RFL
Kigali

Ese intare ni umwami w’ishyamba koko? Menya ibintu bitangaje utari uzi kuri iyi nyamaswa itinyitse

Yanditswe na: Editor
Taliki:29/10/2019 16:29
1


Inyamaswa ifite ubukana ikaba ikunze guhabwa akabyiniro ko kuba umwami w’ishyamba. Iyi nyamaswa ifite udushya twinshi. Muri iyi nkuru tugiye kurebera hamwe imibereho y’intare ndetse n’udushya zikora utigeze umenya.



Intare benshi bazi nk’umwami w’ishyamba ni inyamaswa y’inkazi ikunda kuba ahantu hari umukenke, ikigereranyo kigaragaza ko iy’ingabo ipima ibiro 180 na ho iy’ingore ikagira ibiro 130. Intare yigeze kubaho ifite ibiro byinshi yari ifite ibiro 375. Iyi nyamaswa kandi ishobora kugendera ku mvuduko wa kilometero 81 mu  isaha imwe, urusaku rwayo igihe itontoma rushobora kumvikana ku birometero 8 uvuye aho iba iri. Intare y’ingabo biroroshye cyane kuyimenya kubera ubwoya bwinshi (Umugara) buzwi nka (manes) iba ifite ahagana ku ijosi, ndetse intare zifite ubu bwoya busa n’ubwijimye zikurura intare z’ingore cyane.

Intare zo muri Afrika zikunda kurya inyamaswa zisa naho ari ndende urugero ni nk’imparage, impongo n’izindi. Intare y’ingore ikenera kurya ibiro 5 by’inyama ku munsi na ho iy’ingabo ikarya ibiro 7 by’inyama cyangwa birenga ku munsi. Intare z’ingore nizo zifite umwihariko wo guhiga cyane ugereranyije n’iz’ingabo. Ikindi gitangaje ku ntare ni uko zikubye inshuro 6 umuntu ku kubasha kumenya ahari urumuri ari byo bituma bitazigora guhiga mu gihe cy’ijoro. 


Intare kandi zimara hagati y’amasaha 16 na 20 ziruhuka mu gihe cy’amanywa, kubera ko zigira imvubura z’ibyuya nke ni cyo gituma zibungabunga imbaraga zazo mu gihe cy’amanywa ziruhuka bihagije kugira ngo zize kubona imbaraga zihagije mu gihe cy’ijoro kuko ari bwo haba hari amafu. Intare y’ingabo igira uburebure bw’ubutambicye buri hagati ya centimetero 184 na 208 na ho  ku ngore ni hagati ya centimetero 160 na 184. Zikaba zitagira ubuzima buramba kubera ko zirya inyama cyane ari cyo kimwe no ku bantu, iyo bakunda kurya inyama cyane bituma basaza vuba.

Ukwezi kwa Kamena uyu mwaka ni bwo u Rwanda rwongeye kuzana intare muri Park y’Akagera iri ku buso bungana na kilometero kare 1,122,u Rwanda rukaba rwarazanye izigera kuri 7, muri rusange zikaba zarabaye 14.Abafite ubugenzuzi bw’iyi park mu nshingano,bagaragaje ko kuzana izi ntare byatumye abakerarugendo biyongera kuburyo bugaragara  ndetse n’amafaranga yinjiye avuye mu bukerarugendo bw’abasura izi ntare yiyongereye ku kigero kitari gisanzwe mbere, ibi bikazagira uruhare mu iterambere ry’igihugu.


Izi ntare bazizanye mu Rwanda babanje kuzikingira

Amafaranga ubukerarugendo bwinjije yavuye ku madorali ibihumbi 200,000 mu mwaka wa 2010 agera kuri miliyoni 2 z’amadorali mu mwaka 2018,aya akaba yaravuye  mu bakerarugendo ibihumbi 44,000 basuye iyi park mu mwaka wa 2018 aho 1/2 bari Abanyarwanda. Abaturage baturiye iyi park bo bakavuga ko byabanje kubatera impungenge bitewe n'uko mbere intare zononaga amatungo yabo, bakaba baribwiraga ko bagiye kongera guhura nizo ngorane.

Icyakora izo mpungenge zaje gushira bitewe nuko abashinzwe park y’Akagera bajyanye izi ntare ku birometero 120 uvuye aho abantu baba. Abaturage baturiye iyi park bavuga ko kuba izi ntare zaraje bizabongerera iterambere kubera ko ba mukerarugendo baziyongera bigatuma n’ubukungu bw’igihugu buzamuka bityo ibikorwa remezo nabyo bikiyongera muri ako gace.

Src: justfunfacts.com, lauriehedges.com, akageranationalpark.org

Umwanditsi:Ange Uwera






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • IRAGUHA3 years ago
    BA





Inyarwanda BACKGROUND