RFL
Kigali

Dr Byamungu n'abana be 4 bahitanywe n'impanuka basezeweho bwa nyuma -AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:12/01/2019 14:47
4


Mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 30 Ukuboza 2018 i Masaka ho mu gihugu cya Uganda habereye impanuka ikomeye yahitanye abantu batanu muri batandatu bari mu modoka yari itwaye umuryango wa Dr Byamungu Livingstone wari umwe mu bayobozi ba BRD nawe wahitanywe n'iyi mpanuka kimwe nabana be 4 bari bajyanye muri Uganda.



Nyuma y'uru rupfu rwavugishije abatari bacye imibiri y'abitabye Imana yazanywe mu Rwanda kimwe n'umufasha we warokotse iyi mpanuka icyakora agakomeretswa nayo ku buryo bukomeye. 

Kuri uyu wa Gatandatu tariki 12 Mutarama 2019 ni bwo imibiri y'abitabye Imana yasezeweho bwa nyuma mbere yo gushyingurwa mu cyubahiro mu irimbi rya Rusororo.

Byari amarira n'agahinda mu gusezera bwa nyuma kuri ba Nyakwigendera aribo Dr Byamungu n'abana be: Ngabo, Nziza, Manzi na Uwera. Nyina w’aba bana Dorcas Mukagatare we kugeza ubu aracyarwaye n'ubwo ari koroherwa cyane ko akiri kwivuza ibikomere yasigiwe n'iyi mpanuka yamutwaye umuryango we.

Imihango yo guherekeza imibiri ya ba Nyakwigendera yatangiriye mu rugo kwa Nyakwigendera ku Kimironko. Nyuma yo gusezera bwa nyuma kuri ba nyakwigendera,  bagiye gusabirwa imbere y'Imana mu rusengero rwa St Peters Anglican Church mu Giporoso (i Remera). Nyuma y'iyi mihango harakurikiraho kujya gushyingura mu irimbi rya Rusororo.

Dr Byamungu Livingstone yamenyekanye nk'umuyobozi muri Banki y'Igihugu y'Iterambere (BRD) ariko kugeza ubu yari yaravuyemo asigaye yikorera akaba yaritabye Imana ari kumwe n'abana be bane ubwo bari mu minsi mikuru muri Uganda. Umufasha wa nyakwigendera niwe gusa warokotse n'ubwo nawe amerewe nabi cyane.

Byamungu

Habanje umuhango wo kubasezeraho bwa nyuma mu rugo 

Byamungu

Byamungu

Kubera ubwinshi bw'abantu hari hateguwe abashinzwe kuyobora abantu

Byamungu

Hari aba Croix Rouge bo gufasha ugize ikibazo

Byamungu

Byamungu

Byamungu

Ubwo imibiri ya ba Nyakwigendera yari igeze ku rusengero

Byamungu

Byamungu

Byamungu

Imibiri ya ba Nyakwigendera imbere y'itorero

Byamungu

Abantu bari bitabiriye uyu muhango ari benshi

 Byamungu

Uhereye i bumoso ni murumuna wa Dr Byamungu, se wabo batanze ubuhamya

Byamungu

Byamungu

Byamungu

Byamungu

Byamungu

Minisitiri Busingye yari yicaye hafi y'umuryango wa Nyakwigendera

Byamungu

Byamungu

Dr Nsanzabaganwa Monique yari yaje gufata mu mugongo uyu muryango

Byamungu

Uwasenganaga na Byamungu yatanze ubuhamya bwa Nyakwigendera

Byamungu

Sebukwe nawe yatanze ubuhamya kuri Dr Byamungu

Byamungu

Byamungu

Pastor Rutayisire Antoine ari mu bayoboye iri sengesho

Turacyabakurikiranira iyi nkuru... 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Claire Heart5 years ago
    May their beautiful souls Rest In Eternal Peace. And may God strengthen Dorcus
  • Burege innocent5 years ago
    Ntihakagire abavukanyi bajyana mumodika imwe
  • Pamchou5 years ago
    May their soul RIP,Dorcus Imana imube hafi cyane
  • Ronald5 years ago
    Imana ibakire mubayo





Inyarwanda BACKGROUND