RFL
Kigali

Byinshi ku buhinzi bwa karoti n’akamaro ko kuzirya ari mbisi

Yanditswe na: Muramira Racheal
Taliki:28/03/2023 14:14
2


Imboga za karoti ziri mu bwoko bukoreshwa n’ibihugu byinshi ku isi kandi byagaragaye ko izi mboga ziribwa zihiye cyangwa ari mbisi ndetse zigatwara igihe gito mu buhinzi bwazo ariko kandi zikazahura umubiri wazahajwe n’indwara.



Karoti ziri mu mboga zikungahaye kuri vitamin A,C,B ndetse na C, zikaba kandi zigira akamaro gakomeye mu mubiri ko kurwanya indwara z’ubuhumyi, gucyesha uruhu, n’izindi.

Karoti ziri mu mboga zitagora mu kuzihinga kuko zera mu turere twinshi tugize u Rwanda kandi kuzihinga bitagombera ubutaka bwinshi ndetse no kuzitaho bitagora cyane kandi zikera mu gihe gito kingana n’amezi 3

Izi mboga zifata ubutaka buto igihe zihingwa ndetse bamwe begeranya ubutaka mu mifuka bakaba bahinga izi mboga, cyane nk’abatuye mu mijyi badafite ubutaka buhagije bwo guhingamo.

Umuhinzi ufite ubutaka bungana na m1,2 mu bugari ashobora guhinga izi mboga,ndetse uburebure bw'umurima bwaterwa n'ubushobozi bw'umuhinzi kandi agasarura nyinshi.

Igihe utegura umurima uhingamo izi mboga ugomba gushyiramo ifumbire ihagije kugira zizakure zifatika.

MENYA UKO BAHINGA KAROTI:

Kubera izi mboga zihingwa hifashishijwe umurama ushyirwa mu butaka ni ngombwa kumenya uko uwo murama ukoreshwa kugira karoti zimere zitangire no kwitabwaho nkuko bikwiye. 

Umurima wateganije ko kuzashyirwamo uwo murama, ugomba kuba uteguye neza.  Igihe utegura uwo murima ugomba guca imirongo igororotse ku buryo usiga cm 30 hagati yayo

·        Ufata umurama ukawuvanga n’ivu cyangwa umucanga kugira ngo ubucucike bw’umurama bugabanuke

·        Nyuma ufata umurama wavanze n’ivu cyangwa umucanga ukawuminjirira muri ya mironko waciye

·        Ibyo iyo birangiye worosa agataka gake ku murama wamaze gushyira mu butaka

·        Nyuma yo korosa agataka ku murama, worosa ibyatsi hejuru yawo ugatangira no kuhira ukarindira ko umurama utanga karoti wifuza


Karoti zigomba kwitabwaho neza kuva zigishyirwa mu mutaka kugeza zisaruwe ndetse ziribwa

Karoti zikura vuba ndetse zimara ibyumweru bitarenze bibiri zikaba zameze ukaba watangira kuzitaho uzazitegereza. Igihe cyose ubonye ko zakuranye n’ibyatsi uba ugomba kuzibagarira, kandi ukirinda ko ubutaka zihinzemo bwuma.

Kugira karoti zere neza bifata igihe kingana n’amezi 3 cyangwa amezi 4 uka utangiye gusarura. Iyo karoti zeze ubibonera ku mababi yazo kuko atangira kuba umuhondo nk'uko bitangazwa n’Ikinyamakuru “UrbanMali”.

Bakomeza bavuga ko nubwo zikenera amazi ahagije ariko zikenera n’izuba rimwe na rimwe ariko ridakarishye.

Igihe zihinzwe arizo kugurisha nibyiza kuzisarura zihita zijyanwa ku isoko ndetse zigasarurwa hirindwa kuzikomeretsa. Igihe zaguzwe ngo zikoreshwe mu rugo, wazibika ahantu hakonje kugira zirame.

Karoti benshi bakunda kuzirya ari mbisi kuko zigira uruhare mu gufasha imboni y’umuntu ikabona neza. Ikungahaye ku ntungamubiri zirinda indwara zifata amaso ndetse zigira uruhare runini mu gukesha uruhu ndetse zigira umutobe uryoshye wihagije ku sukari.


   Umutobe wa Karoti uraryoha ndetse woroha kuwutegura


Igihe wumva amaso atameze neza, imenyereze kurya karoti mbisi buri munsi


Igihe uzisarura irinde kuzikomeretsa kuko bituma zita agaciro ku isoko


Ku miryango ifite abana bakiri bato ni ngombwa kubamenyereza uyu mutobe kuko utuma bakura basa neza


Ikungahaye kuri vitamini A,B,C,E kandi no kuzivanga mu mboga biraryoha

Karoti iribwa ihiye, ari mbisi, wayinywa mu mutobe, ndetse hari n'amavuta yabugenewe yazo akesha uruhu.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Bucahe innocent1 year ago
    Murakoze,muduhe amakuru yukungene bahinga igitinguru(oignon)
  • Niyibizi Samuel 1 month ago
    Ese amababi ya karoti aratibwa ese ategurwa ate niba aribwa kobeshibayata





Inyarwanda BACKGROUND