Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 30 Gicurasi 2017 ni bwo ikipe ya APR FC yatsindwaga na Kiyovu Sport ibitego 3-2 mu mukino wa gishuti waberaga ku kibuga cya Mumena.
Ibitego bya Kiyovu Sport yari mu rugo, byatsinzwe na Ibrahim Koulibary ku munota wa 35’, Bigirimana Blaise (72’) na Issac Muganza ku munota wa 85’. Ibitego bya APR FC byatsinzwe na Nininahazwe Fabrice ku munota wa 13’ (penaliti) naho igitego cya kabiri cyatsinzwe na Nshuti Innocent ku munota wa 60’.
Jimmy Mulisa umutoza w’ikipe ya APR FC yari yakoresheje abakinnyi basanzwe batabona umwanya wo gukina agira ngo arebe uko barangije umwaka w’imikino bahagaze mu gihe Mutarambirwa Djabil uri gutoza Kiyovu Sport wabonaga yagiye avanga abakinnyi basanzwe bakina n’abasimbura.
Abakinnyi ba APR FC babanje mu kibuga barimo; Ntaribi Steven (GK), Usengimana Faustin, Mwiseneza Djamal, Sibomana Patrick Pappy, Nininahazwe Fabrice, Ngabonziza Albert, Habyarimana Innocent, Nshuti Innocent, Sekamana Maxime, Rutanga Eric na Benedata Janvier.
Nyuma y’uyu mukino, abafana ba Kiyovu Sport bafashe umwanya bajya muri koruneri batabururamo ibyo bita amarozi (Bigaragarira amaso). Ibyo bataburuye muri iyi koruneri byarimo agacupa gafite ibara ry’umuhondo n’umufuniko w’ibara ry’umutuku. Nyuma baje gupfundura basangamo igi ry’inkoko.
Abafana bashungereye muri koruneri nyuma y'umukino
Bacukuye munsi ya tapi bakuramo icupa
Bafunguye basangamo igi
Twizerimana Onesme (ibumoso) ntiyari mu bakinnyi Jimmy Mulisa yari akeneye
Masud Djuma umutoza mukuru wa Rayon Sports agera ku Mumena
Ajya gushaka umwanya wakwicaramo
Masud Djuma yahise yiyicarira aha
Mbogo Ali (Ubanza iburyo) myugariro wa Espoir FC yari yarambije ku Mumena areba umukino
Mu myanya y'icyubahiro
Mu bitego bitatu APR FC yatsinzwe bibiri muri byo byinjijwe mu izamu harimo Emery Mvuyekure
Usengimana Faustin wa APR FC yari yabanje mu kibuga anakina iminota 90'
Mwiseneza Djamal yahawe ikarita y'umuhondo azira gutega Bigirimana Blaise
Abakinnyi ba Kiyovu Sport bishimira igitego
Bigirimana Blaise akina asanga Usengimana Faustin
Sibomana Patrick yitwaye neza mu gice cya mbere
TANGA IGITECYEREZO