Iyi tariki ya 23 Werurwe 2019 ishobora kubera Abarundi amateka mez cyangwa ibabera umunsi mubi bazahora bibuka mu isi y’umupira w’amaguru bitewe n’ibiri buve mu mukino w’ishiraniro bafitanye na Gabon.
Ni umukino
wa nyuma w’itsinda rya gatatu (C), ugomba gukinwa mu masha macye ari mbere kuko
saa cyenda zuzuye ku masahaya Kigali na Bujumbura (15h00’) umusifuzi araba
ahushye mu ifirimbi ngo amashoti n’amacenga bihane umwanya.
Abaturage babyukiye ku murongo batanguranwa kwinjira kare
Ikipe y’igihugu
y’u Burundi irasabwa gutsinda umukino mu gihe byaba byanze ikanganya ikabona
inota rimwe imbere ya Gabon isabwa gutsinda kugira ngo ikomeze.
Bitewe n’imibare
ikomeye ku mpande zombie ariko bisa n’ibibarika ku ikipe y’igihugu y’u Burundi,
abafana bava imihanda yose bazindukiye mu nkengero z’ikibuga cya Prince Louis
Rwagasore kugira ngo bataza gucikwa n’uyu mukino.
Imirongo ni miremire cyane ku buryo kwinjira bikomeye
Ubwinshi bw’abifuza
kureba uyu mukino yaba ababarizwa i Burundi ndetse n’abavuye mu bihugu by’abaturanyi,
bwatumye amatike abura ku buryo abenshi baza kuwukurikirana uko abandi baraba
bawukurikiye kuri televizo mpuzamahanga zitandukanye aho abafite decoder Canal+
baza kureba kuri Canal + Sport 2.
Abarundi barshka kureba ikipe yabo ibona itike y'igikombe cya Afurika 2019
Amakuru ava
mu gihugu cy’u Burundi avuga ko ikipe ya Gabon irimo abasore nka Pierre Emerick
Aubameyang ukinira Arsenal bamaze iminsi baba muri Panurama Hotel imwe muri
hoteli eshatu zikomeye muri iki gihugu. Ikintu gisa naho gikomeye Gabon bakoze
nuko iyi hotel bayikodesheje yose kugira ngo bayibemo nta wundi muntu uhageze
aza kwaka serivisi.
Itike ya
macye y’uyumukino ni ibihumbi bitanu by’amafaranga y’u Burundi mu gihe itike ya
menshi ari ibihumbi 50 by’amarundi.
Muri iri
tsinda, Mali yamaze kubona itike y’igikombe cya Afurika cya 2019 kuko iyoboye
itsinda n’amanota 11 mu mikino itanu.Umukino wa nyuma mu itsinda inafitemo
amahirwe igomba gucakirana na South Sudan.
Abarundi ni
aba kabiri mu itsinda n’amanota icyenda (9) mu gihe Gabon ibari inyuma n’amanota
arindwi (7). Kugira ngo u Burundi bubone itike nuko bwatsinda cyangwa
bakanganya na Gabon isabwa gutsinda gusa.
TANGA IGITECYEREZO