RFL
Kigali

Umukino wa Ghana ufite akamaro kanini ku bakinnyi bashaka kwigaragaza-Mulisa Jimmy(Amafoto y’imyitozo)

Yanditswe na: Mihigo Saddam
Taliki:25/08/2016 11:36
0


Mulisa Jimmy umutoza wungirje mu ikipe y’igihugu Amavubi abona ko umukino u Rwanda ruzakina na Ghana ufite akamaro kanini ku bakinnyi bazaba bakina uyu mukino kuko uwabasha kwigaragaza amahirwe yamusekera akaba yanabona amahirwe yo kuba yanyura amaso y’abashaka abakinnyi akaba yatera indi ntambwe.



“Abakinnyi ndabona bafite ubushake, barashaka kwigaragaza, iyo ukinnye na Ghana ku mukinnyi ni ibintu byiza cyane, ushobora kugira amahirwe ukabonwa na ‘manager’ (abashinzwe kugura abakinnyi b’amakipe”. Ku mukinnyi uriya mukino ni mwiza cyane, buriya umukino umwe ushobora guhindura ubuzima bwawe (umukinnyi).Ikindi kuba nta kizere badufitiye (Abanyarwanda) nacyo ni ikindi kintu cyatera umuntu imbaraga ushaka kwerekana ko bishoboka.Twe intego izatujyana muri Ghana ni ugutsinda”. Mulisa Jimmy aganira n’abanyamakuru nyuma y’imyitozo yo kuri uyu wa kane.

Mulisa Jimmy

Jimmy Mulisa umutoza wungirije Mashami Vincent

Amavubi

Amavubi mu myitozo yo kuwa Kane

Mu myitozo yakozwe kuri uyu Kane tariki 25 Kanama 2016 hibanzwe cyane mu kwiga amayeri yo gutsinda ibitego biturutse mu gucenga uwo muhanganye umwegereye ibintu byakozwe habanje kubaho akanya ko kugorora ingingo. Nyuma hakurikiyeho gahunda yo gutera amashoti aremereye mu izamu.

Mu bakinnyi bashya batari bahamagawe mbere hiyongereyemo Nzarora Marcel umunyezamu wa Police FC, Kayumba Soter wa AS Kigali ndetse na Habyarimana Innocent bita Di Maria ukunira ikipe ya APR FC.

Muri aba bakinnyi, Kayumba Soter ntiyahabonetse kuko kuri uyu wa Kane yari afite ikizamini ntiyabasha kwitabira imyitozo ya mu gitondo gusa Jimmy Mulisa yavuze ko uyu musore ukina nka myugariro ari bube ari mu myitozo ya nimugoroba igomba gutangira saa kumi (16h00’) kuri sitade ya Kigali i Nyamirambo.

Habyarimana innocent

Nubwo atahamagawe na Kanyankore Younde, Habyarimana Innocent yiyongereye mu bakinnyi bari mu myitozo

Micel na Herve

Rusheshangoga Michel (Ibumoso) na Rugwiro Herve (Iburyo)  ba myugariro ba APR FC n'Amavubi

Ally

Niyonzima Ally umwe mu bakinnyi bahamagawe na Kanyankore Younde

Michel, Innocent na Herve

Rusheshangoga Michel(ibumoso), Habyarimana Innocent (Hagati) na Rugwiro Herve (iburyo)

Mashami n'abakinnyi

Uhereye ibumoso ni Mashami Vincent, Nkezingabo Fiston, Usengimana Faustin, Buteera Andrew na Rugwiro Herve

Ndayishimiye Eric Bakame

Ndayishimiye Eric Bakame kapiteni wa Rayon Sports akaba n'umuzamu w'Amavubi

Bizimana Djihad

Bizimana Djihad atsura umubano n'ubwatsi bwa sitade ya Kigali

Ndoli

Manzi Thierry (ibumoso), Ndoli Jean Claude (hagati) na Usengimana Faustin (Iburyo)

Iradukunda

Iradukunda Eric (ibumoso) na Ndayishimiye Celestin (iburyo)

Iradukunda

Iradukunda Eric (As Kigali) ni inshuro ye ya mbere mu ikipe y'igihugu

Usengimana Danny -Police FC

Usengimana Danny rutahizamu wa Police FC n'Amavubi

Savio

Nshuti Savio Dominique (11)

 Usengimana Faustin wa APR FC

Usengimana Faustin (ubanza) ahanahana umupira na Habyarimana Innocent (17)

Bizimana Djihad

Bizimana Djihad umukinnyi uri gutera amashoti akanganye mu myitozo

Usengimana Danny -Police FC

Ni imyitozo irimo ishyaka n'imbaraga

 Mukunzi Yannick

Mukunzi Yannick (6) umaze iminsi yaragize ikibazo cy'imvune yakoze imyitozo nta kibazo

Manzi Thierry wa Rayon Sports

Manzi Thierry (Rayon Sports) ku nshuro ya kabiri mu ikipe y'igihugu Amavubi

Amavubi

Nyuma y'imyitozo abakinnyi n'abatoza barasenga bagataha






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo




Inyarwanda BACKGROUND