RFL
Kigali

Kampala: U Rwanda rwagize intangiriro mbi mu mikino ya Zone V-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:20/05/2019 13:25
0


Kuva kuwa 19 kuzageza kuwa 25 Gicurasi 2019, i Kampala muri Uganda hazakomeza kubera imikino mpuzamahanga y’umukino wa Volleyball y’abagore aho u Rwanda rwatangiye rutsindwa na Kenya amaseti 3-0 (25-10, 25-17 na 25-10).



Wari umukino wa mbere u Rwanda rwari rukinnye muri iri rushanwa, bahura na Kenya ikipe ikomeye muri Afurika mu bagore bakina Volleyball. Seti ebyiri muri 3-0 batsinzwe, Kenya yagezaga amanota 25 u Rwanda rutaragira amanota 15.

Seti ya mbere Kenya yatsinze amanota 25-10 iya kabiri iba amanota 25-17 mu gihe seti ya gatatu u Rwanda rwatsinzwe amanota 25 bagifite amanota icumi (10).


Ikipe y'igihugu y'u Rwanda iri i Kampala 

Umukino wa kabiri u Rwanda ruwufite ku mugoroba w’uyu wa Mbere tariki 20 Gicurasi 2019 aho bagomba gucakirana na Uganda yakiriye irushanwa, umukino washyizwe saa mbili z’umugoroba ku msaha ya Kampala biraba ari saa moya za Kigali (19h00’).

Kuri uyuwa Kabiri, u Rwanda ruzagaruka mu kibuga bakina na Ethiopia mu mukino wa gatatu ku Rwanda. Bazatangira saa kumi n’ebyiri z’umugoroba wa Kampala bityo i Kigali bikazaba ari saa kumi n’imwe (17h00’).


Ikipe y'igihugu ya Kenya yatsinze U Rwanda amaseti 3-0

Iyi mikino y’akarere ka Gatanu iri kubera i Kampala muri Uganda irimo ibihugu bitandatu aribyo; Uganda yakiriye irushanwa, Kenya, Rwanda, Egypt, Ethiopia na Tanzania.

Abakinnyi 12 Mudahinyuka Christophe ari kwitabaza:

Munezero Valentine, Dusabe Flavia, Euphrance Niyotumukesha , Ernestine Akimanizanye, Musaniwabo Hope, Benitha Mukandayisenga, Delphine Uwicyeza, Uwamahoro Beatrice, Igihozo Cyuzuzo Yvette, Nzayisenga Charlotte, Hakizimana Judith na Mukantambara Seraphine.


Ikipe ya Ethiopia 


Ikipe y'igihugu ya Uganda 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND