RFL
Kigali

Alikiba,Ice Prince, n’abandi bahanzi bataramiye urubyiruko batanga ubutumwa bw’amahoro

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:22/09/2015 9:56
5


Kuri uyu wa mbere tariki 21 Nzeli 2015 nibwo hizihijwe umunsi mpuzamahanga, ngarukamwaka w’Amahoro. Uyu munsi ukaba warizihirijwe mu Rwanda aho abahanzi bo mu Rwanda no muri Afrika bataramiye urubyiruko ndetse banatanga ubutumwa bw’amahoro.



Ni ibirori byatangiye ku isaha ya saa saba bibera kuri Petit Stade i Remera byitabirwa n’urubyiruko rutandukanye rwiganjemo abanyeshuri bo mu mashuri abanza n’ayisumbuye.  Ibi birori  byateguwe n’umuryango Peace One day ufatanyije na Coca Cola ndetse n’inzego za Leta harimo Minisiteri y’Urubyiruko na Minisiteri y’umuco na Siporo.  Knowless Butera niwe muhanzi wo mu Rwanda wabanje ku rubyiniro aririmba indirimbo 3:’Peke Yangu’, ‘Sweet Mutima’ na ‘Baramushaka’.

Innocent Balume ukoresha izina ry'ubuhanzi rya Innos B wo muri Repuburika iharanira Demukarasi ya Congo(RDC) niwe wakurikiyeho aririmba zimwe mu ndirimbo ze asoreza kuri’Pola’ ikunzwe cyane muri Congo. Urban Boys nabo bataramiye urubyiruko n’abanyacyubahiro bari aho baririmba zimwe mu ndirimbo  zabo zikunzwe nka  ‘Kiss Money’,’ Show me love’, ‘Tayali’, ‘Soroma nsorome’, ‘Yawe, basoreza kuri ‘Till I die’. Buri muhanzi wese wamaraga kuririmba yavugaga icyo atekereza ku munsi mpuzamahanga w'Amahoro ndetse akagira n'ubutumwa agenera abari bateraniye aho. Umunyarwenya akaba n'umunyamakuru Nkusi Arthur niwe wari ubiyoboye nk'umushyushyarugamba.

Abitabiriye

Urubyiruko rwari rwitabiriye ku bwinshi uyu munsi

Mani Martin na Teta

Mani Martin na Diana Teta nabo bari baje kwifatanya n'urundi rubyiruko

Knowless

Knowless atanga ubutumwa bw'amahoro . Nkusi Arthur wari uyoboye iki gitaramo yari amubajije icyo atekereza ku munsi wo kwizihiza amahoro

Abafana ba Knowless

Nyuma yo kumushyigikira agatwara Guma Guma, abafana ba Knowless bari baje no kumufanira no  muri Petit Stade

Innos B

Innos B aririmba indirimbo ye ikunzwe yise'Pola'

Urban Boys

Urban Boys bashimishije cyane urubyiruko rwari ruteraniye i Remera kuri Peti Stade

Nsengimana Philbert

Minisitiri w'urubyiruko n'ikoranabuhanga, Jean Philbert Nsengimana na we yatanze ubutumwa bugendanye n'uyu munsi

Uhagarariye UN

Uhagarariye umuryango w'Abibumbye, Lamin M. Manneh ageza ijambo kubari bitabiriye umunsi wo kwizihiza amahoro

Abahanzi

Ali Kiba na bagenzi be baririmba indirimbo'One' bahimbiye uyu munsi

Jeremy Gilley

Jeremy Gilley washinze umushinga Peace One day yashimiye ababafashij bose kugira ngo babashe gutegura umunsi wo kwizihiza amahoro

Abahanzi bakomeye muri Afrika nibo basoje iki gitaramo baririmba indirimbo bakoreye hamwe bise’One’ itunganyirizwa muri Studio y'uruganda rwa  Cola cola. Abahanzi Ice Prince  wo muri Nigeria, Ali Kiba wo muri Tanzaniya, Dama Do Bling ukomoka muri Mozambique, Maurice Kirya wo muri Ugandandetse na  Wangechi wo muri Kenya nibo bahurije hamwe bafatanya kuririmba indirimbo’One’. Ahagana ku isaha ya saa kumi n'igice nibwo ibi birori byasojwe.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • unknown8 years ago
    ego knowles we nzaba mbarirwa
  • hhahaha8 years ago
    rebasha style kabebe aba yakubisemo hahahahaha ejo yararirimbaga nkumva isoni hahah narumiwe. nshimye cyane alkiba ukuntu yaturtohereje nuwa mbere kabisa. urbon boys mwe mwazanye ababyinnyi biraryoha
  • Andrew8 years ago
    Sh Knowles mujy mumushila kubyapa byubwiza apana kwitwa umuhanziii reba ukuntu byonyine yambay yararibye tugila isoni big up urban boys nimwe dufite cyokoza
  • Nina8 years ago
    Ahubwo kabebe arazirako atiyambika ubusa None mwashakaga ko ashyira amaberehanze namabuno umucyo kwanza ibindi nyuma
  • cyiza8 years ago
    Ark abanyamakuru kuvyi badaha abazni nyarwanda agaciro muri abo bahanzi bakoze iyo ndirimbo ntanumwe wo kurwego rwa africa usubye ice prince naho abandi bangana na urban boys, ko muha abahanzi bo hanze agaciro ark abanyarqanda mugakomeza kubashyira hasi





Inyarwanda BACKGROUND