RURA
Kigali

Isengesho nyina wa Valens Ndayisenga yamusengeye ngo yegukane Tour du Rwanda 2016

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:22/11/2016 6:26
5


Nyuma y’uko Valens Ndayisenga yegukanye Tour du Rwanda kuri iki cyumweru tariki 20 Ugushyingo 2016, uretse Abanyarwanda muri rusange babyinaga intsinzi mu gihugu cyose, ababyeyi be nabo bari mu byishimo bikomeye cyane cyane nyina uvuga ko yari yaramuragije Imana mu isengesho.



Kuri iki cyumweru ubwo irushanwa ryari rirangiye, ababyeyi ba Valens Ndayisenga baganiriye na Televiziyo y’u Rwanda bayitangariza ibyishimo bidasanzwe bari bafite nyuma y’aho umuhungu wabo yongeye kwegukana Tour du Rwanda nyuma y’iyo aheruka muri 2014.

Se umubyara yavuze ko bishimye cyane kuburyo atabasha gusobanura kuko kuri we asanga byari urugamba nk’izindi zose. Se yongeyeho ko yakunze gufasha no gushyigikira  umuhungu we mu rugendo rwe kuva atangiye gusiganwa ku magare, bityo ko yishimiye ibyo amaze kugeraho. Nyina umubyara we yavuze ko ashimira cyane Imana kuko yasubije isengesho yari yayigejejeho kuva Tour du Rwanda igitangira.

Ati “Twishimye, twanezerewe  rwose utanishimye nta nikindi wakora  ariko cyane cyane ndashimira Imana. Kuva bitangira, narayibwiye ngo umuheke mu mugongo, uzamwururutse umunsi  basoje, none irabikoze, ndishimye mbese.” Yunzemo ati “Iransubije rwose , icyubahiro ni icyayo kuko ibyo nayibwiye ntabwo yigeze intererana. Ibyo abana banjye bageraho ni ibyo Imana yikorera, ni imbaraga ibaha rwose. Na mushiki we nabonye atangiye. Turishimye cyane birenze urugero , uwareba mu mitima yacu yasanga ari ibyishimo birenze.”

Ababyeyi ba Valens Ndayisenga

Ababyeyi ba Valens Ndayisenga ku munsi w'isozwa rya Tour du Rwanda kuri iki cyumweru

Valens Ndayisenga ahoberana na se

Hoooobe muhungu wanjye, umpesheje ishema n'igihugu muri rusange

Aimable Bayingana, umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare na Minisitiri Uwacu Julienne

Aimable Bayingana, umuyobozi w’ishyirahamwe ry’umukino w’amagare na Minisitiri Uwacu Julienne baramukanya n'ababyeyi ba Valens Ndayisenga

Valens Ndayisenga hagati y'ababyeyi be

Valens Ndayisenga hagati y'ababyeyi be

Photo:Umuseke.rw






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mutesi8 years ago
    Proud of you son of Rwanda.N'ibitari ibi izabikora.
  • austin8 years ago
    icyonkundira abakinyi nkaba rwose usanga bararezwe barabonye indero ya kibyeyi. ninayompamvu babona nimigisha yakibyeyi. babyeyi akazi kanyu nugusengera abana mubasabira imigisha kuMANA UWITEKA Wababahaye. Nkuyumwana rwose urabonako yarezwe kandi arajwishinga nokuzamura ishema ryigihugu atari ubustari ashaka. Valens we imigisha yakibyeyi wayihaye niyigihugu wayihawe pe doreko numusaza HE yagufelicise, big up
  • MP SAVE HOUSE8 years ago
    VALENS URI UMUNTU WUMUGABO UHESHEJE IGIHUGU ISHEMA,UTUMYE ABABYEYI BASEKA ,ABANYARWANDA TURI MUKADIHO ,IMANA NAYO NATWE TURAYISHIMIYE TUTI WARAKOZE KUDUHESHA ISHEMA IWACU
  • Nsengumukiza etienne8 years ago
    Varesi yabikoze neza nabandi barebereho
  • benzo8 years ago
    varenc we big up kbx ur umuntu wumugabo kuko uhesheje agaciro ababyeyi bawe ndetse nigihugu mur rusange kbx abandi bakurebereho ....pe!!!!!!!!!.........valency oyeeee!!!!



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND