RFL
Kigali

Ikiganiro na Masamba: Uko yaretse kuba Padiri, urupfu rwa se Sentore, uko yaconze ruhago, igisobanuro cya Rwagihuta n'ibindi-VIDEO

Yanditswe na: Muvunyi Arsene
Taliki:19/09/2019 9:24
1


Intore Masamba Butera ni umwe mu bahanzi b’abanyarwanda biziritse ku muziki gakondo kuva mu bwana bwe kugeza ubu ubwo akwije imyaka 52. Twagiranye nawe ikiganiro na Masamba atubwira uko yaretse kuba Padiri, urupfu rwa Sentore, igisobanuro cya Rwagihuta n'ibindi.



Massamba Intire yabaye mu matorero atandukanye abyina gakondo harimo Indahemuka ryari iry’ingabo za RPA zari ku rugamba rwo kubohoza igihugu, kuri ubu ni Umutoza w’itorero ry’Igihugu. Afite indirimbo indirimbo nyinshi zakunzwe n’abantu benshi nka “Kajongera”, “Araje”, “Nyenganyega”, “Ari hehe”, “Rwagihuta” n’izindi zirenga 100 amaze gukora.

Masamba Intore ntabwo ari mukuru cyane mu myaka, ariko abitse amateka menshi ahanini akomora ku mubyeyi we Sentore Athanase wabaye intore y’i bwami kwa Rudahigwa. INYARWANDA yaramusuye, tugirana ikiganiro kirambuye, aho yaduhishuriye byinshi abantu batari bazi ku buzima bwe no mu muziki we.

Amarozi yatumye areka ruhago

N’ubwo yakuze ari intore ahamiriza mu matorero atandukanye Masamba avuga ko akiri umwana muto yakundaga gukina umupira w’amaguru ndetse yari umuhanga cyane. Ati “Nateye umupira cyane, uzabaze abantu banzi bo mu rugero rwanjye. Umupira w’amaguru nawukinnye igihe kirekire kandi nabikoraga hamwe no guhamiriza.”

Masamba avuga ko ajya gufata umwanzuro wo kureka gukina umupira w’amaguru byaturutse ku bo bakinanaga mu Buyenzi i Burundi, bamusabye gukoresha uburozi kugira ngo babashe gutsinda ikipe bari bahanganye kandi atarabyemeraga.

 Ati “Ikintu cya mbere cyamvanye mu makipe, nagiye gukina ahantu hitwaga mu Buyenzi mu ikipe yitwaga Ajax, noneho abantu bo mu Buyenzi bemeraga cyane ibintu by’uburozi. Barambwira ngo nywe uburozi ndabahakanira bati ‘kutabinywa kwawe, ugiye kudutsinda kandi ni wowe twari twiteze ibitego.”

Icyo gihe Masamba banze kumubanza mu kibuga ku bw’amahirwe make iyo kipe bari bahuye ibatsinda ibitego bitatu baza kumushyiramo nyuma by’amaburakindi abari we ubafasha kugombora ibyo bitego umukino urangira banganya.

Ati “Nabatsindiye ibitego bibiri ikindi ngitangamo penaliti ndibuka ko uwo munsi twanganyije ndababaza nti ‘ese bwa burozi bwanyu mwanyoye bigenze bite kugira ngo ntsinde? Kuva ubu ntabwo nzongera kugaruka muri aya makipe yanyu.”

Masamba yakuze akunda ruhago aza kuyireka kubera uburozi

Yari agiye kujya mu gipadiri yisubiraho

Masamba Intore yakuriye mu muryango usengera muri Kiliziya Gaturika, ndetse yakoze imirimo itandukanye nko kuririmba no kuba muryango b’Abasaveri. Mu muryango we kandi harimo abantu batandukanye bagiye kwiha Imana barimo nyirasenge ufite imyaka 96 ukiri mu kibikira.

Masamba nawe avuga ko mu busore bwe yari agiye kujya kuba umupadiri ariko nyuma akaza kwisubiraho ndetse uwo bari bagiye kujyana we yarakomeje ubu ni Padiri.

Ati “Nari ngiye kuba padiri. Mfite umupadiri uriho ubu witwa Birindabagabo ngira ngo ari i Butare twiganye kuva mu mashuri abanza tujyana mu yisumbuye hanyuma dufata icyemezo cy’uko tugiye kujya mu iseminari nkuru, ngeze aho ndabitekereza ‘ubu ngiye kuba padiri , gushaka ntabwo byemewe, kubyara ntibyemewe, kandi Bibiliya ikavuga iti ‘mugende mwororoke mwuzure Isi, ninjoro ndanyerera ntangira andi masomo atari iseminari wa wundi arakomeza.”

Masamba wari ufite umukobwa bakundanaga muri icyo gihe ngo iyo yamubwiraga ko agiye kwiha Imana byaramubabazaga cyane ku buryo yishimye bikomeye amaze kumva ko yisubiyeho.

Ati “Nari mfite umukobwa twakundanaga namubwira ko ngiye kujya mu iseminari akumva ibyo mubwira ari nko kumucira umugani ariko aho maze kumubwirira ngo sinkigiye, yagiye mu birere araryoherwa.”

Yaretse kuba padiri yiyegurira umuziki

Igisobanuro cya Rwagihuta

Mu ndirimbo zirenga 100 Masamba yanditse harimo izo avuga ko ari iz’amateka zirimo “Kanjogera”, “Ari Hehe?” “Dushengurukanye Isheja” n’izindi nyinshi.

Muri izi ndirimbo zose harimo iyitwa “Rwagihuta” yakunzwe na benshi ariko nyuma haza kwaduka ibihuha by’abavugaga ko uyu muhanzi yazimije ashaka kuririmba igitsina cy’umugabo.

Masamba yavuze ko ibyo abantu bavuze ku ndirimbo ye yabyumvise ariko ko ntaho bihuriye n’ukuri kw’ibyo we yashakaga kuvuga. Igitekerezo cy’iyi ndirimbo yavuze ko cyaturutse ku mugabo wakoreraga Umuryango w’Abibumbye mu Burundi wamutwaye umukunzi we amushukishije amafaranga.

Ati “Kera i Bujumbura tukiri abasore dukunzwe abakobwa badukunda ariko nta mafaranga ufite, twari abakene twari impunzi. Hari abanyamahanga benshi bakora muri ONU. Nari mfite umukobwa mwiza twari tumaze igihe dukundana haza umunya-cameroon aramutereta aremera kuko yari afite amafaranga.”

Umunsi umwe ubwo yari yasohokanye n’abandi basore, uwo mugabo na wa mukobwa yatwaye Masamba barahabasanze, yongera kwibuka ibihe byiza yagiranye n’uwari umukunzi we ahita atangira guhimba iyo ndirimbo.

Ati “Yinjiye umutima wakunze ugera aho uribuka, ka kantu ko kumukunda kaba karaje kandi nari narabiretse yambwiye ko afite umuterankunga ndahaguruka nsohoka hanze ntangira guhimba.”

Masamba yagereranyije uwo mugabo n’igisimba ngo kuko yari munini kandi yirabura cyane. Yaririmbye ko ari ‘igisimba cyiza kitaryana’ kuko yaje akabasanga aho bari akabasengerera.

Aho avuga ngo ‘cyegere ugikorakore, ukigushe neza’ ngo ni amarenga yaciraga uwo mukobwa amusaba kwita kuri uwo mugabo, kuko yari yabonye ari umuntu mwiza.

Nyuma yo guhimba iyo ndirimbo Masamba yagarutse aho bari kunywera, arayiririmba umukobwa amenya ibyo yashakaga kuvuga ararira cyane ariko uwo mugabo agira ngo ni amarangamutima asanzwe.

Urupfu rwa Sentore ntajya abasha kurwakira

Masamba iyo avuga ku bintu byamubabaje mu buzima bwe, ku mwanya wa mbere ahashyira urupfu rw’umubyeyi we Sentore Athanase witabye Imana mu 2012, kuri we ngo yagiye hakiri kare kuko yari afite byinshi akimukeneyeho.

Ati “Icyambaje ni urupfu rwa data, ni ikintu cyambabaje cyane kuko yakoraga siporo, yari umuhanzi cyane, yari afite byinshi agomba kunyigisha ariko agenda kare. Ntabwo ngera aho nakira urupfu rwe.”

Masamba avuga ko icyo azahora yibukira ku mubyeyi we ari umurage w’indirimbo yamusigiye, n’amagambo akomeye yasize umubwiye.

 Ati “Yambwiye ibintu byinshi. Icya mbere yandaze indirimbo ze afite nka 200 ambwira ko bizamushimisha ntatandukiriye injyana ya gakondo, ambwira ubuzima yabayemo i bwami arambwira ati ‘mwana wanjye nunahakwa ntuzahakwe na rubanda rusanzwe, nahatswe i bwami nawe uzahakwe hejuru ndabikuraze.”

Masamba avuga ko umunsi aramukanya na Perezida Kagame, yahise abona ifoto ya se aramukanya n’umwami Mutara III Rudahigwa bimwibutsa umurage wa se.


Sentore Athanase niwe watoje Masamba ubutore

REBA IKIGANIRO CYOSE TWAGIRANYE NA MASAMBA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Jules4 years ago
    Mubyukuri ndumva kuri rwagihuta ibyo avuze bidasobanutse aratubeshe pe





Inyarwanda BACKGROUND