Umunya-Eritrea, Biniam Girmay Hailu akomeje kwandika amateka mu irushanwa rya Tour de France riri kubera mu Bufaransa.
Ni
ibyishimo bidasanzwe kuri Afurika yose byumwihariko mu gihugu cye cy'amavuko
cya Eritrea nyuma yo kwegukana uduce tuburi twa Tour de France. Biniam Girmay
Hailu ni umusore w'imyaka 24, akaba yaravutse tariki 2 Mata, avukira mu gace ka
Asmara muri Eritrea, agace gakunze kuvamo abakinnyi bakomeye cyane mu mukino
w'igare.
Biniam
Girmay ukinira ikipe ya Intermarche Wanty yitabiriye Tour de France afite
indoto nibura zo kuzegukana agace kamwe muri iri rushanwa, gusa nawe ntabwo
yari azi ko bizakunda kuri iyi nshuro.
Uyu
musore wa metero imwe na sanimetero 84 yaje kwegukana agace ka 3 ka Tour de
France ibyishimo biramusaga ndetse Afurika yose yerekana igitwenge.
Uyu
musore, ntabwo yagarukiye aho kuko yaje no kwegukana agace ka 8 nabwo
akoresheje imbaraga zo mu maguru nk'uko yari yabikoze mbere. Nyuma yo gukora
aya mateka, Biniam Girmay yahise aba Umunyafurika wa mbere wegukanye agace ka
Tour de France kuva yabaho.
Biniam
Girmay yakuze agaragaza guhangana mu mukino kuko azwiho imbaraga zitsindira ku
murongo (Sprint) ari nabyo ari gukoresha cyane. Mu 2019, uyu musore yitabiriye
Tour du Rwanda aho yegukanye agace ka 5 kasorejwe i Musanze, nabwo akaba yaratsinze
mu buryo bwa Sprint.
Biniam yegukanye agace ka 5 ka Tour du Rwanda ya 2019, kavaga i Karongi kerekeza i Musanze
Ntabwo
ari ubwa mbere uyu musore atsinze mu marushanwa akomeye kuko no mu 2022
yegukanye agace ka mbere ka Giro d'Italia. Uyu musore kandi yegukanye National
Time Trial Championship mu 2022, yegukana Gent-Wevelgem na Circuit Franco
Belge.
TANGA IGITECYEREZO