RFL
Kigali

Kate Ndikumagenge uherutse kwinjira mu ivugabutumwa yifashishije Instagram yambitswe impeta

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:14/09/2022 22:12
0


Kate Clinton Ndikumagenge amaze igihe atangiye urugendo rw’ivugabutumwa ryagutse, aho yifashisha urubuga rwa Instagram agamije kwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo.



Uyu mukobwa atuye muri Canada aho ari kwiga amasomo ye ya kaminuza. Yifata amashusho akoresheje ibyuma by'ikoranabuhanga, yambaye 'microphone' zimufasha kumvikanisha neza ubutumwa, ubundi akayasangiza abantu ku rubuga rwa Instagram akurikirwaho n'abantu barenga ibihumbi 99.

Mu Isi ya none, imbuga nkoranyambaga zariyongereye cyane bituma abantu benshi bakangukira kurushaho kuzikoresha.

Mu mbuga nkoranyambaga zikoreshwa cyane kurusha izindi twavuga nka Facebook, YouTube, Instagram, Snapchat, Twitter zifite abazikoresha babarirwa muri za miliyari.

Bamwe bazifashisha mu gusetsa abantu ariko abarenze icyo cyiciro bazikoresha mu bucuruzi. Usanga bamwe bahugiye kuzikuraho ubumenyi, abandi bashaka impuguro nziza zatuma barushaho kubaho neza muri iyi Si ya none.

Ntibigoye kubona umubare munini w’abiganjemo urubyiruko ruhugiye ku mbuga nkoranyambaga rureba ibidafite umumaro hari n’abandi benshi bahihibikanira kwiyungura ubumenyi mu ngeri zirimo siyansi, ikoranabuhanga, ubuvumbuzi, iyobokamana n’ibindi bishobora kwagura intekerezo zabo.

Mu myaka yo hambere, imbuga nkoranyambaga zakoreshwaga nk’uburyo bwo kwishimisha ariko ubu zifite umumaro munini kuva ku guhaha ubumenyi, kubyazwa amafaranga binyuze mu kwamamaza kugeza ku gukoreshwa nk’inzira y’ivugabutumwa.

N’ubwo bitamenyerewe cyane kubona urubyiruko ku mbuga nkoranyambaga rwigisha cyangwa rushakisha ahari ubutumwa bwiza bw’Ijambo ry’Imana, Umunyarwandakazi Kate Clinton Ndikumagenge, abwiriza abinyujije kuri Instagram.

Ubutumwa atambutsa abunyuze mu nyigisho yise “Preeminent Touch”, agamije kubwira abamukurikira n’Isi yose inyungu zibonerwa mu gakiza ku wizeye Yesu Kirisitu.

Yavuze InyaRwanda ko bikwiye kuba inshingano za buri mukirisitu wese kwamamaza inkuru nziza y’agakiza nk’uko bigaragara mu gitabo cya Mariko 16:15-16.

Yagize ati “Gutangira uyu murimo navuga ko ari Umwuka Wera wanganirije hanyuma ndemera ndubaha, niyemeza kubikora.”

Akomeza ati “Kubyita ‘Preeminent Touch’ bivuze ‘gukorwaho gusumba ukundi gukorwaho kose’, nashakaga kubihuza no gukorwaho n’Umwuka Wera.”

Ubutumwa atanga anabugaragaza mu cyongereza, aho uko avuga ari nako bwandikwa hasi mu mashusho anamugaragaza. Aherutse gusohora amashusho ashishikariza abantu kutabohwa n'ibyahise, ahubwo bagaharanira kujya imbere nk'uko Bibiliya ibivuga.

Uyu mukobwa yavuze ko yahisemo gukorera ivugabutumwa ku mbuga nkoranyambaga mu buryo butamenyerewe cyane, agamije gufasha urubyiruko kwegerana n’Imana cyane ko rwihariye n’igice kinini cy’abazimaraho umwanya.

Uyu mukobwa akoresha amazina ya ndikumagenge_ kuri Instagram. Mu nyigisho ze akoresha indimi zitandukanye zirimo Icyongereza, Igifaransa n’Ikinyarwanda.

Aherutse gutangira urugendo rushya rw’ubuzima:

Mu minsi irindwi ishize, uyu mukobwa yashyize amafoto y’umunezero kuri konti ye ya Instagram amugaragaza ari kumwe n’umusore mu byishimo ku nkombe z’inyanja.

Aya mafoto yafatiwe ahitwa Santorini muri Greece. Yanditse avuga ko tariki 27 Kanama 2022, izahora mu ntekerezo ze kuko yatangiye urugendo rushya rw’ubuzima.

Ni nyuma y’uko Vincent K amwambitse impeta y’urukundo. Uyu musore yanditse kuri Instagram ye, avuga ko yanyuzwe no kwambika impeta uwo yahariye umutima we.

Yashimye Imana, avuga ko cyari igihe cyiza, mu cyerekezo cyiza ‘kwambika impeta ‘fiancé’ ukwiye’.

Inkuru y’urukundo rw’aba bombi, ntigarutsweho cyane mu itangazamakuru, ariko imbuga nkoranyambaga zabo zigaragaza ubuzima bw’umunezero n’imitoma babanamo.

Kate Ndikumagenge amaze igihe atangiye urugendo rw’ivugabutumwa ryagutse    

Kate avuga ko agamije gufasha urubyiruko kwegerana n’Imana muri ibi bihe 

Uyu mukobwa abarizwa muri Canada aho ari gusoza amasomo ye ya Kaminuza 

Kate aherutse kwambikwa impeta y’urukundo n’umukunzi we Vincent K    

Vincent yavuze ko yanyuzwe no kwambika impeta umukunzi we bamaze igihe mu munyenga w’urukundo 

Uyu muhango wihariye wabereye ku nkombe z’inyanja













TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND