RFL
Kigali

Imibonano mpuzabitsina yifuza gukora inshuro zirenze 10 ku munsi yamuvukije akazi inamumaraho inshuti

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:18/04/2016 11:49
17


Umugore w’imyaka 29 y’amavuko witwa Sami Walton, amaranye imyaka ikibazo cyo kuba yarahindutse imbata y’imibonano mpuzabitsina yifuza gukora inshuro zirenze 10 buri munsi, ibi bikaba byaramushegeshe cyane mu buzima bwe kuko byatumye atakaza akazi ndetse n’inshuti ze nyinshi zikaba zaramucitseho



Sami Walton wo mu gihugu cy’u Bwongereza, ntiyigeze aba imbata y’inzoga n’ibindi bisindisha ndetse ntakozwa iby’ibiyobyabwenge, nyamara yabujijwe amahoro n’ubushake budasanzwe agira bwo gukora imibonano mpuzabitsina, kuburyo byibuze aba ashaka kuryamana n’umugabo inshuro zirenze 10 buri munsi, ibi bikaba byaramutesheje umutwe cyane mu buzima bwe.

Kwifuza gukora imibonano mpuzabitsina ku kigero kidasanzwe byamutesheje umutwe

Kwifuza gukora imibonano mpuzabitsina ku kigero kidasanzwe byamutesheje umutwe

Irari rya Sami Walton, ryamutesheje umutwe kugeza ubwo nta mukunzi bamaranaga kabiri, kuko uwo bakundanaga wese yamusabaga ko bajya baryamana inshuro nyinshi cyane ku munsi bikabateranya, gusa ubu akaba yarabashije kubona umugabo w’imyaka 38 witwa James Keates bamaranye imyaka ine yose, gusa uyu nawe ngo si uko yabibashije ahubwo we aramwihanganira.

james

Uyu James ubu niwe bamaranye igihe ariko nawe arananirwa hakitabazwa izindi mbaraga

Uyu James ubu niwe bamaranye igihe ariko nawe arananirwa hakitabazwa izindi mbaraga

Ikinyamakuru Daily Mail dukesha iyi nkuru, kivuga ko uyu mugore yatangaje ko hari bamwe mu bashobora kubyumva bakagirango ni ibisanzwe ndetse bakibwira ko abagabo bifuza abagore bifuza cyane gukora imibonano mpuzabitsina, nyamara ngo ni ikibazo gikomeye cyane.  Yagize ati: “Abagabo benshi baba bibeshya, bagatekereza ko byababera byiza gukundana n’umugore wifuza gukora imibonano mpuzabitsina cyane, nyamara nta n’umwe mu bo twagiye dukundana mbere wigeze abasha kubyihanganira. Ndi umunyamahirwe kuba mfite James, ariko nawe si uko afite ububasha bwo guhaza ubushake ngira bwo kubikora, ahubwo aranyihanganira akanyumva”

Uyu mugore akomeza avuga ko mu gihe umugabo we James Keates ananiwe atarabasha guhaza ubushake bwe bwo gukora imibonano mpuzabitsina,  akoresha igitsina cy’igikorano yaguze £1,500, ni ukuvuga arenga arenga 1,500,000 uyabaze mu mafaranga y’u Rwanda.

Walton yagiye akundana n'abagabo benshi, bagatandukana bitewe n'uko yabateshaga umutwe cyane ashaka imibonano mpuzabitsina ubutitsa

Walton yagiye akundana n'abagabo benshi, bagatandukana bitewe n'uko yabateshaga umutwe cyane ashaka imibonano mpuzabitsina ubutitsa

Sami Walton yatangiye kubona ko afite iki kibazo ubwo yari afite imyaka 20 y’amavuko, nyuma yo gutandukana n’umukunzi we bari bamaranye igihe. Kuva ubwo atangira kujya ahora mu ngendo mu bihugu bitandukanye aho yabaga yahanye gahunda n’abantu benshi akagenda akajya akorana nabo imibonano mpuzabitsina ava hamwe ajya ahandi.

Ibi byatumye ahora muri izo ngendo atakaza akazi ke ubuzima butangira kumugora, akajya aryamana n’abantu benshi b’inshuti ze bigatuma anaca inyuma abagore n’abakobwa benshi b’inshuti ze akigarurira abagabo cyangwa abakunzi babo, ibi bikaba byaratumye benshi mu nshuti ze bashwana bamucikaho.

Yiyemerera ko atatinyaga kujyana iwe mu rugo umugabo adafite byinshi amuziho, uretse kuba barabaga bemeranyijwe ko bagiye gukorana imibonano mpuzabitsina. Mu mwaka wa 2010, nibwo nawe ubwe yaje kwireba asanga arakabije, kuko atatinyaga kugenda urugendo rurerure ajya mu bihugu bya kure, ajyanywe gusa no guhura n’uwo babaga basezeranye ko bazaryamana.

Nyuma yaje kumenyana na James, uyu ahita amenya vuba ko Sami Walton yabaye imbata y’imibonano mpuzabitsinda, amwemerera ko bakundana ariko bumvikana ko bazajya bashaka uko bakemura ikibazo ntakubangamirana. Gusa ngo hari igihe biba bitoroshye cyane cyane nko mu mpera z’icyumweru mu gihe baba batakoze, aho bashobora gukora imibonano mpuzabitsina inshuro zirenze 40.

Mu mpera z'icyumweru, hari igihe we na James bakora imibonano mpuzabitsina inshuro zirenze 40

Mu mpera z'icyumweru, hari igihe we na James bakora imibonano mpuzabitsina inshuro zirenze 40






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • anice8 years ago
    ohhhh lala!!!! ibi bintu ntabwo ari normale agomba kwegera muganga akamufasha cg akabisengera
  • 8 years ago
    hhhhhhhhhhhhh ko numva atorohewe
  • Irakiza David8 years ago
    Ibi Birababaje Kbs Gusa Mujye Mutanga Inama Ku Banyarwanda Murakoze.
  • sebu8 years ago
    Mbashije kumirwa
  • Serge8 years ago
    Nukuri uyumuntu arakomerewe, naho amasengrsho.kdi agashaka umuganga kuko afite ikibazo kitoroshye.
  • Nimwiza 8 years ago
    Ntabwo yarakwiye gushaka umugabo, ibyiza yari kwibera indaya, ku manywa akajya gukora akazi ke, nimugoroba akajya kumuhanda gutega abagabo. Byose byari kuba mahwi rwose, ntanatakaze nakazi ke!
  • 8 years ago
    nakumiro pe uyumuntu nukumugira kumavi tukamusegera
  • Sozera Benjos8 years ago
    Ndumv Ar Ikibazo Ariko Koyamaz Kubimenya Ndumv Yoza Kubaganga Kuko Iyo Ni Ngwara Ikira
  • 8 years ago
    Akeneye Yesu akamumara iyobnyota.naho ubundi ararusheeee
  • Kelban8 years ago
    Yasaze
  • Francis Karabona 8 years ago
    Birababaje vraiment kandi kubiheba ntibigikunda ubwo yabitanguy ari muto
  • gustavo michael8 years ago
    vrm birababaje akwiy gusengegwa
  • Abdu8 years ago
    Eee! Birakabije Rwose Uyu Mugore Afite Ikibazo Kabisa,gusa Umugabowe Amwihanganire Kuko Nawe Siwe.
  • 8 years ago
    Ahaaa!!! nyagasani ni we wo kumutabara nahubundi byaramurangiranye
  • MAKANAKI.8 years ago
    Uwakunyegereza ngo nkunogereze dutanu gusa, sha utahazwa natwo ndakurahiye,namenyako mwene kanyarwanda atabyaye, wanaraga ibyo utatunze. dutanu mvuga kuri we twaba 15 kumunsi, Kibamba wanjye yamugera mubwonko, ayo magambure nivogonyo bigashira.
  • eugene8 years ago
    abakobwa nkabo no murwanda bariho sibye kobataragera ahuyu so,baba bakwiye kwegera Muganga bitarabafatamo ntera gusa ikiruta nugusenga cyane
  • 8 years ago
    ndumva ari danger uwongu wo we arakabije si gusa ubwo se aha uwo mugabo nawe arihangana ubwo se uwo mugongo ara wubona inshuro 40 mu cyumweru





Inyarwanda BACKGROUND