RFL
Kigali

Mu mafoto aryoheye ijisho, kurikirana uko igitaramo cya Jazz Junction cyagenze

Yanditswe na: Jean Luc Habimana
Taliki:3/12/2016 14:50
0


Jazz Junction ni igitaramo kimaze kumenyerwa hano mu Rwanda, aho mu mpera za buri kwezi, itsinda The Neptunez ryifatanya n’abahanzi b’abatumirwa, nuko rigataramira abanyarwanda mu njyana ya Jazz, injyana igenda irushaho gukundwa inaha mu Rwanda.



Mu ijoro ryo kuri uyu wa Gatanu, tariki 2 Ukuboza, muri Serena Hotel hongeye kuba igitaramo cya Jazz Junction, gusa by’umwihariko kuri iyi nshuro usibye itsinda The Neptunes, abitabiriye iki gitaramo bataramiwe na Orukesitire Injyana Jazz Big Band ryaturutse muri Injyana Ensembles, umuhanzikazi n'umucuranzi Moroots wanagaragaye mu gitaramo nk’iki giheruka, ndetse na Cindy Sanyu, umuhanzikazi uherutse gutwara igihembo cy’umuhanzikazi mwiza muri afurika y’uburasirazuba mu irushanwa rya AFRIMA (All Africa Music Awards).

Dore uko igitaramo cyagenze mu mafoto:

Igitaramo cyatangiye ahagana mu ma saa mbiri n’igice, icyo kunywa cyari tayari dore ko Mutzig ari umuterankunga mukuru

Umuyobozi w'Injyana Jazz Big Band ati :” tugiye kubataramira, ariko namwe muradufasha”

Abacuranzi b’iri tsinda babanje kwambara utugofero tugaragaza Noheli, dore ko indirimbo nyinshi bacuranze zari zijyanye nayo

Iri tsinda ricuranga umuziki mu buryo bwa Instrumentale ndetse na Classique, ni ukuvuga umuziki ukoresheje ibyuma bya muzika gusa, nta majwi.

Abiri muri iki gitaramo batangajwe n’ubuhanga iri tsinda rifite

 

Gusa nyamara uyu muziki kuwumva bisaba kwitonda, ugakurikira kugirango ubashe kumva uburyohe bwawo 

 Iri tsinda ryiganjemo urubyiruko, abana bato bacuranga bikaryoha

Hari aho byageraga amarangamutima akaza, dore ko umuziki w’iri tsinda wiganjemo umugendo utuje ugera ku mutima 

N’ubwo gafotozi nari mpari, n’abandi banze gutaha batitwariye amafoto azajya abibutsa iki gitaramo 

Iri tsinda ricuranga ahanini ndirimbo zihimbaza Imana, ryongeye gutuma abari aho n’ubundi barushaho kwikundira iki gitaramo Jazz Juntion 

 

 

Umuhanzikazi Nina nawe yashimishijwe no kwibera mu gitaramo nk’iki cyuje umuziki uri live gusa. 

 

 Nyuma y’iri tsinda, umuyobozi wa The Neptunes Band, Remmy Lubega ashima abaterankunga batandukanye, ndetse anavuga ko bagenewe ishimwe 

 

 Richard Kabonero, ambasaderi w’Ubugande mu Rwanda ku ikubitiro ni we wahawe ishimwe ku bwo gushyigikira Jazz Junction 

 

 Serena Hotel nayo yashimiwe

  

 Patycope umusore umenyerewe ku mbuga nkoranyambaga nawe yahawe ikimenyetso k’ishimwe

  

 

 

Haciyemo akanya gato, abari bahari bategereje umuhanzi Moroots. 

 

 

Akihagera nk’ibisanzwe yaje mu ijwi rye ry’ubuhanga, ashimisha abari bamutegereje

Lubega atebya  ati “basore b’ingaragu, uyu mwari afite imyaka 17 gusa” 

Hahahaha

Saxophone, kimwe mu bikoresho b’umuziki biyobora injyana ya Jazz

Cindy Sanyu wari utegerejwe n’imbaga aba asesekaye ku rubuga

Usibye ubuhanga mu kuririmba, Cindy yihariye n’ubuhanga mu kubyina bitangaje

Jodi Phibi ni umwe mu bakunzi ba hafi b’uyu muhanzikazi

Sample Dat, Zalawo, Selecta n’izindi nyinshi ni zimwe mu ndirimo Cindy yaririmbiye abari bahari 

Itsinda rya The Neptunes ryafashije uyu muhanzikazi

Agafoto ntikakagucike, si buri munsi Cindy aza mu Rwanda 

Abari bahari nabo bahagurutse bakata umuziki

Uburyo abantu baryoherwa n’umuziki buratandukana, uretse guhaguruka ukawuceka, hari n’abandi bituriza nyamara barimo kuryoherwa rwose

Iki gitaramo abakitabiriye batahanye inseko ku maso nk’ibisanzwe

Amafoto : Jean Luc HABIMANA/ Afrifame Pictures






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND