RFL
Kigali

Umugabo yapfuye nyuma y’umunsi umwe akoze ubukwe bw'akataraboneka

Yanditswe na: Liliane Kaliza
Taliki:16/12/2019 10:36
1


Ubukwe ni kimwe mu bimenyetso biranga ubumwe bw’abantu babiri bakundana ndetse baba biyemeje kuzabana akaramata, bakamarana ubuzima bwose basigaje mu isi, gusa hari ikintu kimwe kibasha gusenya uwo mubano ukarimbuka burundu.



Navar Herbet, umugabo ukiri muto w’imyaka 22 y’amavuko wari uzwi cyane mu mikino ya rugby yarwaye cancer yo mu bwonko, akimara kubimenya ahitamo kumara iminsi asigaje kubaho anezerewe n’inshuti n’umuryango we batuye muri Nouvelle-Zélande, aha yabanaga n’umugore we badasezeranye, aza kugira icyifuzo cy’uko basezerana ariko yari arembye cyane.


Mu mbaraga nke yari afite yabifashijwemo n’abari bamugaragiye baramurimbisha ajya mu birori bye n’umugore we Maia n’umwana umwe bari bafitanye, byari ibirori by’akataraboneka, ibyishimo bivanze n’amarira byari byose ku batashye ubu bukwe.


Nyuma y’umunsi umwe ubukwe burangiye, nibwo humvikanye inkuru y’incamugongo aho umugore yandikaga ibaruwa y’akababaro ku mbuga nkoranyambaga ati “Uyu munsi umutima wanjye uraremereye kandi ufite intimba, nabuze inshuti yanjye magara, umugabo wanjye, se w’umuhungu wanjye”.

Bakimara gukora ubukwe Umugore we yahise ashyira amashusho yabo ku mbuga nkoranyambaga, ibintu byanejeje benshi ariko baganzwa n’amarira kubera ukuntu umugabo yari arembye, aho benshi bemezaga ko bakundanaga by’ukuri.

Src: Le Journal de Montréal






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Bebe4 years ago
    Yooo irababaje disi





Inyarwanda BACKGROUND