FPR
RFL
Kigali

Makanyaga, Paco XL Band n'abandi bafashije abantu kwizihiza Umunsi w'Umuziki - VIDEO

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:22/06/2024 14:07
0


Ku Munsi Mpuzamahanga w’Umuziki, abahanzi bakora umuziki uyunguruye ujyana n’ibicurangisho (Live) basusurukije abantu abitabiriye igitaramo cyabereye rwagati mu mujyi wa Kigali.



Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu tariki 21 Kamena 2024, mu gikorwa cyatewe inkunga na Skol cyiswe ‘Fête De La Musique,’ abakora umuziki mu Rwanda biganjemo abacuranzi bamenyerewe mu bitaramo byagutse bahuriye mu gitaramo kititabiriwe cyane cyabereye mu Imbuga Car Freezone.

Mu bataramiye abitabiriye iki gitaramo harimo Orchestre Impala, Makanyaga, Orchestre les Fellows, Les Ambassadeurs de la Rhumba, Dauphin Band, El Pedro na Paco XL Band.

Nubwo iki gikorwa kititabiriwe ku rwego rwo hejuru, ariko abitabiriye bahakuye ibyishimo bisendereye. Abitabiriye biganjemo abanyamahanga bari bizihiwe n'indirimbo zakanyujijeho mu bihe byo hambere zirimo 'Elina' ya Makanyaga Abdul n'izindi, ari nako baryoherwa n'ibinyobwa bya SKOL.

Abagombaga kuririmba muri iki gitaramo bose baenejeje abitabiriye ariko byageze kuri Makanyaga Abdul abantu barahaguruka, ava ku rubyiniro batabyifuza kubera amasaha.

Ubwo yaganiraga n’Itangazamakuru mbere y’uko iki gitaramo kiba, Paco uri mu bagiteguye yaragize ati: “Twateguye nka Vanginganzo CBC ishyirahamwe ry’abacuranzi bacuranga muri Hoteli, Bar no mu birori bitandukanye.”

Yavuze kandi ko ari ibyo kwishimirwa kugeza ubu kuba babasha kwizihiza uyu munsi mpuzamahanga w’umuziki buri gihe, bishimira ko hari intambwe imaze guterwa.

Kanda hano wirebere ibyishimo byari biri muri ibi birori

Kanda hano urebe ibyishimo bisendereye Makanyaga Abdul yatanze ku bitabiriye

Reba hano Orchestre Les Fellows isubiza abantu abantu mu bihe byashize

Irebere Bushayija Pascal akumbuza abantu indirimbo zo hambere


  






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND