RURA
Kigali

Gukirana, kunyabanywa no guca imigani ni bimwe mu byaranze igitaramo ‘I Nyanza Twataramye’ -Amafoto

Yanditswe na: Emmy Nsengiyumva
Taliki:5/08/2016 7:26
0


Ku mugoroba wo ku itariki ya 4 kanama 2016, mu nzu Ndangamurage y’u Rwanda iherereye mu Murenge wa Busasamana-Rwesero, Akarere ka Nyanza habereye igitaramo Ndangamuco Nyarwanda kizajya kiba buri mwaka cyiswe “Nyanza Twataramye”, Ni igitaramo cyarimo imikino y’umwihariko w’iki gitaramo utabona ahandi mu bindi bitaramo.



Iki gitaramo ndangamuco nyarwanda cyateguwe n’Akarere ka Nyanza ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo n’Umuco (MINISPOC) hakaba hagaragayemo abahanzi banyuranye b’ingeri zose. Uko aba bahanzi bataramye byakumbuje benshi igitaramo cya Kinyarwanda, binyura amaso y’abakuze babizi bibera isomo abakiri bato babyumvaga mu mateka.

Iki gitaramo cyagaragayemo imbyino za Kinyarwanda z’amatorero anyuranye, haberamo umukino bita kunyabanywa,bavuga amahigi, bavuga imivugo, barasakuza, baca imigani, bacurangirwa iningiri, barakirana, abatahira bazivuga amazina biratinda ari nako abahanzi banyuranye bazwi  mu njyana y’umuco bakanyurizaho abari aho.

Iki gitaramo ndangamuco nyarwanda cyateguwe n’Akarere ka Nyanza ku bufatanye na Minisiteri ya Siporo n’Umuco (MINISPOC), n’Ikigo cy’Igihugu cy’Ingoro z’Umurage w’u Rwanda(NIMR) kitabiriwe n’abantu benshi cyane b'ingeri zitandukanye barimo; abatuye i Nyanza, abaturutse hirya no hino mu gihugu n’abaturutse mu bihugu binyuranye bari baje gusoreza Fespad muri aka karere.

Reba amafoto:

nyanza twataramyeIgitaramo cyagaragayemo imyino zinyuranye za Kinyarwanda

inyanza twataramyeBa Minisitiri Uwacu Julienne na Musoni James bari bitabiriye iki gitaramo

inyanza twataramyeAbaturage bari bitabiriye iki gitaramo ari benshi

inyanza twataramyeIbyo kurya byari bihari

inyanza twataramyeIbyo kunywa amoko yose nabyo byari bihari

inyanza twataramyeItorero 'Urugangazi' ryakumbuje benshi gusangirira ku ntango

nyanza twataramyeAbasaza b'i Nyanza bakina umukino wo gukirana

inyanza twataramyeIyo bakirana batsindaga ari uko bananiwe

inyanza twataramyeKunyabanywa (kurwana hakoreshejwe inkoni) ni umuco wahoze mu Rwanda abari aho bashimishijwe n'uyu mukino

inyanza twataramyeAbasaza b'i Nyanza bavuga amahigi

inyanza twataramyeUmusaza Kamanzi acira abari aho umugani

inyanza twataramyeUmusaza Mushabizi akirigita umurya w'inanga mu gitaramo 'inyanza twataramye'

muyangoUmusaza Muyango ku rubyiniro

inyanza twataramyeNyirabahire umubyeyi ukiri muto uririmba indirimbo gakondo

sophieSofia akirigita umurya w'inanga

suzanaUmuhanzikazi Suzana yataramiye abari aho

ben ngaboBen Ngabo Kipeti yashimishije benshi mu bitabiriye iki gitaramo

inyanza twataramyeAbayobozi banyuranye nabo bacetse k'umuziki wari aho unyuze amatwi






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo


KOPA

Inyarwanda BACKGROUND