RFL
Kigali

Rulindo: Abana batandatu n’umusaza w’imyaka 70 barumaguwe n’imbwa bajyanwa mu bitaro

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:21/04/2016 9:29
7


Kuwa Kabiri tariki 19 Mata 2016, abantu barindwi bo mu mirenge itandukanye yo mu Karere ka Rulindo mu Ntara y’Amajyaruguru, bariwe n’imbwa zirabakomeretsa bikomeye bibaviramo kujyanwa mu bitaro, abariwe bakaba barimo abana ndetse n’umusaza w’imyaka 70 y’amavuko.



Umuyobozi w’Akarere ka Rulindo, Emmanuel Kayiranga, yabwiye Kigali Today dukesha iyi nkuru ko mu murenge wa Murambi zariye abantu bane, hanyuma mu murenge wa Ngoma zikarya abana babiri, naho mu murenge wa Masoro ho zikaba zarariye umusaza w’imyaka 70 y’amavuko.

Abana bariwe n'imbwa bahise bajyanwa kwa muganga

Abana bariwe n'imbwa bahise bajyanwa kwa muganga

Kayiranga yagize ati “Izo mbwa zikimara kurumagura bikomeye abo bantu bose harimo n’abana n’umusaza, bahise bakorerwa ubutabazi bajyanwa kwa muganga ku bitaro bya Rutongo biherereye muri aka karere, bakaba barimo gukurikiranwa n’abaganga.” 

Uyu musaza w'imyaka 70 nawe arimo kwitabwaho n'abaganga nyuma yo kuzahazwa n'imbwa

Uyu musaza w'imyaka 70 nawe arimo kwitabwaho n'abaganga nyuma yo kuzahazwa n'imbwa

Uyu muyobozi w’akarere yavuze ko iki kibazo kimaze iminsi kigaragara mu mirenge imwe n’imwe muri aka Karere, nk’Umurenge wa Base na Tumba, aho imbwa zo mu gasozi zariye ihene n’intama bigera muri 15 zimwe zigapfa izindi zikavurwa. Izo zagiye zipfa ba nyirazo babujijwe kuzirya kugira kugirango zitabatera ibindi bibazo, ahubwo barazishyingura.

Mu bana batandatu imbwa zariye, harimo n'ukuri muto

Mu bana batandatu imbwa zariye, harimo n'ukuri muto

Umuyobozi w’akarere ka Rulindo, yavuze ko mu rwego rwo gushakira umuti uhamye iki kibazo kibangamiye abaturage, akarere katumije umuti wica imbwa kugirango bazitege zipfe ntizikomeze kurya abantu n’amatungo.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • 8 years ago
    UBUYOBOZI NIBUSHAKIRE ICYO KIBAZO UMUTI KD TWIHANGANISHIJE ABO ZARIYE.
  • 8 years ago
    Yoooo! Birababaje.
  • 8 years ago
    RWOSE BA VETERNAIRE BADUFASHE ZITUMARUYE ABANA N'ABACYONKA KOKO!!!
  • baraka steven 8 years ago
    Abaganga nibagerageze babiteho cyane. Naho izo mbwa nukuzishakira umuti uzihitana.
  • 8 years ago
    mutange n'urukingo ku mbwa ziba mu mago
  • Tuyishimire Jean D'amour8 years ago
    Ubuyobozi Bwa Akarere Bufashe Abaturage ,mukurushahoku Basobanurira Ububi Bwimbwa,doreko Hari Abazigize Amatungo Murugo,zikaba Zidakingiwe,akandi Abana Ugasangabazikinisha,birababaje.
  • Fizzo8 years ago
    Ngo batumije umuti wo kuzitega ngo zipfe !!!!!!!!! Hanyuma mu gihe utarahagera nizikomeze zirye abantu ??? Cyangwa se nibanawutega ntizizapfira rimwe muri macye hazajya hapfa imwe ejo indi irye umuntu ???!!!! Birababaje ni bafate police ijye kuzihiga bazirase kuko ishinzwe umutekano wabantu !!! Izo mbwa kweli!!!





Inyarwanda BACKGROUND