RURA
Kigali

Ben Nganji yakoze ubukwe asezerana kubana akaramata na Ufitinema Yvette- Amafoto

Yanditswe na: Christophe Renzaho
Taliki:9/02/2016 17:16
14


Mu mpera z’icyumweru dusoje nibwo Umuhanzi ,umunyarwenya akaba n’umushyushyarugamba(MC), Bisangwa Benjamin Nganji yasezeranye kubana akaramata na Ufitinema Yvette bamaze imyaka 2 bakundana.



Ku itariki 06 Gashyantare 2016 nibwo Ben Nganji  yasabye anakwa Ufitinema Yvette, umuhango wabereye kuri Tropicana ku Kicukiro. Kuri uwo munsi kandi ninabwo bombi basezeranye imbere y’Imana muri Paroisse ya Kicukiro Catholique biyemeza kuzabana ubudatana.

Ben Nganji

'Hobe wowe nahisemo mu bandi'

Ben

'Akira impano nakugeye kuri uyu munsi utazibagirana mu buzima bwacu'

Ben Nganji

Ben Nganji

Ibi nibyo bita kurebana akana ko mu jisho

Ben Nganji

'Ntuzagira irungu mu rwacu'

Ben Nganji

Ben Nganji

Mu kiganiro yagiranye na inyarwanda.com , Ben Nganji yatangaje ko yishimiye gushinga urugo kuko hari byinshi kuriwe bigiye guhinduka. Ati “ Ubu ubuzima bugiye kugenda neza kurushaho, hari urwego rw’imitekerereze umuntu aba avuyemo agiye mu rundi. Hari urundi rwego uba  ugiye kwagukamo, ukaba umugabo kurusha uko wari uri, sosiyeti  nayo igahindura uko yakwibwiraga cyangwa yagufataga. Umugore wanjye azamfasha mu iterambere, mu mitekerezere, no kwiyubaka, kuko ubu  si nkiri nyakamwe. “

 






TANGA IGITECYEREZO

Izina ryawe
Email yawe
Andika igitecyerezo

IBITECYEREZO

  • Mujawimana Marie Alice 9 years ago
    Urugo Ruhire Bavandi!
  • Tom9 years ago
    Urugo ruhire Ben
  • 9 years ago
    Muzagire urugo ruhire.
  • bizimana9 years ago
    urugo ruhire bavandimwe
  • GAPERU Jean Pierre9 years ago
    Urugo ruhire MON GARÇON
  • Njyewe9 years ago
    Rwubake ubone sha!
  • Isaro s9 years ago
    Uyu mugeni ko mbona abishe cyane (arakaye)!!
  • 9 years ago
    yes,i appreciate that very munch
  • soso9 years ago
    aba bageni kuki badaseka? egoko babihije amafoto
  • Nzaniye9 years ago
    Sawa musore, ube warashatse ugukunda, ntacyo ugendeyeho. Ibyo wibwira bizaguhira. Uyu uvuze ngo rwubake ubone, ntazi ko urugo rumwe mu ngo ijana iyo rusenyutse ruvugwa kurusha 99 zimeze neza. najye nashatse ku myaka yawe maze imyaka 5 nkora, ariko ubu ndicuza ngo iyo nza gushaka byibura imyaka ibiri n'igice ndi mu kazi kuko nirirwaga ntagaguza umutungo gusa. Mfite umugore unkunda, unyubaha, umfasha gushaka inoti, ungira inama za kigabo, wanyibagije icyitwa undi mugore wese, nari mfite 72 Kgs tutarashakana, ubu mfite 91 kgs. Mbese ntiwareba. Ibyo wifuza nibyo nanjye nifuzaga. Dore intwaro 3, kudasuzugura umugore, kumwumva ukamenya impamvu yamuteye gukora icyi cg kiriya, kumva ko urugo mbere na mbere ari mwe nta wundi, no kubahana. Ngwino mu munyenga rero w'urugo.
  • Agnes MUKASINE9 years ago
    Ese abasore benshi b'abastar ni abagatolika? Ko mbona buri gihe muvuga ngo gusezeranira muri Kiliziya Gatolika.
  • seba phil9 years ago
    "Mon garcon," urugo ruhire
  • walter9 years ago
    ntiwumva rata. kora aha uri umugabo wowe.
  • kalisa9 years ago
    Nzaniye we, ibyuvuze nibyo ariko kwishimira kongera ibiro bikaba byinshi nta kiza kirimo ahubwo subira kuri 72 utazahura ningauka mbi zo kugira byinshi. Cherie wawe abigufashemo;



KOPA

Inyarwanda BACKGROUND