RFL
Kigali

APR FC yageze muri ¼ Niyonzima Olivier Sefu yibutsa aba Rayon ko nibahura atazajenjeka - VIDEO

Yanditswe na: Niyonkuru Eric
Taliki:9/07/2019 7:53
3


Kuri uyu wa Kabiri ikipe ya APR FC yatsinze Green Eagles yo muri Zambia igitego 1-0 mu mukino w’umunsi wa kabiri mu itsinda rya gatatu (C) ry’imikino ya CECAFA Kagame Cup 2019 riri kubera mu Rwanda.



Mu mikino ibiri APR FC imaze gukina ifite amanota atandatu, ibitego bibiri izigamye ndetse ikaba inayoboye itsinda rya gatatu (C). Nyuma y'umukino INYARWANDA TV yaganiriye na Niyonzima Olivier Sefu umwe mu bakinnyi bakiniye Rayon Sports FC.

Mu kiganiro kigufi Sefu yaduhaye yibukije aba Rayon ko nibahura atazajenjeka. Ati: "APR ni ikipe nziza batwakiriye neza ntakibazo twigeza tugira kuva twahagera niyompamvu ubona twisanze tukaba turi gukinaneza ndashimira abo twasanze kuko baratubaniye."

Tumubajije icyo azakora umunsi Rayon Sports yahuye na APR FC. Sefu yakomeje agira ati: "Niko kazi, ni cyo APR FC yanguriye ni ukuyifasha kugera kuri byinshi nimpura na Rayon Sports FC nzakora akazi kajye kuko niko banzaniye, ntabwo nzajyamo ngo njenjeke nzakina umupira nsanzwe nkina kugira ngo mpe ikipe yanjye intsinzi."

Sefu wabonye ikarita y'umuhondo mu muino wabahuje na Green Eagles

Djabel yatangaje ko n'ubwo umukino wabahuje na Green Eagle wabakomereye ndetse bagakora amakosa bizeye kuyakosora mu mikino itaha. Umutoza Mulisa mu kiganiro n'itangazamakuru yadutangarije ko n'ubwo bagifite ibibazo byo gutsinda, gusa abona ikipe ya APR imeze neza ndetse ku mukino wa nyuma ashobora gukora impinduka mu rwego rwo kugerageza abakinnyi bose.

Reba ikiganiro twagiranye na Sefu, Djabel n'umutoza Jimmy Mulisa







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • bikorimana jean d amour4 years ago
    apr fc izabikora ariko irabura umwataka ukora finishing
  • Ndayisenga4 years ago
    Rayon se yo ahhha reka tubihange amaso. Reyon ifite angahe se?
  • Nishimwe Dany4 years ago
    Turashimira ubuyobozi bwa APR ariko nubwo inyuma nohahati nibyo nakibaza bariguhuza ariko icyibazo gihari nuko lmbere namwataka dufite urangiza utsinda ubwo babyigeho barebe ibikwiye kuko batabikoze nubundi ibintu byazadukomerera pe bagera ibereyizamu bakigira abana nibamenye icyo gukora





Inyarwanda BACKGROUND