RFL
Kigali

Ni iki cyavuye mu nama yahuje abayobozi b’ibigo: Facebook, Google, Apple na Amazon aho bibazaga niba Ubushinwa bubiba?

Yanditswe na: Eric Misigaro
Taliki:31/07/2020 10:03
0


Kuri uyu wa Gatatu ni bwo abayobozi b'ibigo bikomeye by’ikoranabuhanga ku Isi bahurijwe hamwe bagaruka ku kibazo cy’uko u Bushinwa bushobora kuba busahura ibigo by’ikoranabuhanga byo muri Amerika. Gusa aba bayobozi bose babihakanye uretse Mark Zurckerberg uyobora Facebook ni we wabitsimbarayeho.



Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’u Bushinwa iyo bigeze ku bijyanye n’imikorere y’ikoranabuhanga ndetse n’ubukungu ku Isi ibi bihugu birebana ay'ingwe. Kuri uyu wa 29 Nyakanga bamwe mu bayobozi b'ibigo bikomeye cyane ku Isi mu ikoranabuhanga bari bahurijwe hamwe aho barimo kwiga bibazo bijyane n’ukwishyira ukizana kw'amakuru kuri murandasi.

Ubwo iyi nama yabaga haje kuza ikibazo gisa nk'icyahise kiba ingingo y’ishimiwe gusa ikomeye kuko yarebaga niba koko leta y’Ubushinwa yiba amabanga cyangwa imikorere y’ibigo by’ikoranabuhanga byo muri Amerika.

Iyi ngingo yibajijweho n’izi nzobere bakaba n’abakuru b'ibigo bikomeye yagiraga iti ”Utekerezako Leta y’Ubushinwa yiba ikoranabuhanga ibigo by’Amerika?”

Ababayozi b'ibigo by’ikoranabuhanga bikomeye bari bitabiriye iyi nama harimo bwana Tim Cook umuyobozi mukuru wa Apple, bwana Sundar Pichai umuyobozi mukuru wa Google, Jeff Bezos nyiri Amazon na Mark Zuckerberg nyiri Facebook.inc ibarizwamo Instagram, Facebook na WhatsApp. Iki kibazo cyagiye gisubizwa na buri wese cyari kibajijwe na Bwana Steube.

Dore amwe mu magambo aba bayobozi bagiye batangaza:


v  Tim Cook umuyobozi mukuru wa Apple ati” Ntabwo nakwemeza neza niba hari ikintu twigeze twibwa na leta y’Ubushinwa” Yunzemo agira ati ”Nta gihamya n'imwe nzi yaba yaratubayeho rwose”.

 

v  Bwana Jeff Bezos nyiri Amazo akaba ari nawe mukire uyu munsi wa mbere ku Isi we yatangaje ati ”Ku bijyanye n’iki kibazo numvise inzandiko nyinshi zibivuga gusa ntabyo nabonye n’amaso yanjye”.

 

v  Nyakubahwa Mark Zuckerberg nyiri Facebook.inc we kuri iki kibazo yakivuzeho muri aya magambo ”Ndatekereza hari inyandiko nyinshi zanditse neza ko leta y’Ubushinwa yiba ikoranabuhanga ry’ibigo byo muri Amerika”.

 

v  Sundar Pichai umuyobozi mukuru wa Google we ati ”Mu bijyane no kuba twaribwe na leta ntabwo nabihagararaho gusa igihari ni uko mu mwaka wa 2009 twigeze kugabwaho igitero cy’ikoranabuhanga gifite aho gihuriye n’Ubushinwa”.

 

Nyuma y'uko aba bagabo bagiye batanga ibitekerezo kuri iki kibazo cyari kibajijwe muri iyi nama yari yahuriwemo n’abahanga bakaba n’abatunzi dore ko bari mu bantu batunze amafaranga menshi muri iki gihugu cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika bagiye bagaragaza ko leta y’Ubushinwa nta makuru ibiba.

Gusa ku ruhande, rwa Facebook bwana Zuckerberg yahise yemeza iki kibazo ndetse yemye ariko uyu mugabo akunze guterana amagambo n’ikigo cy’ubukombe mu Bushinwa kimaze kuba umucyeba ukomeye kitwa Bytedance gikora ibikorwa nk’ibyo Facebook ikora kuko ni cyo gifite Tik Tok ndetse n’urubuga rwwa Wechat zijya gukora nk'uko Instagram, Facebook na WhatsApp bikora.


Mu minsi ishize ni bwo bwana Zuckerberg yatangaje ko ibi bigo biri kwigana ibikorwa byabo nubwo umuyobozi w’ikigo cya Tik Tok nawe aheruka gushinja iki kigo kumwiba udushya twinshi.

Gusa hagarutswe ku ihangana riri hagati y'Ubushinwa na Amerika ku bijyanye n’ikoranabuhanga ryazanwe n’ibigo byo muri Amerika. Mu minsi yashize ubwo Huawei yo mu Bushinwa yamaraga gushyira ku mugaragaro ikoranabuhanga rya murandasi y’icyiciro cya 5 (5G), iki kigo cyahise kigirirwa ishyari risa n'iridasobanutse. Icyakurikiyeho ni uko iki kigo Huawei cyahise gicibwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika ndetse na zimwe muri program cyakoreshaga za Google zahise zihagarara,  gusa ubu cyubatse izacyo.

Abasesenguzi bavuga ko ubushotoranyi buri hagati y’ibi bihugu, bushingiye ku bukungu ndetse ko kugira ngo bukemuke bigoye cyane.

Src: CNN 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND