RURA
Kigali

Rehoboth Ministries yamuritse Album ya 7 mu gitaramo gikomeye yaherewemo ubuhanuzi-AMAFOTO

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:20/12/2016 10:02
5


Rehoboth Ministries yanditse izina mu ndirimbo: Ku musaraba, Uri uw’igitangaza Yesu, Intimba, Tuzahimbaza n’izindi, kuri iki Cyumweru tariki 18 Ukuboza 2016 yakoze igitaramo gikomeye cyo kumurika Album ya 7 yiswe I GOROGOTHA igizwe n'indirimbo 12 zirimo 3 zigaragaza amashusho, zikaba zivuga ku ntsinzi y’i Gorogotha.



Ni mu gitaramo cyabereye muri Serena Hotel i Kigali kuva saa kumu n’ebyiri z’umugoroba kugeza saa yine z’ijoro cyitabirwa n’abakunzi benshi ba Rehoboth Ministries. Icyo gitaramo Rehoboth yafatanyijemo na True Promises, cyakoze ku mitima ya benshi bacyitabiriye ndetse by’umwihariko gishimisha cyane abaririmbyi ba Rehoboth Ministries bari bamaze umwaka wose bitegura icyo gitaramo dore ko imyiteguro yacyo yatangiye mu Ukuboza 2015.

Muri icyo gitaramo cy'umuziki w'umwimerere, Rehoboth Ministries yagiherewemo ubuhanuzi bwanyuze mu mukozi w’Imana Bishop Rubanda Jacques uyobora itorero New Jerusalem. Ubwo buhanuzi buvuga ko Rehoboth Ministries ari umurimo w’Imana uzakomeza kugera aho abaririmbyi bayo bazajya baririmbana n’abana babo ndetse n’abuzukuru babo. Ubwo buhanuzi bwatangiwe mu gitaramo cyahuruje imbaga y'inkoramutima za Rehoboth Ministries zaje kwifatanya nayo mu gihe kwinjira byari 10.000Frw mu myanya y'icyubahiro na 3000Frw mu myanya isanzwe.

Douglas

Bishop Kigabo Douglas ni umwe mu baririmbyi b'imena ba Rehoboth Ministries

Ev Kwizera Emmanuel wigishije ijambo ry’Imana yavuze uburyo mbere yo gukizwa yajyaga yumva indirimbo za Rehoboth Ministries ndetse zikaba zaragize uruhare rukomeye mu gukizwa kwe no mu gushinga imizi mu gakiza binyuze mu butumwa burimo ndetse no mu buhamya bwiza bw'abaririmbyi bayo. Yasabye aba baririmbyi kudacika intege ahubwo bagakomeza gukora umurimo w’Iyabahamagaye kuko imbuto bahawe ari ingirakamaro kandi ikaba idasaza.

Yasabye abari muri icyo gitaramo kuba abambasaderi ba Rehoboth Ministries, indirimbo zayo bakazitangamo impano ku nshuti zabo, ku baturanyi babo, bakazisakaza hose kugira ngo ubutumwa bwiza burimo bugere kuri benshi bubashe kubahindura no kubagaruramo ibyiringiro. Ev Kwizera Emmanuel yasabye ibigo bikomeye gukoresha izi ndirimbo by'umwihariko asaba RwandAir ko yazashyira izi ndirimbo mu ndege zayo abagenzi bakajya bagenda bazumva kuko zahembura benshi.

Rehoboth Ministries

Ev Kwizera Emmanuel arasaba RwandAir kujya yereka abagenzi indirimbo za Rehoboth

Mu kiganiro na Inyarwanda.com, Patrick Munini perezida wa Rehoboth Ministries yashimiye Imana yigaragaje mu gitaramo cyabo, ikabaha abantu benshi ndetse igitaramo kikagenda neza. Abajijwe icyabashimishije cyane, yagize ati: Icyadushimishije ni uko mu by’ukuri twatumiye abantu kandi twababonye, ikindi igitaramo cyagenze neza cyari cyiza kuko intego yacu ni ukugira ngo dutegure igitaramo ariko abantu bishime bahure n’ijambo ry’Imana bishimire ubutumwa babonye ariko babone n’umwanya wo kwidagadura imbere y’Imana kandi twabibonye ndetse twishimye.

Ku bijyanye n’ubuhanuzi bw’uko Rehoboth Ministries izakomeza ivugabutumwa kugeza aho abuzukuru b’abaririmbyi b’yi korali nabo bazakomeza umurimo watangijwe n’ababyeyi babo, Patrick Munini yavuze ko bagize umugisha bagasurwa n'abahanuzi mu gitaramo cyabo, bityo ubwo buhanuzi bakaba babwakiriye neza ndetse bakaba bizeye ko buzasohora. Yagize ati:

Twagize amahirwe dusurwa n’abapasitori n’abahanuzi bamwe mu badusuye twahawe ijambo ry’ubuhanuzi  ryanyuze mu kanwa k’umukozi w’Imana Bishop Rubanda uyobora itorero New Jerusalem. Iryo jambo ry'ubuhanuzi rivuga ngo Rehoboth ari umurimo w’Imana uzakomeza kandi n'ubu urakomeje, abawurimo bazagera igihe bawukoranemo n’abana babo ndetsen’abuzukuru babo. Iryo jambo rero  twaryakiriye nk’ijambo ry’ubuhanuzi nk’abantu bemera Imana kandi turabyizera.

Bishop Rubanda

Umuhanuzi Bishop Rubanda Jacques wahanuriye Rehoboth Ministries

Nyuma yo kumurika iyi Album nshya ya 7, Patrick Munini uyobora Rehoboth Ministries yavuze ko umuntu wese wakenera iyi Album yayibona ku giciro gito, akaba yayisanga ku rusengero rwa Wells Salvation church i iKimironko , kuri Pharmacy La Divine ku Gisimenti, Alimentation yitwa West Gate i Kicukiro n’ahandi .Muri iki gitaramo iyi Album yaguraga 5000Frw ariko mu minsi ikurikiraho ikaba yamaze gushyirwa ku giciro cyo hasi cyane ku buryo uzayikenera wese ngo azayibona.

Reba andi mafoto y'igitaramo cya Rehoboth Ministries

Rehoboth Ministries

Rehoboth yashimye Imana kuba abantu benshi bitabiriye igitaramo cyayo

Rehoboth Ministries

Iki gitaramo kitabiriwe n'abakozi b'Imana batandukanye

Rehoboth MinistriesRehoboth MinistriesRehoboth MinistriesRehoboth Ministries

Hamuritswe Album ya 7 ya Rehoboth Ministries

Rehoboth Ministries

Mazeze

Mazeze Charles uyobora Alarm Ministries yahagiriye ibihe byiza

Rehoboth MinistriesRehoboth MinistriesRehoboth MinistriesRehoboth MinistriesRehoboth Ministries

REBA HANO 'ICYO YAVUZE' YA REHOBOTH MINISTRIES

REBA HANO I GOROGOTHA YA REHOBOTH MINISTRIES






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • maliciah8 years ago
    wahouuh mbega byiza be blessed guys
  • 8 years ago
    bazagaruke muri restoration church
  • Samuel8 years ago
    Nice song Rehoboti ministries keep on God bless you I love you
  • Enzo8 years ago
    Rehoboth Ministries, Muri Umugisha Utangaje, Muramfasha bitangaje, ntacyo nabona nabitura, kuririmba byaranyihishe ark nzajya mbatega amatwi, Ndabakunda cyaneeee mwese surtout Rosine,Dad....More Blessings .....
  • kabanda8 years ago
    Mubykuri rehoboth yari choral yambere murwanda ariko ubu mbona byaranze, gusa mbona impamvu ebyiri zabiteye , 1. Nuko bavuye muri restoration chrch bakajya mugatorero kamafuti katazwi 2. nuko bafashe nabi kabaganza liliane bikageza aho ava muri rehoboth kandi yarabafatiye runini



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND