RFL
Kigali

Rubavu: Itsinda rya The Same ryahuye n'abakunzi baryo bemeranya kongera imbaraga mu mikorere ya buri munsi-AMAFOTO

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:23/04/2018 18:13
0


Kuri ubu bigoranye kumva ko hari umuhanzi mushya wazamukiye mu ntara akaba icyamamare ku isoko rya muzika yo ku rwego rw’igihugu. Bamwe mu bahanzi bamaze igihe bahanganye n’iki kibazo ni itsinda rya The Same.



Jay Luv na Jay Farry bagize iri tsinda rya The Same ni abasore bamaze imyaka myinshi mu rugamba rwo kureba uko bazamura muzika yabo ikava ku rwego rumwe ikajya ku rundi rwego, aha umuntu ntiyatinya kuvuga ko aba ari bamwe mu bahanzi b’ibyamamare mu karere ka Rubavu ariko bagikeneye gukora cyane kugira ngo barenge aka karere babashe no gusakaza ibihangano byabo mu tundi duce tw’igihugu ndetse bakavamo ibyamamare ku rwego rw’igihugu.

Imwe mu nzira aba bahanzi bagomba gucamo ni ukwifashisha inama, ibitekerezo n’inkunga y’abakunzi babo b’i Rubavu ari nayo yari impamvu nyamukuru y’inama aba bahanzi bakoranye n'abafana babo kuri iki cyumweru tariki 22 Mata 2018, aho aba bahanzi bahuye n'abakunzi babo mu karere ka Rubavu aho batuye banakorera muzika. Nyuma y’ibiganiro byimbitse aba bahanzi bijeje abakunzi babo ko bagiye kongera imbaraga mu mikorere yabo, abakunzi babo nabo babizeza ko bazagerageza kubaba hafi kandi bose bemeranya ko igikenewe cyane ari iterambere ry’itsinda rikamamara mu gihugu hose.

The Same

Jay Luv na Jay Farry bagize itsinda rya The Same

The Same

Jay Luv aganira n'abafana ba The Same

The SameThe SameThe SameThe SameThe SameItsinda rya The Same n'abafana baryo






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND