RFL
Kigali

Ishimwe rya Sarah Sanyu Uwera wa Ambassadors of Christ wibarutse imfura

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:19/12/2019 11:56
4


Sarah Sanyu Uwera umwe mu baririmbyi bakomeye muri korali Ambassadors of Christ yo mu Itorero ry'Abadivantiste b'Umunsi wa Karindwi ikunzwe cyane mu Rwanda no hanze yarwo, ari mu byishimo byo kwibaruka imfura ye y'umuhungu.



Sarah Uwera n'umugabo we Kayumba Aimé bibarutse imfura yabo y'umuhungu mu minsi micye ishize. Akoresheje urubuga rwa Instagram, Sarah Uwera yagaragaje ishimwe rikomeye afite ku Mana. Yaranditse ati "Urakoze Mwami ku bwo kuduha umugisha w'umwana w'umuhungu. Ntitwabona uko tubishyira mu magambo mu kugaragaza uburyo tugushimira" Murakoze nshuti n'umuryango kudusengera."

Sarah Sanyu Uwera naKayumba Aimé bambikanye impeta y'urudashira tariki 29 Nyakanga 2018 basezeranywa na Pastor Ezra Mpyisi. Ku wa 22/07/2018 ni bwo Sarah Uwera yasabwe aranakobwa mu muhango wabereye mu Ntara y'Uburasirazuba muKarere ka Nyagatare i Karangazi. Kuri ubu rero umuryango w'aba bombi uri mu byishimo byo kwibaruka imfura yabo.


Imfura ya Sarah na Aime


Ubwo Sarah yiteguraga kwibaruka imfura


Sarah Uwera n'umugabo we ku munsi w'ubukwe bwabo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • nitwa esther4 years ago
    Jyewe ndishimye junkets ntabbona uko mbivuga Gusa musubireyo ntambogamiz
  • Ngwije Sarathiel4 years ago
    Uyu muryango narawishimiye nshimira na Nyagasani kuko kugirango umukobwa wabaye icyamamare gutya yitware gikristo ageze igihe abihamya mumaso yarubanda si ikintu cyoroshye hanze aha Uwiteka abakomeze atungire uwo bibarutse nawe azakurire mubiganza bye kd mbifurije gukomeza kugira umugisha utagabanije
  • MUNYAMBABAZI Thomas4 years ago
    Dusengera Manzi na Eunice
  • Mucyuranyana1 year ago
    Sarah ndagukunda nimwonkwe knd turabishimiye mukomereze aho





Inyarwanda BACKGROUND