Kigali

Indeshyo ye yaremye abafana! Ibyihariye ku munyarwenya Muhinde ubitse ibitwenge bya benshi

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:10/10/2023 13:22
0


Umunyarwenya Muhinde ushimisha benshi mu gutera urwenya yatangaje ko ibimuvugwaho birimo n’ubugufi bwe biri mu byamwubakiye izina dore ko ari nabyo akunze kugarukaho iyo arimo gusetsa abantu.



Ishimwe Angelo Kenny wamenyekanye nka Muhinde mu banyarwenya ba  Gen-Z Comedy yatangiye ubu buhanzi ubwo yari mu mashuri yisumbuye akikizwa n’imbaga y’abantu abasetsa.

Mu kiganiro na InyaRwanda yagize ati “Uregendo rwo kwinjira mu rwenya narutangiye ubwo nigaga muwa kabiri segonderi, nibwo nakoraga amakinamico, ubundi nakundaga kwibona ndi hagati y’inshuti zanjye ndikubasetsa cyane bakabyishimira”.

Muhinde yakuze afana umunyarwenya uzwi ku izina rya Babu Joe, aza kumwandikira amusaba ko yamufasha kugaragaza impano ye, nibwo yaje kuhahurira na Fally Merci umuyobozi w’abanyarwenya ba Gen-Z Comedy akunda impano ye batangira gukorana.  

Muhinde wakuranye inzozi zo gutwara igikombe cy’Isi binyuze mu mupira w’amaguru yaje guhinduka umunyarwenya ukunzwe ndetse benshi bakunda urwenya kubera we.

Uyu munyarwenya akunze gutangwaho ingero zitandukanye n’abanyarwenya bagenzi be batebya bavuga ko ari mugufi cyane.Yatangaje avuga ko anyuzwe n'uko ameze, atewe ishema no kuba mugufi kuko bitamubangamira gukora akazi ahubwo ko bituma benshi bamukunda.


Muhinde avuga ko ubugufi bwe budakabije ku buryo bwamubangamira cyangwa ngo kuvugwaho bimutere igikomere.Ati “Ntabwo binkomeretsa ahubwo njye biranshimisha cyane kuko byamfashije kwakira uko ndi nubwo bidakabije”.

Atangazako ibanga rye mu kwigarurira abantu ari ugutega amatwi no kumva ibyo avugwaho, akabikoramo urwenya.Nubwo agifite urugendo runini n’intego nyinshi zitandukanye, ashimira abantu bose bamuba hafi bagashyigikira impano ye y’urwenya kandi yemeza ko bahishiwe byinshi.


Umunyarwenya Muhinde ashimishijwe n'intambwe akomeje  gutera  

Yakunze gusetsa bagenzi be biganaga nyuma akomeza kuzamuka

Muhinde arakataje mu gusetsa abakunzi be bamushyigikira umunsi ku munsi

Gen-Z Comedy yabaye nyambere mu kuzamura impano ya Muhinde

Inzozi ze zitangiye kuba impamo 

Umunyarwenya Muhinde yiteguye kugeza urwenya ku rwego rushimishije

Ishimwe Angelo Kenny wamenyekanye nka Muhinde ari mu byishimo byo gukabya inzozi





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND