RFL
Kigali

Korali El Bethel ifite indirimbo 200 igiye kumurika alubumu ya mbere y’amashusho nyuma y'imyaka 20

Yanditswe na: Mupende Gedeon Ndayishimiye
Taliki:28/07/2016 18:22
1


Korali El Bethel nimwe mu makorali akorera umurimo w’ Imana ku mudugudu wa ADEPR Kacyiru, Paruwasi Kacyiru, Akarere ka Gasabo , Ururembo rw’ umujyi wa Kigali.Iyi korali ifite indirimbo 200, igeze kure imyiteguro yo kumurika alubumu ya mbere y’amashusho nyuma y’imyaka 20 imaze kuva ishinzwe.



Korali El Bethel yatangiye ivugabutumwa ari korali y’ ababyeyi ikora umurimo w’ Imana mu buryo  bw’ indirimbo ikaba yarashinzwe mu mwaka wa 1996 igizwe n’ ababyeyi umunani.

Korali El Bethel yatangiye umurimo w’ Imana  bakoresha akagoma mu guhimbaza Imana abakristo  barayikunda cyane bitewe n’ indirimbo zayo nziza ndetse n’ amavuta bari bafite kubera gusenga Imana. Hamwe no gusenga Imana, byatumye abakristo bashaka kuyinjiramo ari benshi ari abagabo, abasore n’ abakobwa.

Umugabo wa mbere yinjiye muri Korali El Bethel nyuma y’ imyaka ibiri akaba ari Nsanzurwimo Laurent, umusore wa mbere winjiyemo ni Sylvere Nsanzimana naho umukobwa wa mbere ni Ndangizi Donatila.

El bethel choir

Bamwe mu baririmbyi ba Korali El Bethel

Kugeza ubu korali El Bethel igizwe n’abaririmbyi barenga ijana (100) harimo n’ abayitangije bagera kuri  batanu bakiyirimo abagabo 23, abagore 33, abasore 22 n’ abakobwa 33 barimo n’ abanyeshuri, Muri  bo  abize kaminuza ndetse n’ abakiga bagera kuri 13, abangije amashuri yisumbuye ni 40 naho abarangije amashuri abanza bagera kuri 50.

Kubera ubuhamya bwiza bwa kigali El Bethel, hari abaririmbyi barobanuwe n’ itorero ubu umuyobozi wungirije w’inama nkuru ya ADEPR akaba ari  umuririmbyi  wa Korali El  Bethel. Iyi korali kandi ikaba yarabyaye  umukozi w’ Imana ariwe Pastor Nyandwi Jerome, Mwarimu Berchmas ndetse n’ abadiyakoni  batandatu.

El bethel choir

Korali El Bethel imaze kugera ku iterambere rishimishije mu miriririmbire, ibikoresho by’ ibaanze bya muzika, abacuranzi bahagije ikaba imaze  gukora  Album 3 z’ indirimbo  harimo album 2 z’amajwi na album imwe y’ amashusho igiye gushyirwa  ahagaragara mu minsi  iri imbere. Kugeza ubu iyi korali  ifite inzirimbo zigera  kuri 200, ikora kandi ibikorwa by’ urukundo byo gufasha  abatishoboye.

Nkuko Inyarwanda.com yabitangarijwe na HABYARIMANA PaulKorali umuyobozi wa korali El  Bethel, yavuze ko iyi korali ijya itanga imisanzu mu itorero rya ADEPR ikoreramo umurimo w’ Imana uko  riyisabye inkunga, imaze kandi gukorera ingendo z’ ivugabutumwa hirya no hino mu gihugu nubu ikaba ifite ubutumire bwinshi  butandukanye.

El Bethel choir igira gahunda y’ umwaka igenderaho na budget izakoresha  ikaba  ikunda  gusenga  Imana  aribyo biyigejeje aho  igeze  ubu. Mu  marushanwa  yateguwe  n’ ururembo  rw’ Umujyi  wa  Kigali  yatangiriye  mu  midugudu, korali  El  Bethel niyo yegukanye umwanya mbere ku mudugudu wa Kacyiru ndetse no muri Paroisse ya Kacyiru. Korali El  Bethel.

El bethel choir

Kubera ubuyobozi bwiza byatumye kuva mu mwaka wa 2015 urubyiruko rwinshi rw’ itorero rusaba  kuyiririmbamo hakaba harakiriwe urubyiruko rwinshi rwazanye impinduka igaragara mu miririmbire  ya  chorale.

Korali El Bethel kandi Imana yagiye iyigirira neza cyane cyane kubijyanye n’ imibereho y’ abariririmbyi Imana  ikaba yaragiye  ibateza  intambwe bakaba bakora imirimo itandukanye  ibafasha gutunga imiryango yabo ndetse no gutanga imisanzu basabwa na korali ndetse n’ Itorero. Turebye aho twavuye naho tugeze ubu ntacyo twashinja  Imana.     

Kugeza ubu korali El Bethel  ifite  abaterankunga bagera kuri mirongo itandatu ikaba imaze kuyoborwa  n’ aba  Perezida 6 harimo n’ aba mama babiri naho abaririmbyi bitabye Imana ni 3. Perezida wa mbere  wayoboye  korali El Bethel yitwa NYIRABACUMBITSI  Melanie  naho  Perezida uriho ubu ni HABYARIMANA Paul umaze imyaka icumi ayobora iyo korali.

El bethel choir

Kugeza ubu iyi korali igizwe n'urubyiruko ndetse n'abantu bakuze

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 7 years ago
    Imana ibashyigikire Babyeyi bacu turabakunda





Inyarwanda BACKGROUND