Umuziki ni ubuzima. Benshi iyo uvuze umuziki bahita bashidukira hejuru. Ntabwo gukunda umuziki bisaba kuba umuririmbyi kuko ushobora kuba uwukunda utazi kubyina. Wigeze ubona umuririmbyi wagiye ku rubyiniro afite umupira w'amaguru? Ariko ni kenshi tubona abakinnyi bajya ku kibuga na ekuteri (headset) bagenda bumva umuziki.
Umuziki ni ingenzi mu buzima bwa muntu haba mu byiza haba no mu matage. Byagorana kubona ahantu hateraniye abantu benshi nta muziki cyangwa ikindi cyijya gusa nawo gihari. Ibi ntabwo ari iby'iyi minsi ahubwo na kera byahozeho kuko n’Abami bagiraga abatambyi ndetse n’Intore zazaga kubasusurutsa.
Ntagushidikanya
kuko nta rusengero uzabona rutagira abaririmbyi cyangwa korali igomba gususurutsa
cyangwa guha ubutumwa abaje mu rusengero binyuze mu ndirimbo. Umuhanga ”Franz Wendtner” we avuga ko umuziki
ari kimwe mu bintu bishobora gufasha umuntu gutekereza neza ndetse ngo mu bijyanye
no kwiga ngo burya umuziki ushobora kugufasha kwiga neza ndetse ukaba
utakwibagirwa ibyo wize.
Dore uburyo 5 bukwereka ko umuziki ari ingenzi ku buzima bwa muntu
1.
Mu rusengero umuziki ni ishyiga ry’inyuma
Iyi ngingo y'uko
umuziki ari ingenzi mu rusengero ndetse bikagera n'aho bavuga ngo uririmbye aba
asenze kabiri, ishimangirwa n'uko mbere y'uko amateranira atangira barabanza
bakaririmba ndetse akenshi bagacinya akadiho ndetse no mu gusoza bakaririmba. Ibi akenshi abahanga bavuga ko bimeze nko kubanza kwibutsa abantu
ikibateranirije hamwe ndetse no kubibagiza ibibazo baje bafite bagatangira
gutekereza neza ku mpamvu ibateye kuba bari mu rusengero.
2. Mu birori umuziki urifashishwa cyane
Byaba ari ku bantu
bagiye mu birori no mu kiriyo usanga baba bafite ubwoko runaka bw’umuziki
bari gukoresha. Aha twavuga nko mu bukwe usanga bafite indirimbo z'ubukwe. Abantu bari mu kiriyo no mu gushyingura uzasanga bafite indirimbo
zijyanye n'ibyo bihe by'akababaro. Ikindi ni uko usanga
nk'abayobozi runaka mu giye bari kwiyamamariza kuyobora ibihugu byabo, uzasanga bakoresha
abanyamuziki ngo babahimbire indirimbo zibasingiza. No mu bindi birori
akenshi uzasanga hari abanyamuziki babucyereye baje gushimisha ababyitabiriye.
3.
Umuziki ukoreshwa mu bucuruzi
Si rimwe
cyangwa kabiri uzabona ibigo runaka byifashisha abanyamuziki mu kubifasha
kumenyekanisha ibicuruzwa byabyo binyuze mu majwi meza avanze n'imirya y'inanga
zitandukanye hagamijwe kwigarurira abantu bazakurikira uru rusobe rw'umuziki
cyangwa aba banyabigwi mu muziki.
4.
Umuziki wifashishwa mu mikino
itandukunye
Robbie William n'ababyinnyi be ku munsi wo gufungura igikombe cy'Isi mu 2018
Ni kenshi
uzabona mu mikino runaka mbere y'uko itangira babanza bagacuranga imiziki cyangwa
ugasanga hari abanyamuziki bari gucuranga ndetse n’ababyinnyi b’intoranywa. Aha
urugero twafata ni urwo mu mikino y’igikombe cy’Isi mu mukino w’umupira w’amaguru
aho abantu batoranya umuririmbyi kizigenza uzakora indirimbo izifashishwa mu mikino yose.
5. Umuziki ugabanya umunaniro, ukongera akanyamuneza ndetse no kwiga ufite icyo wongera
Umuziki ufasha abantu gutuza kandi ukabaha akanyamuneza mu gihe bameze nk'abigunze. Ibi byose bigerwaho mu gihe umuntu urimo kumva umuziki yawitayeho kandi akawuha umwanya akareka gutekereza ibindi bintu.
Ku kijyanye no kwiga abahanga bavuga ko umuziki hari utunyanyingo ushitura
tukaba twafasha wa muntu wumvise umuziki kuruhuka mu bwonko bityo yajya kwiga
bikaba byamworohera kwibuka ibyo yize cyangwa akaba yatekereza cyane kurusha umuntu utigeze yumva umuziki.
SRC: scienceofpeople.com, lifehack.org, com, dailymail.co.uk
TANGA IGITECYEREZO