Kigali

Amavubi yageze i Kanombe yanga kujya mu modoka nini isanzwe ibatwara bahitamo gutega Taxi-voitures-VIDEO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:26/01/2018 19:17
2


Mu busanzwe gahunda z’ikipe y’igihugu cyane mu bijyanye n’ingendo bakora imbere mu gihugu bitabaza imodoka ya kompanyi ya Volcano Express haba mu myitozo ndetse no ku mikino bakinira i Kigali. Iyo bavuye cyangwa bajya hanze y’u Rwanda bakoresha iyi modoka nini, gusa uyu munsi byabaye nkaho bihinduka.



Ubwo ikipe y’igihugu Amavubi yari ivuye muri Maroc mu mikino ya CHAN 2018, ku kibuga cy’indege mpuzamahanga cya Kigali kiri mu murenge wa Kanombe hari haparitse bisi (Bus) nini ya Volcano Express isanzwe itwara Amavubi. Gusa abakinnyi n’abandi basanzwe bayitabaza ntabwo bifuje kuyijyamo kuko bahise batega imodoka nto (Taxi-voitures) z’ikibuga cy’indege abandi bakagenda mu mudoka zabo.

Imodoka itwara Amavubi yatashye nyuma banze kuyijamo

Imodoka itwara Amavubi yatashye nyuma banze kuyijyamo

Umushoferi wari waje gutwara aba bakinnyi azanye imodoka nini ya Volcano Express yabonye ibiri kuba abona ko bitaza kumworohera ahita ayikata asubira aho yari avuye kuko mu kibuga abafite aho bari bahuriye n’Amavubi yari muri CHAN 2018 bari bamaze kugenda bose.

 Itsinda ry'abafana ba APR FC bibumbiye mu cyitwa "Online Fan Fan Club" nibo batumye umubare w'abakiriye Amavubi wiyongeraho gato

Itsinda ry'abafana ba APR FC bibumbiye mu cyitwa "Online Fan Fan Club" ni bo batumye umubare w'abakiriye Amavubi wiyongeraho gato

Abakinnyi bateze imodoka nto ziba zikoreshwa n'ikibuga cy'indege

Abakinnyi bateze imodoka nto ziba zikoreshwa n'ikibuga cy'indege

Nshuti Domique Savio yakiriwe n'abafana ba APR FC

Nshuti Domique Savio yakiriwe n'abafana ba APR FC

Nshuti Domique Savio yakiriwe n'abafana ba APR FC

Eric Rutanga Alba  agana ku modoka nto (Taxi Voiture)

Eric Rutanga Alba agana ku modoka nto (Taxi Voiture)

Nshimiyimana Imran agera asohoka

Nshimiyimana Imran agera asohoka

Hakizimana Muhadjili aganira n'abari baje kumwakira

Hakizimana Muhadjili aganira n'abari baje kumwakira 

Ndayishimiye Celestin

Ndayishimiye Celestin umwe mu bakinnyi batakinnye umukino wo mu matsinda 

Patrick Habarugira wa RBA yogezaga imikino y'Amavubi

Patrick Habarugira wa RBA yogezaga imikino y'Amavubi

Nshuti Innocent yabanje kuganira n'abafana mbere yo kwinjira mu modoka

Nshuti Innocent yabanje kuganira n'abafana mbere yo kwinjira mu modoka

KANDA HANO UREBE UNAREBE AMAVUBI AGERA I KANOMBE N'IKIGANIRO TWAGIRANYE NA MANZI THIERRY NA BUGINGO EMMANUEL AHAKANA KO ANTOINE HEY ATASEZEYE

AMAFOTO: Mihigo Saddam

VIDEO: Niyonkuru Eric






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Dsp7 years ago
    Izo ni noti zacu zikodesha iyo Bus. Babakate prime bishyure iyo bus
  • Jimmy7 years ago
    babyangiy ubusa. nne se ko ataribo rwose!! birashika umuntu nyine akabur intsinzi man.



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND