RFL
Kigali

Police FC bakoze imyitozo ya nyuma bitegura Etincelles FC, Seninga avuga ikipe azakukirikizaho-AMAFOTO

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:9/01/2018 15:08
0


Ikipe ya Police FC yakoze imyitozo ya nyuma mbere yo guhura na Etincelles FC mu mukino wa gishuti muri gahunda kurwanya ibiyobyabwenge. Umukino urakinwa kuri uyu wa Gatatu tariki ya 10 Mutarama 2018 kuri sitade Umuganda saa saba z’amanywa (13h00’).



Seninga Innocent umutoza mukuru wa Police FC avuga ko ari umukino uzamufasha gukomeza umwuka wa shampiyona ndetse no kwItegura imikino y’irushanwa ry’intwali 2018. Gusa Seninga anavuga ko nyuma ya Etincelles FC ashobora gukina na FC Musanze.

“Ni umukino uzadufasha kwitegura shampiyona. Nta nubwo ari na shampiyona gusa kuko twe turi no gutegura irushanwa ry’intwali. Ni ukuvuga ko rero umukino tuzakina na Etincelles FC, ni umukino uzadufasha kwitegura kuko burya imyitozo ntabwo iba ihagije. Turabiteganya kuko dushobora gukina undi mukino wa gishuti n’ikipe ya Musanze kuko turi mu biganiro”. Seninga Innocent

Seninga avuga ko umukino wa Police FC na Musanze FC wazakinwa mbere gato ko hatangira imikino y’irushanwa ry’intwali 2018 rizatangira kuva kuwa 23 Mutarama 2018.

Ndayishimiye Antoine Dominique na Nzabanita David ntabwo barangije imyitozo kuko bagize ibibazo ku birenge byabo by’iburyo. Seninga avuga ko abaganga bamubwiye ko bidakomeye ku buryo bari buze kubitaho ku buryo kuri uyu wa Gatatu bagaragara mu kibuga bahatana na Etincelles FC yabatsinze ibitego 3-1 ku munsi wa mbere wa shampiyona y’umwaka w’imikino 2017-2018.

“Dominique yagize ikibazo cy’akagombangori. Siwe gusa kuko na Saibadi (Nzabanita David) niko byagenze. Gusa nkurikije ibyo nabwiwe n’abaganga ntabwo bikomeye cyane ku buryo bari bubakurikirane ku buryo bashobora kuzaba bakina mu mukino tuzahuramo na Etincelles FC”. Seninga Innocent

Ku kibazo cya Iradukunda Jean Bertrand umaze igihe adakina bitewe n’ikibazo afite mu mavi, Seninga yavuze ko yahawe urupapuro (MedicalTransfer) imujyana mu bitaro byitiriwe umwami Faisal bitewe nuko ahandi yajyagayo bakamubwira ko nta kibazo afite. Ubu igitegerejwe ngo nuko yaca mu cyuma noneho mu mpera z’iki Cyumweru hakamenyekana ikizakurikira.

Kuri ishimwe Issa Zappy myugariro ukina inyuma ku ruhande rw’iburyo, ntabwo yakoze imyitozo kuko afite ikibazo mu kiziba cy’inda (Bas Ventre) bityo akaba akitabwaho n’abaganga. Undi mukinnyi utazakina uyu mukino ni Neza Anderson ufite ibikomere ku kaboko nyuma y’impanuka yagize. Mpozembizi Mohammed nawe aracyashidikanya ku kuba yakina kuko avuga ko atarakira neza ku buryo yakina umukino nubwo akora imyitozo.

Nizeyimana Mirafa atera umuserereko Nzabanita David

Nizeyimana Mirafa atera umuserereko Nzabanita David

Umuganga yahise amujyana hanze kuko yagize ikibazo

Umuganga yahise amujyana hanze kuko yagize ikibazo

Yahise yisunga Neza Anderson nawe urwaye akaboko yatewe n'impanuka

Yahise yisunga Neza Anderson (Iburyo) nawe urwaye akaboko yatewe n'impanuka

Muzerwa Amin agana hasi asunitswe na Muhinda Bryan

Muzerwa Amin agana hasi asunitswe na Muhinda Bryan 

Niyigaba Ibrahim azamukana umupira

Niyigaba Ibrahim azamukana umupira 

Nizeyimana Mirafa hagati mu kibuga

Nizeyimana Mirafa hagati mu kibuga 

Niyonzima Jean Paul bita Robinho ku mupira

Niyonzima Jean Paul bita Robinho ku mupira 

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira

Ndayishimiye Antoine Dominique ku mupira

Nzabanita David wavuye muri Bugesera FC  yaje kongera kugaruka mu kibuga

Nzabanita David wavuye muri Bugesera FC  yaje kongera kugaruka mu kibuga

Nzabanita David yihambira kuri Nizeyimana Mirafa

Nzabanita David yihambira kuri Nizeyimana Mirafa 

Eric Ngendahimana ukina hagati mu kibuga akurikiwe na Habimana Hussein

Eric Ngendahimana ukina hagati mu kibuga akurikiwe na Habimana Hussein

Songa Isaie yagarutse mu kibuga

Songa Isaie yagarutse mu kibuga 

Seninga Innocent  umutoza mukuru wa Police FC areba uko abakinnyi bahagaze

Seninga Innocent  umutoza mukuru wa Police FC areba uko abakinnyi bahagaze

Eric Ngendahimana ukina hagati mu kibuga  acenga bagenzi be

Eric Ngendahimana ukina hagati mu kibuga  acenga bagenzi be

Bwanakweli Emmanuel umunyezamu wa kabiri muri Police FC niwe ushobora kubanzamo bakina na Etincelles FC

Bwanakweli Emmanuel umunyezamu wa kabiri muri Police FC

Bwanakweli Emmanuel umunyezamu wa kabiri muri Police FC niwe ushobora kubanzamo bakina na Etincelles FC

Habimana Hussein Eto'o (Ibumoso) na Patrick Umwungeri (Iburyo) ba myugariro ba POlice FC

Habimana Hussein Eto'o (Ibumoso) na Patrick Umwungeri (Iburyo) ba myugariro ba Police FC

Bisengimana Justin (iburyo) umutoza wungirije muri Police FC na Seninga Innocent (ibumoso) umutoza mukuru

Bisengimana Justin (iburyo) umutoza wungirije muri Police FC na Seninga Innocent (ibumoso) umutoza mukuru

 Abatoza baganira uko babonye abakinnyi

Abatoza baganira uko babonye abakinnyi  banahitamo abazitabazwa kwa Ruremesha Emmanuel

Ishimwe Issa Zappy (wambaye umweru) ntiyakoze imyitozo kuko arwaye

Ishimwe Issa Zappy (wambaye umweru) ntiyakoze imyitozo kuko arwaye

Ndayishimiye Antoine Dominique ntiyarangije imyitozo

Ndayishimiye Antoine Dominique ntiyarangije imyitozo

Abakinnyi baganirijwe bihagije kuri gahunda izaba ibajyanye i Gisenyi

Abakinnyi baganirijwe bihagije kuri gahunda izaba ibajyanye i Gisenyi

Imyitozo irangiye

Imyitozo irangiye

AMAFOTO: Saddam MIHIGO (Inyarwanda.com)






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND