Kigali

Bruce The 1st yasobanuye Ep 'Sad Boys' yubakiye ku buzima bw’abana bo ku muhanda-YUMVE

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:24/12/2022 12:35
0


Umuraperi Bruce The 1St yashyize ahagaragara Extended Play (EP) ye ya mbere yise “Sad Boys” nyuma yo gukorwa ku mutima n’ubuzima bubi abana bo ku muhanda banyuramo, no kugaragaza ko yinjiye mu muziki azi icyo ashaka.



Bruce yabwiye InyaRwanda ko igitekerezo cyo gukora iyi EP yari akimaranye igihe, kuko yumvaga ashaka gusoza umwaka yiyeretse abantu akabumvisha ubuhanga bwe n’umwihariko afite mu muziki.

Uyu muraperi yavuze ko mu gihe yatekerezaga kuyikora n’uko igomba kuba imeze, yabonye amashusho ya bamwe mu bana bo ku muhanda basaba ubufasha bimukora ku mutima.

Uretse kubabona binyuze mu mashusho hari n’abo yagiye abona mu mihanda itandukanye yanyuzemo mu Mujyi wa Kigali, basabiriza.

Avuga ko aha ariho yakuye igitekerezo cyo kwita iyi EP ‘Sad Boys’ mu kumvikanisha ububabare bw’abana bo ku muhanda.

Akomeza ati “Nibwo nifuje ko EP yanjye nayita ‘Sad Boys’ nkaririmbamo ubuzima bw’abo bana.”

Bruce avuga ko kubera ko nta bushobozi yari afite bwo gufasha aba bana yahisemo kubatura iyi EP akayibitirira.

Avuga ati “Kuko nta bushobozi nari mfite bwo kubafasha nabitiriye EP yanjye nkora n’indirimbo ivuga ku buzima bwabo nibwo bufasha (ubufasha) nari mfite bwo kubaha. Aho niho “Sad Boys” byaturutse niwumva neza indirimbo bita ‘Sad Boys’ urumvamo amajwi y’abo bana.”

Iyi EP y’uyu musore kandi iriho indirimbo imwe ihimbaza Imana yise “Hallelujah”. Yavuze ko yatekereje kuyikora mu rwego rwo guhuza uyu muziki bita ‘uw’ibirara nkawuhuza n’umuziki w’indirimbo zihimbaza Imana’.

Bruce avuga kandi ko iyi ndirimbo ifatiye ku ishimwe afite ku Mana. Ati “Numvaga kuri EP yanjye ‘Sad boys’ hagomba kuzaho gospel kuko nabo bana nashakaga kuvugira nabo bemera Imana kandi n’iyo ibabeshejeho yonyine.”

Kuri iyi EP kandi hariho indirimbo ‘Kumihanda’ yakoranye na Juno Kizigenza. Bruce asobanura ko asanzwe ari inshuti na Juno, kandi buri umwe akunda ibihangano by’undi byagejeje ku gukorana iyi ndirimbo iri mu zigize EP.

Hejuru y’ibyo, Bruce avuga ko Juno Kizigenza ari umwe ‘mu bahanzi duhuza cyane ku buryo aba azi n’indirimbo zanjye zitarasohoka’.

Akomeza ati “Namubwiye ko nshaka gukora Ep nawe akazamfashaho ntagutinda. Twahise tujya kwa kina Beat (Producer) indirimbo turayikora ariyo ‘kumihanda’.”

Afiteho indirimbo kandi yitwa ‘What’ y’umuraperi Riderman umaze imyaka irenga 15 atanga ibyishimo ku bakunzi be.

Bruce asobanura ko Riderman ari umuhanzi yakuze akunda kandi n’ubu ni umufana we cyane.

Yavuze ko Riderman bahuriye kuri studio ‘Ibisumizi’ amwumvisha umushinga w’iyi ndirimbo bakoranye ariko icyo gihe yari itararangira.

Riderman yafashe umwanya wo kuyumva arayikunda, hanyuma isigara muri studio ‘Ibisumizi’ mu gihe cy’iminsi ibiri yongeye kuyisubiza Bruce yarangiye.

Bruce avuga ko n’ubwo yabashije gushyira hanze iyi EP kari akazi katoroshye nk’umuhanzi wifasha buri kimwe mu muziki we.

Mu bandi bahanzi bakoranye kuri iyi EP barimo Kenny K Shot na Kivumbi afata nk’abavandimwe be. Abasobanura nk’abahanzi b’abahanga buri wese yakwifuza gukorana.

Bruce ashima buri wese warambitse ikiganza kuri EP ye barimo aba Producer, abamugiriye inama n’abandi. Agasaba Abanyarwanda kuyiha umwanya wo kuyumva.

Ati “Ndasaba n’abanyarwanda kuyiha umwanya kuko ni Ep irimo ubutumwa bukenewe iyi minsi.”


Bruce The 1St yashyize ahagaragara Extended Play ye ya mbere yise ‘Sad Boys’ 

Bruce yavuze ko yari afite intego yo kurangiza 2022 yumvikanishije ubushobozi bwe mu muziki


Bruce yavuze ko ubuzima bubi bw’abana bo ku muhanda bwabaye imvano y’iyi EP yasohoye


Bruce yashimye Riderman, Juno Kizigenza, Kenny K Shot, Kivumbi n’abandi bakoranye kuri EP 

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘KUMIHANDA’ YA BRUCE NA JUNO KIZIGENZA

">

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘WHAT’ YA RIDERMAN NA BRUCE

">

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘SAD BOYS’ YA KIVUMBI KING, KENNY K SHOT NA BRUCE

">

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘HALLELUJAH'  YA BRUCE

">

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘SELF MADE’ YA BRUCE

">

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘MBWIRA’ YA BRUCE

">

KANDA HANO WUMVE INDIRIMBO ‘WAY TO WIN’ YA BRUCE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND