Minisiteri y’Ubuzima mu gihugu cya Uganda yatangaje ko iri gushakisha umushoferi wapimwe bakamusangamo Coronavirus kugira ngo asubizwe iwabo muri Tanzania.
Muri iki gihe isi yugarijwe n’icyorezo cya Coronavirus
ibihugu bitandukanye birimo na Uganda byagiye bishyiraho ingamba zibifasha
kwirinda ikwirakwizwa rya kino cyorezo. Ibihugu byo mu karere k’Iburasirazuba (EAC)
ari naho Uganda ibarizwa, byemeranyijwe ko umuntu uwo ari we wese wo muri ibyo
bihugu uzapimwa agasanga yaranduye coronavirus ko azasubizwa iwabo kugira ngo
avurirweyo.
Kuri ubu igihugu cya Uganda kiratangaza ko kiri gushakisha
umugabo w'imyaka 34, wari usanzwe ari umushoferi w'amakamyo, winjiye ku butaka
bwa Uganda tariki ya 16 Mata 2020, akinjirira ku mupaka wa Mutukula avuye i Dares Salaam, kugira ngo asubizwe iwabo abe ari ho ajya kuvurirwa nk'uko ibihugu byo
muri aka karere byabyemeranyijwe.
Igihugu cya Uganda kikimara gutangaza aya makuru, byateje
impaka nyinshi zitandukanye ku mbuga nkoranyambaga, abantu benshi bibazaga
niba koko byari bikwiye ko asubizwa iwabo cyangwa ahubwo bakamufashe bakamuvurira
muri Uganda.
Minisitiri w’Ubuzima muri Uganda Ruth Jane Aceng yatangaje ko
buri munsi Uganda yakira abashoferi b'amakamyo bagera ku 3000 bava mu bihugu by'akarere
ka Afurika y'Uburasirazuba, ko rero Uganda nta bushobozi ifite bwo kuvura buri
wese ugaragaweho na kino cyorezo.
Ku munsi wejo, igihugu cya Uganda cyatangaje ko mu bashoferi
b’amakamyo bagera kuri 774 bafashwe ibipimo ku mipaka mbere y'uko binjira muri
Uganda, umwe gusa ari we basanzemo COVID-19 .
Kugeza ubu muri Uganda abantu bamaze kwandura COVID-19 bose hamwe ni 55, ariko nta n'umwe irahitana. Leta ya Uganda iheruka gutangaza ko iminsi yo kuguma mu rugo bayongereyeho iminsi 21, ndetse ko ingamba bafashe zigomba gukomeza gukurikizwa kugeza iyo minsi irangiye.
Izongamba zirimo, gufunga
insengero, gufunga amashuri ndetse no guhagarika ibikorwa ibyo ari byo byose
bihuriza abantu benshi icyarimwe hamwe n'uko abaturage bategetswe kuguma mungo
zabo.
Aba zakomeza akazi kabo nkuko bisanzwe nabakora kwa muganga, Abanyamakuru, abashinzwe
umutekano hamwe nabakora muri za Banki. Ni mu gihe ibinyabiziga byemerewe gukora
ari imodoka zitwara ibintu gusa ndetse n’indege zitwara imizigo.
Src: bbc.com
TANGA IGITECYEREZO