Kigali

Uwase uvukana na Bahavu Jeannette banakinana muri filime ‘Impanga’ ahataniye ikamba rya Miss Rwanda 2022-AMAFOTO

Yanditswe na: Janvier Iyamuremye
Taliki:12/02/2022 14:58
0


Uwase Rehema uzwi nka Tracy muri filime ‘Impanga’ iri mu zikunzwe mu gihugu ni umwe mu bakobwa 190 biyandikishije guhagararira Umujyi wa Kigali mu irushanwa rya Miss Rwanda 2022.



Uwase ni umuvandimwe w’umukinnyi wa filime Usanase Bahavu Jeannette, wamamaye nka Diane muri filime City Maid. 

Bahavu ni we ufite mu biganza filime ‘Impanga’ itambuka kuri shene ya Youtube no kuri Televiziyo Rwanda.

Kuri uyu wa Gatandatu tariiki 12 Gashyantare 2022, ijonjora rya Miss Rwanda 2022 ryakomereje kuri Hill Hotel i Remera, mu bakobwa 117 nibo bageze ahabereye ijonjora rya Miss Rwanda 2022 harimo na Uwase Rehema murumuna wa Bahavu.

Imbere y’Akanama Nkemurampaka, Uwase Rehema yavuze ko yakuze ashaka kwitabira Miss Rwanda, abazwa impamvu yatinze asubiza ko yari akiri mu mashuri yisumbuye.

Uyu mukobwa yavuze ko ab’iwabo bakundaga kumubwira ko ashoboye, bituma yumva ko igihe kigeze kugira ngo yitabire irushanwa rya Miss Rwanda.

Rehema [Tracy] yavuze aramutse abaye Miss Rwanda 2022 yashyira mu bikorwa umushinga we wo guhuriza hamwe abana b’abakobwa akajya abashakira imashini zo kudoda.

Rehema wari wambaye nimero 40 yavuze ko azanashyiraho ‘website’ izafasha abo bakobwa. Yavuze ko azibanda ku bakobwa bacikirije amashuri, kandi ngo azagera muri buri Ntara.

James Munyaneza yavuze ko atumva neza uyu mushinga, Tracy agerageza gusobanura neza uyu mushinga we ariko amubwira ko atakiri kuwumva neza. Miss Mutesi Jolly na Evelyne Umurerwa bamuhaye ‘NO’. 

Uwase yavuze ko afite umushinga wo guhuriza hamwe abakobwa bacikirije amashuri akabigisha kudoda

Uwase yavuze ko yakuze ashaka kuba Miss Rwanda atinzwa no gusoza amashuri yisumbuye

Uwase ni Murumuna wa Usanase Bahavu Jeannette ufite filime yitwa ‘Impanga’ bakinamo

Evelyne Umurerwa na Miss Mutesi Jolly bamuhaye ‘NO’ kubera ko umushinga we utumvikanye neza

REBA AGACE GASHYA KA FILIME ‘IMPANGA’ UWASE REHEMA ‘TRACY' YAKINNYEMO


REBA hANO UKO AMAJONJORA YO MU BURASIRAZUBA YAGENZE

">






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND