RFL
Kigali

Ukuri kwambaye ubusa! Uko wamenya umusore utazigera agutakaza

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:22/05/2024 19:52
0


Kwemeza ko ukunzwe ni umwanzuro ushingira ku buryo ufashwe mu rukundo ariko hashingirwa no ku byo umukunzi wawe akwereka, byagera ku musore bigahindura isura.



Abantu benshi bibaza iki kibazo bagira bati 'ni gute namenya ko umusore ari njye yahisemo ndetse atifuza kuntakaza'? Gusa ibi biragora kubisobanukirwa kuko hari ibyo usabwa kugenzura byashingirwaho ubyemeza.

Inkuru dukesha Marriage.com itangaza ibintu bikomeye washingiraho wemeza ko umusore mukundana yamaze kuguhitamo ntacyatuma akureka:

        1.     Kukuganiriza ku hazaza nk’umuryango

Umusore wamaze guhitamo umukobwa atifuza gutakaza, aba atakibona nk’umuntu umwe, ahubwo akubona mu isura y’umugore ubereye urugo rwe, bityo akakuganiriza ku hazaza hanyu n’uburyo mwazubaka umuryango hamwe.

        2.     Akurutisha abandi bose

Urukundo ruyobora umutima w’umuntu ku buryo ashobora gukora ibyo yatinyaga cyangwa agatinyuka ibidasanzwe. Buri wese agira abantu be ba hafi barimo abanyamuryango n’inshuti, ariko umusore wakunze by’ukuri nta numwe yasimbuza umukunzi we, bose baza nyuma y’abandi.

       3.     Akwereka abantu be b’ingenzi

Buri muntu agira inshuti yubaha cyane ku buryo atapfa kubereka umukunzi afiteho gahunda ifatika. Iyo wamenye umukunzi umenya n’abantu yubaha barimo n’umuryango we, bityo kubakwereka bikakwemeza ko yamaze kuguhitamo bidasubirwaho ntana gahunda yo kugutakaza.

         4.     Kugendana nawe ntibimutera ikimwaro

Abantu benshi batarahitamo bagira isoni zo kwereka abakunzi babo kuko bazi ko isaha n’isaha bahindura bakerekana abandi, bagatinya ko bazababona nkaho bajarajara mu nkundo n’amahitamo bityo bakihisha.

         5.     Ntiyibona nk’ingaragu

Uyu musore atangira kwibona nk’umugabo witegura kugira urugo, ibi bikamufasha no guteganyiriza ahazaza habo nk’abagiye kuba umuryango, ndetse akamenyesha umukunzi we.

Bamwe bavuga ko bidakwiye kubwira umusore mukundana gahunda zawe mbere yo kubana, nyamara abandi bemeza ko kumubwira byerekana icyizere n’urukundo umufitiye, nawe agatangira kumenya ko akeneye imyitozo yo kubaka.

         6.     Guhana

Bamwe mu rukundo babpona amakosa ku bakunzi babo aho kubahana bagahita babanga kuko bizera ko bamaze kubana bazabananira, nyamara bakirengagiza ko nta marayika ku Isi.

Kimwe mu bigaragaza urukundo no kubahwa harimo kuba umusore yakwicaza akakubwira amakosa wakoze akakwereka ingaruka zayo zishobora gusenya urukundo cyangwa akangiza uwo mukobwa uyakora.

Iki kigaragaza ko atifuza kugutakaza ahubwo yumva wahinduka umuntu muzima atewe ishena nawe.

Source: Marriage.com






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND