushyizeho ‘Content’ kuri Youtube cyangwa ushatse gushyira igikorwa cye cyangwa indirimbo ye kuri Spotify ni gute azakomeza kwinjiza amafaranga…” 

Kanda hano usoma inkuru bifitanye isano: Igihombo kitavugwa ku buhanzi kubera 'Ads' zakuwe muri Youtube mu Rwanda


Minisitiri Utumatwishima yatangaje ko ibiganiro bigamije kugarura ‘Ads’ mu bakoresha Youtube mu Rwanda bigeze kure






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND