Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Mpayimana Philippe, yamaze kugera mu Karere ka Ngororero, aho agiye kwiyamamariza kuyobora u Rwanda mu myaka itanu iri imbere. Mpayimana yasanze abaturage bo muri aka karere kuri Site ya Kabaya, aho baje kumva imigabo n’imigambi bye.
Kuri uyu wa Kane tariki
27 Kamena 2024, abakandida bahataniye umwanya w’Umukuru w’Igihugu mu matora
ateganyijwe kuba ku wa 14 na 15 Nyakanga 2024, bakomeje ibikorwa byabo byo
kwiyamamaza aho begera abaturage bakababwira ibyo bazabagezaho mu gihe batorwa.
Mpayimana kandi yabwiye
abaturage b'i Ngororero ko nibamugirira icyizere bakamutorera kuyobora u Rwanda
azazana impinduka mu rwego rw'uburezi aho nibura abasoje amashuri yisumbuye
bazajya babanza kujya mu Ngabo z’u Rwanda nibura amezi 6.
Mpayimana yasoje ibikorwa
byo kwiyamamariza kuri Site ya Kabaya, mu Karere ka Ngororero abizeza ko
nibamutora tariki 15 Nyakanga 2024, azabafasha mu bindi birimo guteza imbere
umurimo.
Ku munsi w’ejo hashize
tariki 26 Kamena 2024, Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika,
Mpayimana Philippe, yiyamamarije mu Karere ka Musanze, abwira abari
bamukurikiye ko inguzanyo zo mu ma Banki zifite inyungu yo hejuru, nibamutora
inyungu ku nguzanyo izajya munsi 10%.
Umukandida wigenga ku mwanya wa Perezida wa Repubulika, Mpayimana Philippe yiyamamarije i Ngororero
TANGA IGITECYEREZO