RFL
Kigali

Kumugara umubiri si ukumugara umutima, abafite ubumuga nabo bafite umutima kandi barakunda – Mutoni Assia avuga kuri filime GIRAMATA

Yanditswe na: Mutiganda wa Nkunda
Taliki:15/09/2015 11:26
5


Mu gihugu cy’u Rwanda kimwe n’ahandi henshi ku isi, abantu bafite ubumuga bakunze gufatwa nk’abanyantege ncye, abadakwiye ibyiza nk’abandi bantu bose, ndetse ahenshi ugasanga bahejejwe mu bikari kubera ikimwaro ku bo babana nabo cyo kubashyira ahagaragara.



Ibi nibyo byagarutsweho muri filime GIRAMATA, aho umukobwa Giramata uba ufite ubumuga bw'ingingo aza gukunda ndetse agakundwa n’umusore Jacques ariko imiryango yabo bombi ntibabivugeho rumwe aho umuryango w’umusore baba batifuza kugira umukazana ufite ubumuga naho umuryango w’umukobwa wo ukagira ipfunwe ryo kugira umukobwa ufite ubumuga.

Mutoni Assia wakinnye muri iyi filime ariwe Giramata, umukobwa uhora mu mbago kubera ikibazo cy’amaguru yamugaye, avuga ko kugira ubumuga ku mubiri atari ukubugira ku mutima, bityo akaba yemeza ko abafite ubumuga nabo bafite uburenganzira bwo gukunda dore ko ari nabwo butumwa batangaga muri iyi filime.

Mutoni Assia mu ishusho y'umukobwa ufite ubumuga bw'ingingo

Mu kiganiro n’umunyamakuru wa Inyarwanda.com, ubwo yamubazaga icyo yavuga ku gukina ari umukobwa ufite ubumuga bw'ingingo(atagenda) kandi ubusanzwe ari muzima, Assia yagize ati, “Njyewe ndi umukinnyi, mba ngomba gukina ahantu hose. Kuba rero narakinnye ntafite amaguru, ni ibintu byanshimishije kuko hari ubutumwa bukomeye nabashije gutanga.”

Giramata na nyina baba banakennye

Assia akomeza agira ati, “Iriya nkuru ubundi ivuga kuri Giramata, wari ufite ubumuga bwo kutagenda ariko afite urukundo. Twashatse kwereka abantu ko kuba umugaye ku mubiri utamugaye umutima, hari abamugaye bameze nk’uko nabikinnye kandi nabo bafite urukundo, bafite umutima, bafite uburenganzira bwo gukunda bagakundwa.”

Emmanuel Ndizeye akaba ariwe ukina ari Jacques akundana na Giramata

Antoinette Uwamahoro, niwe ukina ari nyina wa Jacques utifuza kubona umukazana ufite ubumuga

Nk’uko Apollinaire wayikoze abivuga, biteganyijwe ko iyi filime irimo abakinnyi hafi y’abari muri filime Intare y’ingore bose barimo Mutoni Assia wamenyekanye nka Rosine mu ntare y’ingore, Antoinette Uwamahoro wakinnye ari Intare y’ingore n’abandi, izagera ku isoko kuwa mbere w’icyumweru gitaha tariki 21 Nzeli, 2015.

REBA INCAMAKE ZA FILIME GIRAMATA






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Gusenga Yvonne Flr8 years ago
    Harabantu Baziko Ababana Nubumuga Nta Burenganzira Bwo Gukunda Bagira Bakumva Ko Bitanashoboka Ark Iyo Film Ibambwirire Kbs Asia Ndagukunda Cyane Urumukobwa Wintwari!!
  • Chris8 years ago
    Sinema Nyarwanda nibayinenga abayikoramo ntibakarakare kabisa. Igitekerezo ni inyamibwa pe, ariko se, uriya mukobwa usa n'uwo mu bisubizo, uwo mwise umubyeyi we nawe usa n'umufongisiyoneri, bihuriye he n'ubukene muvuga ko babayemo? wabihuza ute n'iriya nzu? Simvuze ko abakene tugomba gusa nabi, ariko intera iri hagati y'agaciro ka costume, setting na context ni nk'iri hagati y'isi n'ijuru! Uwo ari we wese utazi ibya sinema, yabona ko iki ari ikibazo kabisa.
  • Jp8 years ago
    Ese birashoboka ko mwababwira bakazahindura imvugo "kubana n'ubumuga" bakazakoresha "abafite ubumuga" ikindi imvugo uyu ni muzima undi afite ubumuga siyo. Bose ni bazima, ahubwo umwe afite ubumuga undi ntafite ubumuga. MURAKOZE
  • LĂ©once NININAHAZWE6 years ago
    Nukur mugiz neza abahor biyumvir ko uwufisubumug atokund ndabony birashobok.
  • Vanesa2 years ago
    Abafiteubumuganabonabanunkatwe kandibafite umutima ukunda ntitukabatererane natwenituzi uko ejo cg ejobundi tuzabatumeze abafiteubumuganabonabanunkatwe bihangane





Inyarwanda BACKGROUND