FPR
RFL
Kigali

Perezida Kagame yihanganishije imiryango yaburiye ababo mu mpanuka yabereye i Huye

Yanditswe na: Brenda MIZERO
Taliki:27/06/2024 16:28
0


Perezida Kagame yafashe mu mugongo imiryango y’ababuriye ababo mu mpanuka yabereye mu Karere ka Huye, yahitanye abantu bane abandi bakomeretse bakajyanwa mu bitaro, ubwo berekezaga mu bikorwa byo kwiyamamaza.



Mu rukerera rwo kuri uyu wa Kane tariki 27 Kamena 2024, mu karere ka Huye habereye impanuka y’imodoka yagonze bamwe mu bari bagiye mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi.

Chairman wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame yihanganishije imiryango y’ababuze ababo baguye mu mpanuka y’imodoka yabaye ubwo bajyaga mu bikorwa byo kwiyamamaza i Huye.

Yagize ati “Rwose nagira ngo nifatanye namwe, hanyuma iyo mpanuka yabaye abo yahitanye, abavandimwe babo cyangwa abakomeretse, nagira ngo mvuge ko turi kumwe.”

Yakomeje agira ati: “Harakorwa igishoboka cyose, abakomeretse kugira ngo bavurwe, ariko ndanababwira ko muri ibi byose turimo, mugerageze, ntabwo ubuza impanuka kuba ariko hari ukuntu abantu bakora bakabigabanya.”

Chairman wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame yasabye abitabira ibikorwa byo kwiyamamaza kwitwararika, birinda impanuka cyangwa ibindi byababuza ituze.

Ati “Kubera ko n’ubushize, abo twatangiranye mu minsi ya mbere, hari ukuntu abantu bihuse, baragwirirana havamo abantu babiri bapfuye ariko n’umuntu umwe ntagapfe. Nagira ngo tugerageze uko dushoboye, ariko twifatanye n’abantu bagize ibyago.”

Amakuru y’iyi mpanuka yatangiye kumenyekana mu masaha y’igitondo aho abaturage benshi bavaga mu bice bitandukanye mu Karere ka Nyaruguru na Huye mu mirenge ya Karama na Huye berekeza mu Mujyi wa Huye, mu bikorwa byo kwamamaza umukandida wa FPR Inkotanyi ku mwanya wa Perezida wa Repubulika.

Mu turere twa Huye na Nyamagabe niho umukandida wa FPR Inkotanyi akomereje ibikorwa bye byo kwiyamamaza kuri uyu wa Kane. Ibikorwa remezo by’imihanda, inganda, amashuri n’ibindi byazamuye imibereho y’abaturage, kandi umwaka ku wundi bizakomeza kwiyongera.


Perezida Kagame yafashe mu mugongo ababuriye ababo mu mpanuka yabereye i Huye 


I Huye hari hateraniye abarenga 300,000 baje gushyigikira umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND