Kigali

Kinshasa: Yvan Buravan waririmbye mu iserukiramuco rikomeye yakiriwe n’umukobwa w’umuhererezi wa Papa Wemba –VIDEO+AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:14/07/2019 15:23
0


Mu minsi ishize Yvan Buravan yamaze igihe akora ibitaramo bizenguruka umugabane wa Afurika aririmba mu bihugu 12 ndetse aza no kwitabira iserukiramuco rya FEMUA ryabereye mu gihugu cya Cote d’Ivoire. Kuri ubu yakoreye igitaramo gikomeye i Kinshasa aho yanakiriwe n’umwana wa Papa Wemba wamuhaye ikaze muri RDC.



Ku wa Gatanu tariki 12 Nyakanga 2019 Yvan Buravan n’itsinda rye rimucurangira bahagurutse mu Rwanda berekeza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo. Bakigera muri iki gihugu Yvan Buravan yakiriwe n’umukobwa wa Papa Wemba uyu akaba uuhanzi w’icyamamare ku Isi witabye Imana mu minsi yashize icyakora yari umwe mu byamamare RDC yatunze mu muziki.

Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatandatu tariki 13 Nyakanga 2019 nibwo Yvan Buravan yaririmbye mu iserukiramuco rya Red one yahuriyemo n’icyamamare Ya Levis umuhanzi wo muri RDC ariko uba mu Bufaransa. Uyu akaba yaranataramiye i Kigali igitaramo kitabiriwe numubare munini w’abakunzi ba muzika i Kinshasa, iki gitaramo cyabereye ahitwa Halle de la Gombe.

Mbere yo kujya muri iki gitaramo Yvan Buravan yanje gukora ibiganiro binyuranye kuri radiyo zo mu mujyi wa Kinshasa aha akaba yafashwaga nuyu mukobwa wa Papa Wemba  wari mu ikipe itegura iki gitaramo nkuko amakuru ava i Kinshasa abihamya.Yvan BuravanYvan BuravanYvan Buravan n'umukobwa wa Papa WembaYvan BuravanYvan Buravan yakoze ibiganiro binyuranye ku ma radiyo yo muri RDC

REBA HANO UKO YVAN BURAVAN YAKIRIWE N’UMUKOBWA WA PAPA WEMBAUNAREBE AGACE GATO KUKO YVAN BURAVAN YITWAYE MURI IKI GITARAMO






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND