RURA
Kigali

MISS RWANDA 2018: Irebe Natacha wavugiye I Kayonza ko inka zifite amaboko yongeye kugerageza amahirwe i Kigali nabwo biranga

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:28/01/2018 12:31
2


Ubwo irushanwa rya Miss Rwanda 2018 kuri ubu risa naho rigeze ahakomeye cyane ko buri ntara ifite abakobwa bayihagarariye, abakobwa 35 nibo babashije kugera mu cyiciro gikurikiyeho ahagiye gushakishwa 20 bazajya mu mwiherero uzatanga umukobwa uzegukana ikamba rya Miss Rwanda 2018.



Ubwo abategura iri rushanwa bajyaga i Kayonza gushakisha abakobwa bazahagararira intara y’Iburasirazuba mu irushanwa rya Miss Rwanda 2018 umwe mu bakobwa bahiyamamarije witwa Irebe Natacha yavuze ko iwabo ari Iburasirazuba i Buganza iwabo w’Igaju n’Inyambo. Akivuga gutya byateye abari bagize akanama nkemurampaka gusobanura no gutandukanya ibyo yari amaze kuvuga.

Miss Rwanda 2018Irebe Natacha ubwo yari Iburasirazuba

Ashaka gutandukanya Igaju n’inyambo Irebe Natacha yagize ati: “Inyambo ni za nka zimwe zifite amaboko…” Akimara kuvuga gutya abagize akanama nkemurampaka bamwibukije ko ari amahembe nawe yungamo avuga ko ari amahembe. Irebe Natacha yakomeje kubazwa n’abagize akanama nkemurampaka ari nako asubiza icyakora ntiyagira amahirwe yo kubona itike ituma ahagararira Intara y’Iburasirazuba cyane ko ataje muri batandatu batowe. 

Nyuma y’icyumweru kimwe gusa uyu mukobwa wari wavanywe mu bahagarariye intara y’Iburasirazuba yagarutse kugerageza amahirwe mu bagombaga guhagararira umujyi wa Kigali, akinjira uyu mukobwa yahise asabwa nabagize akanama nkemurampaka noneho gutandukanya za nka yavuze i Kayonza. Uyu mukobwa wumva ko yihuguye yahise azitandukanya bitamugoye ubundi abajijwe impamvu yahisemo kugaruka mu irushanwa avuga ko yagombaga kugaragaza ko ataciwe integer nibyamubayeho kandi ko yumva yifitiye icyizere naho ku bijyanye n’amashusgho yakwirakwijwe avuga ko inka zigira amaboko we yavuze ko yibeshye kandi ntamuntu utakwibeshya.

Miss Rwanda 2018Irebe Natacha yari yagarutse kugerageza amahirwe i Kigali

Icyakora nubwo yari yaje kugerageza amahirwe mu bazahagararira umujyi wa Kigali ntabwo amahirwe yigeze amusekera cyane ko atigeze atoranywa ngo ajye muri barindwi bagomba guhagararira umujyi wa Kigali muri iri rushanwa.

REBA UBWO IREBE NATACHA YAVUGAGA KO INYAMBO ARI INKA ZIFITE AMABOKO






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mapozi7 years ago
    Ariko ndumva ataraciye inka amabere kuko si Imana kwibeshya ntawe utibeshya buri human being aho ava akagera bimwe mubimugize nukwibeshya niyo uri murukiko bakubaza ikintu ukavuga ikitaricyo ukabwira umucamanzako wibeshye akubwirako ntakibazo igihe uhise wikosora
  • Iyakaremye Ezekiel7 years ago
    miss rwanda turayishyigikiye



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND