RFL
Kigali

Uko ibiyobyabwenge bimunga ubukungu bw’Igihugu kikandavura

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:29/03/2023 16:10
0


Ijambo ibiyobyabwenge risobanura kuyoba k’ubwenge bugatakaza imikorere yabwo ikwiriye, ndetse bukarangwa no gukora ibikorwa bibi bidakwiye. Nyamara n’ubwo hatakara ubwenge bw’ubinywa, ubukungu bw’Igihugu nabwo buramungwa bikomeye.



Ikinyamakuru Health.gov.au kivuga ko ibiyobyabwenge bihindura imitekerereze y’umuntu cyangwa imikorere y’umubiri, ndetse ababikoresha bahura n’ ingaruka z’uko ubwonko bwabo bukora uko babyumva cyangwa uko bifuza kwitwara bidafite agaciro nyuma yo kubikoresha, nyamara bahura n’ikibazo gikomeye cyo gutakaza ubumuntu cyangwa kudakomera mu ntekerezo byabafasha kubaho ubuzima bukomeye.

Ibiyobyabwenge akenshi bikunze gukoreshwa n’urubyiruko mu rwego rwo kwiyibagiza bimwe mu bibazo bahura nabyo biba mu miryango, cyangwa bigaterwa no kwishora mu bigare by’urungano bibikoresha bakararuka.

Igihugu bavuga ko atari agace, ahubwo ari abagituyemo. Ni inshingano za buri muntu kumenya Igihugu cye n’ibyacyangiriza, ndetse no kwamagana ibyo aribyo byose byasubiza inyuma ubukungu bwacyo, cyane cyane iyo bikora ku rubyiruko.

Menya uko ubukungu bw’Igihugu bwangirika bitewe n’ibiyobyabwenge

1.   Kwangirika kw’imitekerereze y’abanywa ibiyobyabwenge

Iyo dufite ubwonko buzima tukaba twatekereza neza bidufasha kuba ingirakamaro ku gihugu cyacu, tugikorera ndetse duharanira ko cyarushaho kuba cyiza. Nk’uko izina ibiyobyabwenge ribisobanura, biragoye ko uwataye ubwenge yatanga inama ifasha mu kongera ubwenge cyangwa ibitekerezo bifitye igihugu akamaro.

Abanywi b’ibiyobyabwenge basigara ari ikibazo ku gihugu, kuko nabo ubwabo baba bakeneye kwitabwaho mu buryo bw’ubuzima no kwigishwa guhindura imyumvire.

Bisobanuye ko abakagombye gutanga umusanzu mu kubaka ahazaza habo heza mu gihugu, biyongera ku bakeneye gufashwa. Urubyiruko ahanini nirwo rukunze kubinywa, ndetse bagahinduka abantu b’imburamumaro ku miryango yabo n’Igihugu.

Igihugu aho gushyira imbaraga mu bindi bikorwa bifitiye abaturage akamaro, ahubwo bahangana n’iyo myitwarire idahwitse igaragara mu bakoresha ibiyobyabwenge, tutitabiwe n’ibikorwa by’urugomo bikorwa n’ababinywa bangiza ibyubatswe.

Igihe abaturage bayobeje ibitekerezo byabo ari benshi, Igihugu ubutunzi bwa mbere gihomba ni ibitekerezo bigishyigikira ahubwo kikakira ibicyangiza.

2.     Kugabanuka k’umutungo w’Igihugu hiyongera ibyaha

Ubukungu bw’Igihugu bwiyongera binyuze mu gukora cyane kw’abagituye, ndetse no gukomeza gukorera hamwe hashyirwaho ingamba zakurikizwa hongerwa uburyo igihugu cyakwinjiza ubutunzi bwinshi bufasha Igihugu n’abagituye.

Ishoramari rikura iyo Igihugu gifite umutekano uhamye. Iyo abashoramari bagiye gushora imari bareba niba amafaranga yabo azaba atekanye, rero iyo Igihugu gitunze abanyarugomo benshi bakoresha ibiyobyabwenge biragoye ko ibikorwa byiyongera cyane cyane ku banyamahanga bifuza gushora mu gihugu.

Nibwo uzasanga Igihugu gikennye kandi cyuzuye mo abantu, bityo ugasanga imibereho yacyo ishingiye ku mfashanyo iva ku bindi bihugu kuko gifite amaboko menshi ariko adafite akamaro.

Ibiyobyabwenge bituma ababikoresha bahugira mu kubinywa no kuyoborwa nabyo, bamara kuyobywa nabyo bagatinyuka ibyaha bitandukanye bishobora no kwangiza ibikorwaremezo.

Igihugu gihura n’akaga gakomeye iyo ibiyobyabwenge byatangiye kwiganza, ndetse kigahura n’ibibazo bitandukanye birimo guhomba ishoramari ry’abanyamahanga, guhangana n’ababinywa bafungwa, ndetse no gusukura isura yangijwe.


Ibiyobyabwenge byangiriza ababikoresha ndetse n'intekerezo zikabura

Bamwe babinywa birinda gutekereza ku bibazo, ariko iyo bibashizemo basanga bya bibazo bigihari


Umuryango uragutakaza ugasigara ntacyo uwumarira, ndetse n'Iguhugu ntacyo ukimarira iyo wishoye muri byo


Igihugu gikomeza gutakaza byinshi ngo kite kuri abo biyahuza ibiyobyabwenge, kandi bakagombye kuba bagikorera


Urubyiruko sibo bonyine babikoresha kuko hari n'abakuze babikora


Ibitekerezo byagafashije Igihugu birayoba, umuntu agasigara nawe yariyanze no kubireka bikamugora






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND