RFL
Kigali

Uyu munsi Isi iribuka Bob Marley wiyitaga umukinnyi wa mbere ku Isi mu mupira w'amaguru

Yanditswe na: ISHIMWE Olivier Ba
Taliki:11/05/2022 11:14
0


Bob Marley twamumenye mu muziki, nk'umuririmbyi, umwanditsi w'indirimbo, ndetse n'umuntu ugendera ku muco cyane, ariko abantu ntibanamenye ko umupira w'amaguru wari n’ingirakamaro nk'umuziki.



Imyaka 41 irashize umuhanzi w'ikirangirire Robert Nesta Marley yitabye Imana. Isi muri rusange ihora yibuka uyu muhanzi wo mu njyana ya Rege (Reggae) ku ndirimbo nziza zimakaza urukundo, ndetse mu Isi ya siporo bakamwibukira ku buryo yakundaga umupira w'amaguru.

"Niba ushaka kumenya neza, uzaze dukinane umupira w'amaguru" Bob Marley aganira n'umunyamakuru wari umubajije niba ari umuhanga mu gukina umupira w'amaguru. Mu 2020 BBC yaganiriye na bamwe mu nshuti za hafi za Bob Marley zimo Chef Levi Roots ndetse n'umufotozi Dennis Morris kugira ngo bamubaze uburyo Bob Marley yakundaga Siporo.

Bob Marley yumvaga ko ari umwe mu bakinnyi beza isi ifite n'ubwo ntaho yakinaga 

Ntabwo Bob Marley yakinnye umupira w'amaguru ku rwego rwo hejuru ahubwo umupira yawukoragaho mbere yo kujya ku rubyiniro cyangwa se ari mu busitani we n'inshuti ye.

Mu kiganiro Bob Marley yagiranye n'itangazamakuru mu 1980 yangaje ko "nkunda umupira ariko mbere nakundaga umuziki. Byari kuba bibi kurushaho iyo nza gukunda umupira w'amaguru mbere. Gukina umupira w'amaguru ukanaririmba ni bibi cyane kuko mu mupira w'amaguru habamo ibintu bitari byiza. Njye ndirimba amahoro urukundo ndetse n'ibintu nkibyo. Gusa murabizi iyo mukibuga umuntu agukubise hasi cyane uhita wiyumvamo intambara."

Iyi yabaga atari ku rubyiniro umupira wabaga ari ubuhungiro bwe

"Kumubona akina umupira w'amaguru byari bitangaje." Morris wafotoraga Bob Marley aganira na BBC. "Si nigeze mfata ifoto nimwe arimo gukina kuko nifuzaga kumubona ari gukina umupira w'amaguru. Umupira w'amaguru wari ibyishimo bye igihe cyonyine yabonaga cyo kuruhuka yakinaga umupira w'amaguru, nanjye nahitaga nshyira kamera hasi nkirebera."

Nk'abandi bakunzi b'umupira w'amaguru bose, Bob Marley yari umufana w'ikipe ya Santos FC yo muri Brazil ndetse na Tottenham Hotspur yo mubwongereza.

Roots wakinanye na Bob Marley avuga ko byari bigoye kumufata kuko yagiraga umuvuduko ukomeye. "Ubwo twari mu mukino wari wabereye mu Bwongereza Bob Marley yarangoye cyane yari umukinnyi ugira umuvudu uri hejuru cyane. Yari umukinnyi udatakaza icyerekezo ndetse burigihe ushaka kugucenga kugira ngo asigarane izamu ahite ashota. Navuga ko Bob Marley yari umukinnyi wujuje ibisabwa byose."

Bob Marley yitabye Imana mu 1981 nyuma ho imyaka 4 bamusanganye kanseri y'uruhu yatewe no kwiyandikaho. Iyo Bob Marley yabaga atari ku rubyiniro yabaga yambaye imyenda igaragaza ko isaha n'isaha yajya mukibuga agakina kuko yabamba yambaye imyenda yoroshye kuba yayikinana.

Bob Marley uri imbere ari kumwe n'inshuti ze 

Bob Marley n'ubwo imyaka 41 yirenze atuvuyemo, ndetse bikaba bigoye ko Isi yamwibagirwa, ariko yitabye Imana akiri muto kuko ku myaka 36 aribwo yahumetse umwuka wa nyuma. Uyu munsi tariki 11 abanyarwanda n'isi muri rusange baribuka uyu muhanzi w'ikirangirire nk'itariki yapfiriyeho, aho yasize indirimbo zakunzwe, zigikunzwe nka "One Love, This Love, Three Little Birds yari ifite aho ihuriye n'umupira w'amaguru ndetse n'izindi.







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND