RFL
Kigali

Ibyo Depite Bamporiki yavuze ni ukuri nuko abantu bakunda ababataka bababeshya - RWASA

Yanditswe na: Ndayisaba Ben Claude
Taliki:24/09/2016 8:16
9


Nsanzamahoro Denis bakunze kwita Rwasa, ni umwe mu bakinnyi bamaze gukina muri filime nyinshi zitandukanye, yanakinnye muri zimwe muri filime zakorewe ku butaka bw’u Rwanda ariko z’abanyamahanga. Uyu mukinnyi amaze kumva ibyo Depite Edouard yavuze kuri sinema nyarwanda benshi mu bakora uyu mwuga bikomye, we asanga yemeranya nawe.



Nsanzamahoro Denis wamenyekanye muri filime Rwasa, filime y’uruhererekane Sakabaka n’izindi, kuri ubu na we asanga sinema nyarwanda ikirimo akajagari kenshi kandi niba hari aho bashaka kugera bakagombye kugaca.

Ibi uyu mugabo yabitangaje nyuma yaho Depite Bamporiki mu kiganiro yari yagiranye na Inyarwanda.com yari yafashe umwanya  wo kugira inama abakora uyu mwuga wa sinema, abasaba guca akajagari  kayigaragaramo no kugana amashuri kugirango barusheho kongera ubumenyi ari nako binjira mu mwuga bawumva neza.  Nyuma  yo gutangaza ibi ntibyakiriwe neza na bamwe mu bakora uyu mwuga,  kuko bumvise ko yabasuzuguye kandi hari abize ibi bakora kandi babizi.

Ku ruhande rwa Nsanzamahoro Denis nk’umukinnyi nawe umaze gukina muri filime zikomeye ntiyumvikana na bagenzi be b'abakinnyi kuko we asanga uyu muyobozi yarababwije ukuri yongeraho ko abantu rimwe na rimwe bakunda ababashima niyo baba bababeshya.

Mu kiganiro yagiranye na Inyarwanda.Com, Rwasa yagize ati” Ariko rero sinzi impamvu abantu batemera impinduka. Umuntu iyo akunenze cyangwa akakubwira ko ikintu utagishoboye wakagombye kongera ubumenyi cyangwa ukiga ntiwakagombye kubifata nabi. Ibintu Bamporiki Edouard yavuze ni byo.”

Rwasa asanga nubwo atarakora inyigo ihagije, yemeza ko bishobora kuba biri mu byatumye Sinema nyarwanda idindira,  kuko asanga buri muntu wese ushaka gukora Filime abyuka mu gitondo  akajya gukora filime nta bumenyi afite, aho asanga batanifashisha n’abafite ubumenyi  ngo babafashe. Icyo kibazo  asanga mu Rwanda gihari.

Yagize ati: ” Mu Rwanda kirahari (ikibazo), umuntu ararota agakora filime, umuntu akina muri filime imwe ejo mu gitondo akaba Producer, akaba Director, umuntu akinamo nk’umufigira, ejo ukumva yakoze filime, ibintu Depite Bamporiki yavuze ni byo nuko abantu ahubwo batabyumvise neza naho ibyo yavuze ni ukuri, uru ruganda rwacu rurimo akajagari kenshi .”

Nsanzamahoro Denis (Rwasa) wemeranya n'abavuga ko "Abakora Sinema bagombye kubanza kugira ubumenyi buhagije"

Rwasa akomeza avuga ko umuntu ukina muri filime imwe ejo ukumva nawe yakoze filime asanga ibyo bitabaho cyangwa ugasanga umuntu ukoze filime imwe arimo gukora imirimo yose ijyanye na filime yamaze kuba nk’umuntu umaze nk’ imyaka 30 mu ruganda rwa sinema. Yongeraho ati:

Biriya yavuze ni bintu bikomeye nubwo hari ababyumvise ukwabo ngo yabasuzuguye ariko buriya aho kugirango umuntu akubeshye wishime yakubwiza ukuri ukababara. Ikintu ntabwo ukizi kige, iki nta bumenyi ugifitemo ukeneye uburambe ukabimenya, njye mbifata nk’ukuri ni ko bimeze.

Rwasa muri iyi minsi uhugiye mu gushaka inkunga y'uburyo yakora filime ye, ari no gukina muri filime y’uruhererekane Sakabaka nkuko bimenyerewe izakomeza guca kuri Televiziyo y’u Rwanda, kugeza mu mwaka wa 2018.

Reba hano amwe mu mateka ya Nsanzamahoro Denis (Rwasa)







TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • mutama valens7 years ago
    birakabije ibyo uvuga ni ukuri uncle sam umuntu arabyuka agahita akora film nu bwiyemezi bwinshi cyane ukagirango ninko kunywa amazi niyo mpamvu birirwa badupfunyikira amazi
  • felicite umuraza7 years ago
    true true umuntu wese ukinnye film rimwe bucya yakoze nawe film!ukibaza se ako kavuyo na kajagari bizacika gute koko bagiye bareka abafite ubuhanga nu bushobozi bagakora akazi kabo
  • karenzi fils7 years ago
    abantu bose ko bigize aba film makers biteye iseseme harimo nabo ubona batazi iyo biva niyo bijya birirwa basakuza gusa niyo mpamvu byabaye akajagari
  • kagenza bacary 7 years ago
    ubundi inzobere muri cinema zakagombye gufata iyambere mu kuzamura cinema nyarwanda no kuyiteza imbere ntibarenga icumi 1.eric kabera 2.hope azeda 3.carole karemera 4.kivu ruhorahoza 5. joel karekezi 6.dennis nsanzamahoro 7.cleophas kabasita 8.kennedy mpazimpaka 9.ismail ntihabose 10.edouard bamporiki abandi bose nukwirirwa basakuza nu buswa bwinshi nu bujiji mu gihe mutazigira kurabo bafite uburambe ndetse nu bumenyi murata igihe cyanyu cyu busa
  • bebe amanda7 years ago
    akajagari gusa umuntu aza muri cinema nyarwanda nyuma yu kwezi ukumva ngo agiye gukora film ngo niwe director ubundi ugasanga arimo no kwereka abandi uko ikorwa ubundi ukumva ngo bashinze ishuri rya cinema wareba muri abo bose barishonje ugasanga ntanumwe uzi no gusoma no kwandika ukibaza uburyo yabyizemo bikakuyobera
  • hamissi hakizimfura7 years ago
    cinema mu Rwanda niho abantu byayobeye bahungira buriya najyaga ntangazwa cyane na bahati womuri just family avuga ukuntu azanye ikosora muri film nyarwanda!ukibaza se uti umuntu umuziki waramunaniye yinjiye muri cinema ntakintu na kimwe ayiziho ngo azanye ikosora!mwarangiza ngo nta kajagari ariko kuzuye gusa
  • Niyongabo7 years ago
    Erega mu Rwanda abantu bakunda ababasingiza, ariko mbona udasinginje abaswa murwanda atemerwa! gusa abantu nka Bamporiki bavuga ukuri uko bishakiye, bagira ibibazo peeeeee....
  • ALINE COCO7 years ago
    Denis Ndamushyigikiye cyane ,noneho igisekeje hari uwifata akareba muri camera hahahahaha,film ikarinda isohoka ntawabonye iryo kosa ngo barikosore .umuntu nakubwiza ukuri aho ibintu bipfira ntukumve ko akubwiye nabi kbsa .ikindi ntabwo ba feeling ibyo bakina uba ugirango bari gusoma umuvugo mbese hari ukuntu uba ubona bitanoze .burya iyo ubyigiye wiga nuko ushobora kuvuga bitewe na scene ukina nimba ari ugutangara ukamenya gutangara nimba ari ukwishima ukabona ko umuntu yishimye koko atari ibyo kwihingamo.ibyo byose rero biterwa nuko ababikora ntabumenyi babifitiye .Ababifitiye ubumenyi kabisa bafashe abandi .
  • Mutuyimana Shaffy7 years ago
    Ndemeranya nabavugako flim nyarwanda zirimo akajagari reba nkubu urugero hari Abanu beshyi zi twatangiranye Ariko ubu bamwe na bamwe babaye Aba Direct abandi bigize aba zitunganya Muri abo bose nta numwe nzi wize flim





Inyarwanda BACKGROUND