RFL
Kigali

Umunyarwanda yasanzwe yapfiriye muri ‘lodge’ yo muri Uganda aho yari kumwe n’umugore utaramenyekana

Yanditswe na: Manirakiza Théogène
Taliki:15/04/2016 8:36
5


Umugabo w’umunyarwanda witwa William Rwakibibi wari usanzwe utuye mu karere ka Kicukiro mu mujyi wa Kigali, yabonywe yapfiriye muri loji (lodge) yo mu gihugu cya Uganda aho baherukaga kumubona yinjirana n’umugore utaramenyekana kugeza ubu, icyamwishe kikaba kiri gukorwaho iperereza.



Ku mugoroba wo kuwa Kabiri w’iki cyumweru, nibwo uyu mugabo witwa Rwakibibi William w’imyaka 37 y’amavuko, yagiye mu karere kitwa Lyantonde muri Uganda, ajya mu kabari gafite n’amacumbi gahari kitwa ‘Eastland Lodge and Bar’, aho yafatiye ibyo kurya no kunywa hanyuma akanahafata icyumba cyo kuraramo.

Nyuma mu gitondo baje kumusanga yapfiriyemo, bamusangana indangamuntu y’u Rwanda ari nayo yagaragaje umwirondoro we, aho basanze yitwa Rwakibibi William wari utuye ku Kicukiro mu mujyi wa Kigali, akaba yari n’umukozi w’ikompanyi ishinzwe gucunga umutekano izwi nka TOPSEC nk’uko ibyangombwa bye bibigaragaza.

Ibyangombwa bigaragaza ko Rwakibibi yari umushoferi muri TOPSEC

Ibyangombwa bigaragaza ko Rwakibibi yari umushoferi muri TOPSEC

Polisi yo mu karere ka Lyantonde yahise itangira iperereza kugirango hamenyekane icyaba cyishe uyu Rwakibibi ndetse banashake uko bamenyesha umuryango we, ariko hagati aho mu cyumba yasanzwemo yapfuye, bahasanze n’imiti isanzwe ikoreshwa mu kwica udukoko ariko ishobora kwica umuntu mu gihe yaramuka ayinyweye, bakaba bakeka ko yaba yariyahuye akoresheje iyo miti.

Arinda Ariho, nyiri aka kabari gafite n’amacumbi kitwa “Eastland Lodge and bar” yabwiye ikinyamakuru New Vision cyo muri Uganda ko Rwakibibi yageze mu kabari ke ahagana saa kumi z’umugoroba zo kuwa Kabiri tariki 12 Mata 2016, akaba ari naho yaje kurara nyuma yo kukanyweramo, hanyuma mu gitondo bakaza kumusangamo yapfuye.

Mu cyumba bamusanzemo yapfuye, hari n'imiti yica udukoko bahasanze

Mu cyumba bamusanzemo yapfuye, hari n'imiti yica udukoko bahasanze

Abakozi b’akabari ngo babyutse mu gitondo bamukomangira ariko ntiyabikiriza, kugeza ubwo nyuma y’amasaha atatu baje kwiyemeza kwica urugi maze bamusangamo yashizemo umwuka. Abakozi bavuga ko ubwo yari muri aka kabari mu ijoro ryo kuwa Kabiri, yari kumwe n’umugore batabashije kumenya.

Kugeza ubu umurambo wa Rwakibibi William wajyanywe mu bitaro bya Lyantonde muri Uganda aho ugomba kubanza gusuzumwa n’abaganga, hanyuma Polisi nayo ikaba ikomeje gushakisha ngo hamenyekane abo mu muryango wa nyakwigendera.






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Tete8 years ago
    Mana uzaduhe iherezo ryiza! Iruhuko ridashira kuri nyakwigendera!
  • Julie8 years ago
    Mana ngusabye kuzagira iherezo ryiza ibyo kandi mbisabiye abana banjye abavandimwe n inshuti. Amen
  • C8 years ago
    AMIIIIIIINA
  • NAYITURIKI Pacifique8 years ago
    Mwihangane tubarinyuma kandi mukomere kandi mwihangane.
  • Mugiraneza Bonaventure8 years ago
    Birababaje cyane ukuntu umuntu arara muri Hotel banyiri hotel batamuzi!!!! Ubwose umutekano w'ababagana bawucunga bate koko? nubwo ntashyigikiye kuba yarararanye na maraya ,ndabona nyiri akabari agomba gusobanura ibyurupfu rwa nyakwigendera, ngo ntabwo bazi uwo mugore bararanye ibyo byakumvikana bite ?ese ubwo bafite aho bandika abaraye ? keretse niba muri uganda amategeko agenga hotel ho atabayo? arikose ko nibukako narayeyo bakandika ibyangombwa byanjye, banyakubahwa bayobozi bacu mubifite munshingano nimudufashe tumenye icyo umunyarwanda wacu yazize?





Inyarwanda BACKGROUND