Ministeri y'ubuzima muri kenya iravuga ko umunyeshuri w’umusore wari uherutse kuva mu Bushinwa akagera ku kibuga cy’indege i Nairobi afite umuriro ukabije baje gusanga nta coronavirus afite
Uyu munyeshuri akimara kugaragaraho umuriro ukabije Yahise ashyirwa mu kato atangira gukurikiranwa
akekwaho iyi ndwara.
Ibipimo byoherejwe muri Afurika y’epfo gusuzumwa,
ubu basanze iyi virus itari muri we.
Hagati aho kompanyi y’indege ya Kenya Airways
yatangaje ko kuva uyu munsi ihagaritse ingendo zayo zigana i Guangzhou mu
Bushinwa kugeza igihe kizatangazwa.
Iyi kompanyi yajyaga muri uyu mujyi wo mu Bushinwa
inshuro esheshatu mu cyumweru.
Virus ya Coronavirus kugeza ubu ntaho biremezwa ko
hari umurwayi bayisanzemo ku mugabane wa Afurika
Src: BBC
TANGA IGITECYEREZO