Coach Gael umujyanama w’umuhanzi Bruce Melodie agiye gutangira gutambutsa ikiganiro kuri Televiziyo Isibo, mu rugendo yatangiye rwo gutera inkunga imishinga irimo udushya y’urubyiruko rwo kuri Kaminuza no mu mashuri makuru.
Mu Cyumweru gishize Gael ari kumwe n’itsinda
bakorana, bagiye muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda Ishami rya Huye guhitamo
imishinga y’urubyiruko myiza yo gushyigikira kugeza ishyizwe mu bikorwa.
Gael avuga ko batunguwe n'umubare
w'abanyeshuri bamuritse imishinga yabo, kuko batangiye bashaka gukorera mu
ishuri ryakira nibura abanyeshuri 30 ariko ko ubwo bari mu nzira babonye ko
abakomeje gusaba ari benshi, bahindura ishuri ryo gukoreramo bagira iryakira
abantu 50 nyuma babashyira muri salle y'abantu 150.
Uyu mujyanama avuga ko bakiriye
urubyiruko ruri hagati ya 100 na 120 rufite imishinga inyuranye rushaka
guterwamo inkunga, ariko babasha kumva imishinga 30.
Ati "Mu mishinga 30 twatoye
itandatu y'abo twahembye, tuzanakomezanya tugatera inkunga imishinga
yabo."
Yavuze ko abandi 20 bazakomeza
kubakurikirana 'no kubigisha ibintu bitandukanye', bijyanye no gushyira mu
bikorwa imishinga yabo no kuyinononsora.
Ati "Byagenze neza birenze uko
twabitekerezaga. Muri macye ni icyerekezo cy'aba Vip. Tuzi ko Igihugu kirimo
abana benshi bafite ibitekerezo byiza, ariko nyine babura inkunga, atari inkunga
gusa ahubwo no kubafasha kubona ababafasha ndetse no gukurikiranwa kugira ngo imishinga
yabo babe bayishyira mu bikorwa."
Gael yavuze ko batazatanga amafaranga gusa urubyiruko ahubwo bazakomeza gukorana nabo 'ku buryo uha umuntu amafaranga ariko
n'ibitekerezo, mukagumana kugeza mukujije uwo mushinga ukagera aho ugomba
kugera.'
Yavuze ko iki gikorwa kizakomeza
kugeza no mu zindi Kaminuza no mu mashuri makuru.
Kugeza ubu imishinga imaze gutsinda
irimo uwa Uwihanganye Theodre ujyanye n’ibidukikije, uwa Niyokwizerwa Jeannette
wo gushyiraho akarima k’imbuto ziribwa, Janviere Uwihanganye afite umushinga ujyanye no
kubyaza umusaruro ibikoresho bya pulasitike bitagikoreshwa n’ibindi.
Coach Gael asanzwe afite ikiganiro
yise ‘AbaVip’ gitambuka kuri Youtube ahuriramo n’abarimo Tony Inganji na Eddy
Robert.
Baherutse gukora ikiganiro bibaza niba
abakiri bato bafite ubwenge budasanzwe. Muri iki kiganiro baganiriye ku mitekerereze
y’abantu bateye imbere, icyo barusha abandi n’uko nawe wabikora ugatera
imbere.
Gael washinze 1:55 am avuga ko kuva
mu cyumweru kiri imbere, iki kiganiro kiratangira gutambuka kuri Isibo Tv mu
rwego rwo gufasha benshi gusobanukirwa ingingo zinyuranye.
Imishinga itandatu muri 30 yari
ihatanye niyo yabashije gutambuka muri Kaminuza no mu mashuri makuru
Abo mu mashuri yisumbuye bari
bafite umushinga w’ikoranabuhanga wahize uwa benshi bari muri Kaminuza
Coach Gael agaragaza ko urubyiruko rw’u
Rwanda rufite imishinga myiza, ariko rukeneye gushyigikirwa mu kuyibyaza umusaruro
KANDA HANO UREBE IKIGANIRO ‘ABAVIP’ KIGIYE GUTANGIRA GUCA KURI ISIBO TV
TANGA IGITECYEREZO