RFL
Kigali

Babouba Samson ashobora kuba ariwe rutahizamu Ruremesha ategereje muri Musanze FC

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:9/01/2019 13:51
0


Muri iyi minsi ikipe ya Musanze FC iri mu bibazo byo kubura amanota mu mikino imwe n’imwe isa naho yegeranye bitewe ahanini no kutagira ubwugarizi buhamye ndetse no kubura abakinnyi bakina imbere bashobora kubyaza amahirwe uburyo bw’ibitego biba bishoboka.



Ruremesha Emmanuel mu mikino iheruka ari kwifashisha Kikunda Musombwa Patrick bita Kaburuta nk’umukinnyi utahaza izamu nubwo asanzwe akina hagati mu kibuga ndetse no ku ruhande.

Ubwo Ruremesha Emmanuel yari amaze gutakaza umukino batsinzwemo na Rayon Sports ibitego 2-1, yavuze ko hari rutahizamu utegerejwe uzabafasha mu buryo bwo gushaka ibitego biba bishoboka ko babona mu mikino bakina kbakayitsindwa bitewe no kubura rutahizamu wizewe.

“IKibazo kitugoye ni abataha izamu. Abo dutegereje nibaza wenda bazadufasha gukosora Mu mikino yos kwishyura nitugira Imana tugagira abo twongeramo bizadufasha”. Ruremesha


Ruremesha Emmanuel umutoza mukuru wa Musanze FC ntabwo ari mu bihe byiza 

Amakuru ahari nuko ikipe ya Musanze FC yifuza cyane Baboua Samson Omoviare rutahizamu wa Sunrise FC kuri ubu ufite ibitego bitanu (5) muri shampiyona.

Aganira na INYARWANDA, Baboua Samson yavuze ko amakuru yuko Musanze FC imushaka ayumva gutyo nta muntu uramuvugisha yaba avuye cyangwa atumwe na Musanze FC ndetse ko bitapfa koroha kuko agifite amasezerano uy’umwaka umwe n’igice muri Sunrise FC.

“Ndibaza ko ari ibuhuha cyangwa se iyo kipe ikaba ibifite muri gahunda ariko itarabimbwira. Nta muntu wo muri Musanze FC twavuganye. Ndacyafite amasezerano y’amezi 18. Ubwo sinzi uko bizagenda”. Baboua Samson


Baboua Samson rutahizamu wa Sunrise FC wifuzwa na Musanze FC

Ese Musanze FC ihera he yiha icyizere cyo kwegukana Samson Baboua?

Mu Rwanda biragoye ko wakumva ikipe yaguze umukinnyi ibanje kwishyura amasezerano yari afite mu yindi kipe. Gusa umuntu acyumva ko Samson Baboua agifite amasezerano muri Sunrise FC, umuntu yahita yumva ko Musanze FC igihe kuba imwe mu makipe akoze ayo mateka ikaba yagura amasezerano kugira ngo itunge umukinnyi yifuza. Gusa siko bimeze.

Umwe mu bayobozi b’ikipe ya Musanze FC badafite uburenganzira bwo kugaragara mu itangazamakuru bavugira ikipe ariko uba mu buyobozi, yaganiriye na INYARWANDA avuga ko abayobozi ba Musanze FC bifuza Samson Baboua mu busatirizi bw’ikipe kandi bumva ko bizashoboka bitabaje itegeko rya FIFA rivuga ko umukinnyi umaze amezi atatu adahembwa yemerewe kujya mu yindi kipe.

Yagize ati“Iyo baganira wumva ahanini bavuga ko ngo kuba Sunrise FC yaramaze amezi ane idahemba abakinnyi bivuga ko yemerewe kuba yajya ahandi nk’uko itegeko rya FIFA ribiteganya”.


Ruremesha Emmanuel umutoza wa Musanze FC arashaka rutahizamu

Mu minsi ishize, Sunrise FC yahembye abakinnyi imishahara y’amezi abiri (2) muri ane (4) bari babarimo banababwira ko mu minsi ya vuba bazab ababonye andi mafaranga y’imishahara y’amezi abiri (2) yari asigaye.

Musanze FC yatangiye gahunda yo gusinyisha abakinnyi bashya kuko kuri uyu wa Kabiri tariki ya 8 Mutarama 2019 yasinyanye amasezerano na Nzarora Marcel ndetse na Munezero Fiston abakinnyi bombi batandukanye na Police FC mu Ukuboza 2018.


Baboua Samson afite ibitego bitanu muri shampiyona    






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND