Kigali

Golden State Warriors yaguze Jimmy Butler amakipe yo muri NBA arakangarana

Yanditswe na: ISHIMWE Walter
Taliki:6/02/2025 10:52
0


Ikipe ya Golden State Warriors yakoze impinduka zikomeye mu mpera z’isoko ryo kugura abakinnyi, isinyisha Jimmy Butler, umwe mu bakinnyi b’inkingi za mwamba bari bari muri Miami Heat.



Kugura Jimmyy Bulter ku ikipe ya Golden State Warriors, ni ukuzamura urwego rw’imikinire, cyane ko batari bitwaye neza muri uyu mwaka wa shampiyona.

Nk’uko byatangajwe n’umunyamakuru w’inzobere muri NBA, Shams Charania, kugura abakinnyi byakorewe hagati y’amakipe atanu, aho buri imwe yahawe abakinnyi bashya.

Warriors babonye Jimmy Butler, nawe wahise asinya amasezerano y’imyaka ibiri angana na miliyoni $121, azamugeza mu mwaka wa 2026 nk’umwe mu bakinnyi b’ingenzi b’iyi kipe.

Uko amakipe yabonye abakinnyi bashya

Golden State Warriors: Babonye Jimmy Butler

Miami Heat: Babonye Andrew Wiggins na P.J. Tucker

Utah Jazz: Babonye Dennis Schroder

Toronto Raptors: Babonye Kyle Anderson

Detroit Pistons: Babonye Lindy Waters III na Josh Richardson

Nubwo Jimmy Butler ari umukinnyi ukomeye, muri iyi minsi yari amaze igihe agarukwaho cyane mu bitangazamakuru kubera imyitwarire ye hanze y’ikibuga, bikaba byaranatumye Miami Heat imuhagarika inshuro zitari nke.

Uyu mukinnyi w’imyaka 35, umaze gukina NBA imyaka 14, yakinnye mu mikino ya all stars inshuro 6. Muri uyu mwaka yari afite impuzandengo y’amanota 17.0, rebounds 5.2, assists 4.8.

Jimmy Bulter Agiye kwiyunga kuri Warriors iri ku mwanya wa 10 mu Burengerazuba, ifite intsinzi 25 mu mikino 49, aho izaba ishyize imbere intego yo kuzamuka ikinjira muri NBA playoffs.

Andrew Wiggins w’imyaka 29, wari umaze imyaka 6 akinira Warriors, we yerekeje muri Miami Heat. Yari afite umwaka mwiza aho yari afite impuzandengo y’amanota 17.6 ku mukino.

Dennis Schroder w’imyaka 31, wari uheruka gutangwa muri Warriors avuye muri Brooklyn Nets, yagiye muri Utah Jazz nyuma yo kugira impuzandengo y’amanota 10.6 ku mukino.

Kyle Anderson na Lindy Waters III, bombi bakiniraga Warriors, bagiye mu yandi makipe, Anderson yerekeza muri Toronto Raptors, naho Waters III ajya muri Detroit Pistons.

 

Jimmy Bulter wakiniraga Miami Heat yerekeje muri Golden State Warriors






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND