RURA
Kigali

Mu gitaramo gisa ukwacyo, Knowless yamuritse Album ye aha isomo abandi bahanzi - AMAFOTO

Yanditswe na: Editor
Taliki:20/07/2014 11:04
8


Kuri uyu wa gatandatu tariki 19 Nyakanga 2014, umuhanzikazi Butera Knowless yamuritse ku mugaragaro Album ye ya gatatu yitiriye ababyeyi be akayita “Butera”, akaba yayimuritse mu gitaramo cyiza cyane cya Live kirimo udushya, imitegurire n’imyiteguro byo ku rwego ruhambaye, abantu bakaba bari benshi cyane.



Muri iki gitaramo cyabereye muri Hoteli Serena ya Kigali, aho cyabereye hari huzuye ndetse bamwe baje kubura n’aho bahagarara cyane ko kwicara imyanya yo yuzuye hakiri kare cyane, Knowless kimwe n’abahanzi bamufashije ndetse n’itsinda ry’abanyamuzika batandukanye bari babukereye bakaba bashimishije bidasubirwaho abari bacyitabiriye kuburyo igihe ari cyo cyabaye umwanzi, naho ubundi igitaramo cyarangiye agahana saa tanu z’ijoro abantu bakifuza ko cyakomeza.

MTN nk'umuterankunga mukuru yari ihagarariwe

MTN nk'umuterankunga mukuru yari ihagarariwe

depite

Depite Bamporiki Edouard n'umufasha we bari bitabiriye iki gitaramo

Depite Bamporiki Edouard n'umufasha we bari bitabiriye iki gitaramo

REBA HANO UKO DEPITE BAMPORIKI YABYINAGA


abafana

Senderi nawe yari ahari

senderi

Senderi nawe yari ahari

Mani Martin mu gitaramo cya Knowless

Mani Martin mu gitaramo cya Knowless

Aline Gahongayire na Tonzi nabo bari baje gushyigikira Knowless

Aline Gahongayire na Tonzi nabo bari baje gushyigikira Knowless

Masamba Intore nawe yari yaje muri iki gitaramo

 Masamba Intore nawe yari yaje muri iki gitaramo

Iki gitaramo cyayobowe neza cyane na MC Ally Soudy na Isheja Sandrine bashimishije abantu cyane

Iki gitaramo cyayobowe neza cyane na MC Ally Soudy na Isheja Sandrine bashimishije abantu cyane

Nyuma y'iminsi yibera muri Amerika, Ally Soudy benshi bishimiye kongera kumubona mu Rwanda

Nyuma y'iminsi yibera muri Amerika, Ally Soudy benshi bishimiye kongera kumubona mu Rwanda

Abakunda ijwi rya Isheja Sandrine bari bashyizwe igorora

Abakunda ijwi rya Isheja Sandrine bari bashyizwe igorora

Aha Ally Soudy yashimiraga MTN ku bufasha yahaye Knowless, uyu muzungu yemeje abantu kubera ukuntu azi kuvuga ikinyarwanda

Aha Ally Soudy yashimiraga MTN ku bufasha yahaye Knowless

Iki gitaramo cyatangiye hakiri kare, umuhanzi Makanyaga Abdoul n’itsinda rye (band) babanje gususurutsa abari bacyitabiriye, mu ndirimbo nka Nshatse inshuti n’izindi uyu muhanzi yamenyekanyeho cyane, hamwe n’abasaza bari kumwe bakaba bazibyinnye abantu barishima cyane, mu bagaragaye babyina hakaba harimo na Depite Edouard Bamporiki nawe wari wakitabiriye.

makanyaga

Makanyaga na Band ye bashimishije abantu cyane

Makanyaga na Band ye bashimishije abantu cyane

REBA HANO IMBYINO IDASANZWE Y'UMUSAZA UBYINIRA MAKANYAGA

Nyuma ya Makanyanyaga na Band ye, haje kuza abahanzi nka Christopher muri Ndabyemeye, Habona n’izindi, Tom Close muri Ibintu byarahindutse n’indi nshya yitwa Isi, haza na Dream Boys muri Urare aharyana na Uzahahe uronke, bose bacurangirwaga na Kesho Band isanzwe icurangira umuhanzi Mani Martin, nabo bakaba bashimishije abantu cyane muri iki gitaramo, gusa hari hagitegerejwe nyir’ubwite Butera Knowless wari umwanya we wo kumurika ku mugaragaro album ye nshya.

chris

Christopher imbere y'abafana

Christopher imbere y'abafana yashimishije benshi

Abakunzi ba Tom Close nabo bamwishimiye cyane

tom

Abakunzi ba Tom Close nabo bamwishimiye cyane

Tidjara Kabendera n'umugabo we nabo bari bari muri iki gitaramo

Tidjara Kabendera n'umugabo we nabo bari bari muri iki gitaramo

Umunyamakuru Ernesto na Plaisir Muzogeye mu gitaramo cya Knowless

Umunyamakuru Ernesto na Plaisir Muzogeye mu gitaramo cya Knowless

TMC wo muri Dream Boys ku rubyiniro ubwo baririmbaga Urare aharyana

TMC wo muri Dream Boys ku rubyiniro ubwo baririmbaga Urare aharyana

Mugenzi we Platini nawe bafatanyaga gususurutsa abari bitabiriye igitaramo

Mugenzi we Platini nawe bafatanyaga gususurutsa abari bitabiriye igitaramo

dream boys

Mbere y'uko Knowless ajya ku rubyiniro, Isheja Sandrine yabanje guhindura imyenda

Mbere y'uko Knowless ajya ku rubyiniro, Isheja Sandrine yabanje guhindura imyenda

Aka kana mbere y'uko Knowless agera ku rubyiniro, kavuze byinshi kamukundira harimo kuba ari mwiza cyane

Aka kana mbere y'uko Knowless agera ku rubyiniro, kavuze byinshi kamukundira harimo kuba ari mwiza cyane

Mu myenda yererana, ku rubyiniro rudasanzwe n’ubuhanga buhambaye agaragiwe n’itsinda ry’ababyinnyi bo mu itorero Intayoberana, Butera Knowless yagaragaye ku rubyiniro abantu barumirwa bahita bamwereka ko bamwishimiye cyane maze na we atangira abaririmbira indirimbo z’Imana nk’izwi cyane mu ndirimbo zo mu gitabo bagira bati: “Mbese urukundo rw’Imana yacu rwagereranywa n’iki…”, hanyuma mu ndirimbo nka Baramushaka, Ninkureka, Follow, Ndeka ngukunde n’izindi Knowless mu muziki mwiza wa Live ashimisha cyane abari bitabiriye igitaramo cye.

Uburyo Knowless yagaragaye ku rubyiniro byemeje benshi

Uburyo Knowless yagaragaye ku rubyiniro byemeje benshi

Uyu mufana akimara kubona Knowless uko yari ameze, ibyishimo byamurenze amarira arashoka

Uyu mufana akimara kubona Knowless uko yari ameze, ibyishimo byamurenze amarira arashoka

Hari imibyinire idasanzwe

Hari imibyinire idasanzwe

REBA HANO IMIBYINIRE Y'ABAFANA BA KNOWLESS

 

Knowless imbere y'abafana be, ibyishimo mu bafana byari byose

Knowless imbere y'abafana be, ibyishimo mu bafana byari byose

Knowless yabyinanye cyane n'abana

Knowless yabyinanye cyane n'abana

knowless

knowless

knowless

knowless

Knowless ari ku rubyiniro abantu benshi bari bamwishimiye cyane

Knowless kandi yaje gufatanya n’abahanzi batandukanye mu ndirimbo bafitanye nka Christopher na Ben Kayiranga, akaba ndetse yaje no gufatanya n’itsinda ry’abaririmbyi b’amajwi atagira uko asa maze baririmbira imbaga y’abari bahari indirimbo za Rugamba Sipiriyani nk’iyitwa Imenagitero baririmbye nta gicurangisho na kimwe kifashishijwe, abakunzi b’uyu muhanzi bigaragara ko bakozwe ku mutima.

Aha Knowless yaririmbanaga na Christopher

knowless

Aha Knowless yaririmbanaga na Christopher

Knowless aririmbana na Ben Kayiranga indirimbo bakoranye

kayiranga

Knowless aririmbana na Ben Kayiranga indirimbo bakoranye

Knowless n'iri tsinda baririmbye indirimbo za Rugamba Sipirinayi abantu barishima

knowles

Knowless n'iri tsinda baririmbye indirimbo za Rugamba Sipirinayi abantu barishima

Inganzo ngari zeretse abitabiriye iki gitaramo ubuhanga bukomeye

inganzo

Intayoberana zeretse abitabiriye iki gitaramo ubuhanga bukomeye, iri rikaba ari itorero rishya ariko ririmo kugaragaza ubuhanga budasanzwe

kabebe

Knowless

Uburyo Knowless yari yambaye benshi babishimye cyane

Knowless yafatanyije n'abahanzi ba Kina Music mu ndirimbo "Byakuvuna"

Knowless yafatanyije n'abahanzi ba Kina Music mu ndirimbo "Byakuvuna"

Knowless yahawe impano zitandukanye n'abakunzi be

knowless

Knowless yahawe impano zitandukanye n'abakunzi be

Iki gitaramo bigaragara ko cyashimwe kandi kikaba isomo ku bahanzi benshi kuko nyuma yacyo bashimiye cyane Butera Knowless n’itsinda ryamufashije, mu bahanzi bari bahari hakaba hari harimo Masamba, Mani Martin, Senderi, Kizz Kizito, Aline Gahongayire, Tonzi, Ngeruka Faycal usigaye ukoresha izina rya Kode n’abandi benshi batandukanye. 

Knowless yashimiwe cyane na Masamba Intore

masamba

masamba

Knowless yashimiwe cyane na Masamba Intore ku gitaramo cyiza yari amaze kugeza ku mbaga yari iri muri Serena

Senderi ni uku yari yaje yiyambariye

Senderi ni uku yari yaje yiyambariye

Umuhanzi Khizz Kizito nawe yari ahibereye

Umuhanzi Khizz Kizito nawe yari ahibereye

N'ubwo bigaragara ko akuriwe, Aline Gahongayire ntiyasibye igitaramo cya Knowless

N'ubwo bigaragara ko akuriwe, Aline Gahongayire ntiyasibye igitaramo cya Knowless

Umuraperikazi Paccy, aha yari kumwe na Gauchi uzwi mu ndirimbo "Madamu" wanjye yakoranye na Bruce Melodie

Umuraperikazi Paccy, aha yari kumwe na Gauchi uzwi mu ndirimbo "Madamu" wanjye yakoranye na Bruce Melodie

MC Ginty nawe yari ari muri iki gitaramo, aha ari kumwe na Mani Martin

MC Ginty nawe yari ari muri iki gitaramo, aha ari kumwe na Mani Martin

Aimable Twahirwa nawe yari ahari n'umuryango we

Aimable Twahirwa nawe yari ahari n'umuryango we

Tidjara Kabendera ni umwe mu bagaragaje ibyishimo cyane muri iki gitaramo

Tidjara Kabendera ni umwe mu bagaragaje ibyishimo cyane muri iki gitaramo

Nyuma y'iminsi micye avuye i Burayi, Ngeruka Faycal uzwi nka Kode nawe yaje kwihera ijisho iki gitaramo

Nyuma y'iminsi micye avuye i Burayi, Ngeruka Faycal uzwi nka Kode nawe yaje kwihera ijisho iki gitaramo

Manirakiza Théogène

Photo: Jean Chris Kitoko






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • kamikazi 10 years ago
    yooooooooooo mbega byiza kariya kana karira nako mu intwarane za KNOWLESS nakabonye
  • dd10 years ago
    Awww knowless courage turishimye jya ushima imana yaguhaye ubwo bwiza kuko bugufasha muli byinshi
  • ptt10 years ago
    ooohhh God thx am verry happy !! emotion ziranyishe pe gusa muribyose ushime Imana.
  • ptt10 years ago
    ooohhh God thx am verry happy !! emotion ziranyishe pe gusa muribyose ushime Imana.
  • kyd10 years ago
    Courage kbsa turagukunda
  • ds10 years ago
    Your launch was a collection for sure big up to u...
  • Jadot10 years ago
    Kabebe well done!!! Tx to MTN,Cogebank Primus and KinaMuzika..muri abantu babagabo
  • bbapti10 years ago
    rwose turakwemera



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND