RFL
Kigali

Babou watangiye muzika afite imyaka 8, yashyize hanze indirimbo ye nshya –YUMVE

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:22/09/2017 18:34
4


Muri 2009 nibwo mu Rwanda hatangiye kumvikana impano y’umwana ukiri muto Babou, uyu wari ufite imyaka umunani yahise yinjira muri muzika nk’umuraperi ariko ukiri muto cyane. Icyo gihe yigaga mu mwaka wa kabiri w’amashuri abanza. Kuri ubu Babou uri mu mashuri yisumbuye yashyize hanze indirimbo ye nshya.



Uyu muraperi wabitangiye akiri umwana kuri ubu arakomeje aho yamaze gushyira hanze indirimbo ye nshya yise ‘Meze Fresh’. Nkuko twabitangarijwe n'umujyana we mubijyanye na muzika akaba na nyirarume "Jerome Paterson" yatubwiye ko iyi ndirimbo Babou ashyize hanze izaba iri no kuri Album ya gatatu ya Babou, ikiri mu mu mishinga.BabouBabou yashyize hanze indirimbo nshya

Uyu mugabo yongeyeho ko Babou, ubu yabaye umusore wujuje imyaka 16,  n'ijwi ryahindutse,  ati "impamvu atakigaragara ni uko, ubu ahuze cyane n'amashuri, aho ari kwiga kuri college  St Andre, mumwaka wa kane Math Physique Geo". Ibi bisobanuye ko Babou amaze imyaka umunani ari muri muzika nyarwanda.

UMVA HANO IYI NDIRIMBO NSHYA YA BABOU






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Ll6 years ago
    Incwi mama ka Babou disi karakuze! Birashimishije cyane! hahaha
  • Anody6 years ago
    Congz! bro
  • prince6 years ago
    mwana warakuze kweri nkuheruka camp kigali ukiri uruswende. anyway nice song
  • Bravo6 years ago
    Yoo disi warakuze babou!! Ndishimye cyane komereza aho Imana izabe hamwe nawe!!





Inyarwanda BACKGROUND