RFL
Kigali

Djorkaeff yahishuye ibanga abana b’Abanyarwanda bazagenderaho rizatuma bakinira PSG

Yanditswe na: SAFARI Garcon
Taliki:4/03/2020 11:55
0


Kuri uyu wa kabiri tariki 03 Werurwe 2020, nibwo umunyabigwi Youri Djorkaeff yahuye anagirana ikiganiro n’abana bari mu mashuri yigisha umupira w’amaguru mu Rwanda, aberurira ko bafite amahirwe menshi yo kuzavamo ba Neymar nab a Mbappe b’ejo hazaza, ariko bagomba kubiharanira, bagakina nk’ikipe kandi bakigirira icyizere.



Ku munsi wa nyuma w’uruzinduko Youri Djorkaeff watwaranye igikombe cy’Isi n’ikipe y’igihugu y’ubufaransa mu 1998, yagiriraga mu Rwanda , yahuye n’abana bakina umupira w’amaguru mu Rwanda maze abasangiza kuri byinshi bizabafasha mu kugera ku nzozi zabo, ikiganiro cyabereye muri Convention Center.

Mu gutangira ikiganiro n’abana bifuza kuzavamo abakinnyi b’ibihangange mu bihe biri imbere, yababajije niba harimo abifuza kuba nka Neymar cyangwa Klyan Mbappe bombi bakinira Paris Saint Germain, maze bose batera hejuru bati turifuza kuzagera ku rwego rwabo tukanabarenga.

Iki gisubizo cyanyuze cyane Youri Djorkaeff, maze ababwira ko kugira ngo bagere aho bifuza, icyambere  bagomba gukunda umupira w’amaguru, bagashira imbaraga zabo n’umutima mu mikinire yabo, bakigirira icyizere kandi bagakina nk’ikipe, ababwira ko nibabyubahiriza nta kabuza bazakina muri PSG kandi ari abakinnyi bakomeye ku Isi.

Yagize ati”Mufite ejo hazaza heza, nimwe muzasimbura ba Mbappe na Neymar, muzaba abakinnyi bakomeye mukine muri PSG, ariko ibi muzabigeraho ni mukunda umupira w’amaguru mbere ya byose, mukawushyiraho umutima n’imbaraga zanyu zose, gukinana nk’ikipe bizabageza kuri byinshi cyane, mugomba kwitwararika ikinyabupfura kandi mukigirira icyizere”.

Djorkaeff yongeyeho ko bizaba bishimishije kubona abanyarwanda barenze umwe bakina mu ikipe ya PSG. Yavuze ko nta kidashoboka badakwiye gutega amatwi ababaca intege ahubwo bakongera ibikorwa.

Djorkaeff yakomeje kuganira n’aba bana bifuza kuvamo abakinnyi bakomeye, bamubaza ibibazo by’amatsiko bibatera imbaraga n’icyizere cy’ejo hazaza, si aba bana gusa kuko n’itangazamakuru ryahawe rugari naryo ribaza byinshi Youri Djorkaeff, wasubije buri kimwe cyose yabajijwe.

Ikiganiro cyasojwe no gufata ifoto y’urwibutso n’iki gihangange mu mupira w’amaguru ku Isi.

Mu rwego rwo guteza imbere umupira w’amaguru mu Rwanda binyuze muri ubu bufatanye n’ikipe ya Paris Saint Germain, PSG irateganya gushing ishuri ryigisha umupira w’amaguru mu Rwanda rizaba riherereye mu karere ka Huye.

Youri Raffi Djorkaeff w’imyaka 51, Yakiniye amakipe arimo Grenoble, Strasbourg, Monaco, Paris Saint Germain, Inter Milan, Kaiserslauten, Bolton Wanderers, Blackburn Rovers na New York Red Bulls.

Yakiniye ikipe y’igihugu y’Ubufaransa atwarana nayo ibikombe bitatu bikomeye birimo igikombe cy’Isi mu 1998, igikombe cy’Uburayi mu 2000 ndetse na, FIFA Confederations Cup mu 2001.


Djorkaeff yasobanuriye abana inzira bazacamo kugira ngo bavemo abakinnyi bakomeye cyane


Hari icyizere ko mu myaka iri imbere umunyarwanda azakinira PSG


PSG igiye gushinga ishuri ry'igisha umupira w'amaguru mu Rwanda





TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND